Iterambere ry’Ubuhinzi muri Afurika ryagombye gushingira ku ikoranabuhanga rigezweho “Dr Mukeshimana”

admin
5 Min Read

Ni amagambo agarukwaho na Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi w’u Rwanda Dr. Mukeshimana Gerardine kuri uyu wa kabiri Tariki ya 26 Mata 2022, ubwo yafunguraga ku mugaragaro inama ijyanye n’ubushakashatsi n’ikoranabuhanga ku bikorwa by’ubuhinzi muri Afurika, itegurwa n’Umuryango Nyafurika ushinzwe Ikoranabuhanga mu Buhinzi, (African Agricultural Technology Foundation, AATF)  ikaba ifite insanganyamatsiko yo kongera ibiganiro ku ruhare rw’Ubumenyi, ikoranabuhanga no guhanga ibishya bigamije guhindura urwego rw’ubuhinzi n’ibiribwa muri Afurika.

Dr. Mukeshimana avuga ko   imyanzuro izafatirwamo, yizera adashidikanya ko izaba ari umusanzu  mu guhanga ibishya mu ikoranabuhanga  n’impinduramatwara zikenewe mu buhinzi n’ibiribwa muri Afurika.

Agira ati “ Kuba muteraniye hano mu turutse mu bice bitandukanye by’umugabane w’Afurika,  ni ibihamya ko hariho  umuhate ugaragara ugamije  guteza imbere Ubumenyi n’ikoranabuhanga rigamije guhanga ibishya, ari nabyo  bizadufasha muri izi mpinduramatwara twatangiye mu rwego rw’ubuhinzi.”

Avuga ko kwagura ubumenyi, ikoranabuhanga, no guhanga ibishya mu buhinzi ari ingenzi mu by’ukuri na cyane ko bigamije  kubaka gahunda irambye yo kwihaza mu biribwa.”

Ikindi avuga Dr Mukeshimana ni uko  Afurika ubwayo nayo ngo yaba izi neza  uruhare bw’ubumenyi n’ikoranabuhanga no guhanga ibishya bigira mu bukungu bwayo mu guhindura imibereho y’abaturage.

Avugako ariyo mpamvu  mu 2014, Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe watangije gahunda yiswe ‘STISA-2024’, iyo gahunda ikaba igamije guteza imbere ubumenyi, ikoranabuhanga no guhanga ibishya muri Afurika.

Agira ati  “ Mubyukuri gushyira mu bikorwa neza izi ngamba zafashwe,  bisaba na none kugira ishoramari rirambye mu bushakashatsi n’iterambere

no kubona ikoranabuhanga rishya rigamije  guhanga ibishya tunasanga mu biganza by’abafatanyabikorwa bo mu nzego z’ingenzi z’ubukungu bwacu cyane cyane ubuhinzi.”

Asoza avuga ko Guverinoma y’u Rwanda yiteguye kugira uruhare rugaragara mu gutanga ubufasha buzashoboka,   kugira ngo  gahunda yo kwagura ubumenyi n’ikoranabuhanga bigamijwe izagerweho muri Afurika ndetse n’izindi mpinduramatwara zikenewe zose muri uru rwego rw’ubuhinzi.

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishinzwe Iterambere ry’Ubuhinzi n’Ubworozi mu Rwanda (RAB), Dr. Karangwa Patrick  nawe, avuga  ko mu by’ukuri muri Afurika hakenewe ishoramari rihagije,  kugira ngo Uwo mugabane ubashe kugera ku mpinduramatwara zifuzwa mu rwego rw’ubuhinzi, bikaba ari nabyo byafasha mu kwihaza mu biribwa no gusagurira amasoko mu buryo buhagije.

Agira ati “ ubusanzwe iyo tuvuze ko tugomba gushyira imbaraga mu bumenyi, ikoranabuhanga no guhanga ibishya mu buhinzi, tuba dushaka kwerekana ko ubuhinzi bugomba gufatwa nk’ikintu cy’ ingenzi ku Mugabane wacu na cyane ko abakora uwo mwuga ari benshi.”

Umuyobozi wa AATF, Dr. Canisius Kanangire avuga ko urwego rw’ubuhinzi muri Afurika, bimaze kugaragara ko ruri mubitanga akazi ku baturage benshi. Gusa akavuga ko hakigaragaramo zimwe mu mbogamizi  zituma umuhinzi atabasha guhinga kinyamwuga  ngo yihaze anasarure ibingana n’imbaraga aba yashoye muri ubwo buhinzi akora buri munsi.

Agira ati “Iyo tuvuga ubuhinzi dusanga ari ahantu umusaruro uba muke ugereranyije n’ubutaka cyangwa ahantu  haba hahinzwe, ariyo mpamvu usanga turimo gusarura toni imwe kuri Hegitari, Mu gihe abandi basarura Toni eshanu kuri Hegitari.”

 Agaragaza ko ibyo bikomeje kuba  ikibazo ariko gikwiriye muri rusange gushakirwa umuti.

Agira ati “ Birumvikana ko kugira ngo tubashe gusarura no kubona ibiribwa bihagije ku bantu batuye ibihugu  by’Afurika,  bisaba gushyiraho umuhate kugira ngo hirindwe gutanga amafaranga menshi atangwa hagurwa  ibiribwa byunganira ibisarurwa muri Afurika bikunze kuvugwa ko biba bidahagije.”

Asoza  agaragaza kandi imbogamizi abahinzi bo muri Afurika bakunze guhura nazo  , aho avuga ko Umuhinzi wo muri Afurika atabasha kubona  ibyangombwa akeneye muri rusange  kugira ngo abashe guhinga kandi  yeze uko abyifuza, ari nayo mpamvu hagomba gukoreshwa cyane amamashini n’ubundi buryo bwose bwa kijyambere bugezweho mu buhinzi.

Iyi nama iteraniye I Kigali,  ihuje impuguke zaturutse mu bihugu bitandukanye ku mugabane wa Afurika,  igamije guteza imbere  ubumenyi, ikoranabuhanga no guhanga ibishya mu rwego rw’ubuhinzi muri Afurika, ni kunshuro yayo ya kabiri ibaye, bikaba biteganyijwe ko igomba kumara iminsi itatu kandi igafatirwamo ingamba zihamye zo kuzamura urwgo rw’ubuhinzi muri afurika bugendanye n’ibihe bigezweho by’ubumenyi n’ikoranabuhanga.

E. Niyonkuru

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *