Ishyaka rya Gisosialiste rirengera abakozi mu Rwanda PSR, mu mahugurwa bagiranye kuri iki cyumweru tariki ya 04 Ukwakira 2020 , abarwanashyaka baryo, bagejejweho gahunda nshya y’imyaka 5 harimo no kurengera ibidukikije by’umwihariko.
Umuyobozi Mukuru w’Ishyka PSR Camalade Jean Baptiste Rucibigango, avuga ko n’ubwo ishyaka ryabo rigamije kurengera abakozi mu Rwanda, ariko ko kuva na cyera bemera ko kurengera ibidukikije ari inkingi nyamukuru yo kurengera imibereho y’ibiragano by’ahazaza.
Agira ati”Ntagushidikanya dushingiye ku mahame, muri PSR twemera ko kurengera ibidukikije, ari inshingano za buri wese utuye iy’isi, kandi ko ari umurage usumba iyindi dushobora gusigira abazadukomokaho.”
Kuri iyi ngingo abarwanashyaka bagejejweho ingingo icyenda zigize umushinga w’Ishyaka wo kurengera ibidukijije birimo :
Gutunganya imyanda yose hagamijwe ko yakongera gukoreshwa mu bundi buryo kandi itanduje ibidukikije.
Kurandura burundu ibihumanya amazi, cyane cyane ibituruka ku myanda ndetse n’ibindi bishobora kuyahumanya.
Uburyo bunoze bwo kurondereza amashanyarazi n’ikoreshwa ry’imirasire y’izuba.
Kugira ibikorwa byinshi binoze byo gutera ibiti m’urwego rwo gusukura umwuka duhumeka no gucogoza ibihumanaya ndetse no kugabanya ukwiyongera k’ubushyuhe.
Gukangurira abantu gukoresha Batiri bongera gushariza iyo umuriro washizemo nk’ingamba yita ku kurengera ibidukikije.
Gushishikariza abantu kureka itabi ndetse no gutanga ibihembo ku bantu babashije kurireka kuko ryangiza ubuzima bwabo rikanahumanya ikirere.
Gutanga ibihembo ku bahinzi birinda gukoresha imiti ihumanya ibidukikije hagamijwe, kwimakaza ubuzima buzira umuze no gucogoza ingaruka ziterwa no gukoresha iyo miti ihumanya ubutaka n’ubuzima bw’abantu
Gutera inkunga imiryango y’urubyiruko n’amahuriro agamije kubungabunga ibidukikije no kugira uruhare mugutuma amasomo yo kubungabunga ibidukikije, ashyirwa mu nteganyanyigisho z’amashuli.
Gushyira uburezi bukangurira abantu kwita kubidukikije kuko bigira uruhare rurambye muguha abantu ubumenyi bukenewe mukubaka imijyi yita ku bidukikije no kugera ku iterambere rirambye.
Aya mahugurwa yabaye hubahirizwa gahunda yo kwirinda COVID 19, yahuje abarwanashyaka bahagarariye bagenzi babo , bakaba bishimiye cyane uburyo Leta y’u Rwanda ikomeje kugaragaza umuhate mu kurengera ibidukikije mu ruhando mpuzamahanga bituma rubarirwa mu bihugu bya mbere ku isi bitangwaho urugero.
Ishyaka rya Gisosiyaliste rirengera abakozi mu Rwanda PSR, rimaze imyaka hafi mirongo itatu rikorera mu Rwanda. Intego yaryo igira iti “Mukozi, umurimo niwo mahirwe yawe, haranira ko ukorwa mu buryo bubereye bukanagirira umuntu akamaro. “
Ubwanditsi