Leta ya Iran yahakanye yivuye inyuma uruhare mu gitero cyagabwe muri Jordanie ku birindiro by’igisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, kigahitana abasirikare batatu, abandi batari bake bakahakomerekera.
Umuvugizi wa Guverinoma ya Iran, yatangarije ikinyamakuru cy’iki gihugu, IRNA, ko iki gihugu kigendera ku mahame ya Loni kandi ko “Iran ntaho ihuriye n’igitero cyagabwe ku birindiro by’Amerika kandi nta n’uruhare urwo arirwo rwose yaba yabigizemo.”
Ni ubwa mbere abasirikare ba Amerika babarizwa muri iki gice bahitanwa n’igitero nk’iki kuva intambara ihanganishije Umutwe wa Hamas na Israel yatangira.
Nubwo ntawe urigamba iki gitero cyangwa ngo hagaragazwe uwabigizemo uruhare, umutwe witwaje intwaro wo muri Iraq, Islamic Resistance, watangaje ko ku Cyumweru wagabye ibitero mu bice binyuranye hafi n’umupaka uhuza Amajyaruguru y’Uburasirazuba ya Jordanie na Syria, no mu nkambi iri hafi y’ibirindiro bya Amerika aho aba basirikare biciwe.
Nyuma y’iki gitero, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden yavuze ko abakoze ibi bagomba kubiryozwa nk’uko bikwiye.
CNN, yatangaje ko abakurikiranira hafi politiki yo mu bihugu byo mu Burasirazuba bwo Hagati, batangaje ko iki gitero gishobora kuba intandaro yo gukara kw’amakimbirane ari mu bihugu byaho.