Nyagatare: Sinamenye Albert umwarimu w’indashyikirwa mu gihugu 2020,inzego zitandukanye zagize icyo zitangaza ku kuba indashyikirwa.

admin
8 Min Read

 Ku itariki ya 05 ukwakira buri mwaka hizihizwa umunsi wa mwalimu,kuri ino nshuro uyu munsi ugiye kwizihizwa mu buryo budasanzwe kubera icyorezo cya covid 19,aho ibirori byo kuwizihizwa biza kunyura ku bitangazamakuru by’igihugu guhera saa cyenda z’amanywa,ni muri urwo rwego Ikinyamakuru igisabo.rw/ tugiye kubagezaho bimwe mu mateka y’umwalimu witwa Sinamenye Albert wahize abandi muri uno mwaka.

Sinamenye Albert yabonye izuba kuya 26/04/1984, akaba yaravukiye mu Murenge wa Gatunda wo mu Karere ka Nyagatare,akaba avuka kuri Karangwa Jean Bosco na Nibarere Verene,kugeza ubu akaba atuye mu Murenge wa Rukomo muri Nyagatare.

Mwalimu Sinamenye Albert yize amashuri abanza muri Rukomo I Primary School,atangirira amashuri yisumbuye kuri College ADEGI Gituza,ayakomereza kuri Ecole Secondaire de Kicukiro (EFOTEK) mi ishami ry’imibare n’ubugenge(Math-Physics),yakomeje icyiciro cya mbere cya kaminuza mu ishuri rikuru nderabarezi rya Kigali (KIE)Mu ishami ry’imibare,ubugenge n’uburezi(Maths-Physics and Education),amashuri yayakomereje mu cyiciro cya kabiri cya kaminuza muri kaminuza ya Mount Kenya University muri ya mashami yakurikiranye kuva cyera,uyu mwalimu wihebeye umwuga w’uburezi kuva cyera yatangiye yigisha muri College chretien de Muvumba(COCMU) I Nyagatare ,Ahava ajya Kwigisha muri Rukomo Secondary School SOPEM I Nyagatare,nyuma yerekeza muri G.S Rwebare maze nyuma yo kubona impamyabushobozi y’icyiciro cya kabiri cya kaminuza agaruka muri Rukomo Secondary School SOPEM I Nyagatare Ariho yabereye indashyikirwa agikora

Bimaze kumenyekana ko mwalimu Sinamenye Albert yabaye umwarimu w’indashyikirwa kandi turi mu bihe abana batari kujya ku ishuri,twiyambaje umuyobozi w’ikigo cy’uburezi REB Dr Ndayambaje Irene maze agira ati’’nubwo abanyeshuri batajyaga kwiga ariko hari abarimu bagaragaje ubushake bwo gufasha abanyeshuri ubwo bari bari mu rugo,ndetse bafasha abaturage kwibonera ibisubizo by’ibibazo bafite aho guheranwa n’icyorezo cya Covid 19,

hari kandi n’abarimu bagaragaje ishyaka ryo kwiteza imbere muri bino bihe,by’akarusho hari abarimu bahanze udushya dutandukanye twagiriye akamaro abanyeshuri ndetse n’abaturage muri rusange,ibyo bikaba byaragendeweho hatoranywa umwarimu w’indashyikirwa muri uno mwaka wa 2020.

Mu buhamya butangwa n’abarimu bakorana na Sinamenye bemeza ko nabo batunguwe n’uburyo yazanye impinduka zitandukanye nk’umwarimu w’ubumenyingiro muri Sopem,mu gihe cya covid 19 uyu mwalimu yakoze umushinga wo gukora umuti usukura intoki izwi nka hand sanitizer yifashishwa na benshi mu guhangana na covid 19,ibi bikaba byarafashije abatari bacye ndetse nawe bikamwinjiriza amafaranga,ni ubuhamya twahawe n’umwalimu uhagarariye abandi (Doyen) muri Sopem ariwe Nzabonariba Theodor.

Mwalimu Sinamenye kandi mu rwego rwo guteza imbere imyigishirize atoza abana guhanga udushya ,yafashije abanyeshuri yigisha mu kigo cya SOPEM gukora Periscope(Jomeri)ifasha umuntu kureba kure,bayikoze bifashishije ibikariro n’indorerwamo (Mirror).

Mu bihe bya covid 19 kandi uyu mwarimu aho gutaka inzara,ibi bihe byamubereye umwanya mwiza wo gukurikirana ibikorwa bye by’ubworozi bw’inkoko maze abuteza imbere nawe bimufasha kongera umusaruro w’ibyo yinjizaga.

Ikinyamakuru igisabo cyaganiriye na bamwe mu bafite aho bahuriye n’uburezi by’umwihariko ku busobanuro buhabwa umwalimu w’indashyikirwa maze Madamu Musabwa Semariza ushinzwe uburezi mu Karere ka Burera  ati’’umwalimu w’indashyikirwa ni uwagaragaje ibikorwa byiza kurusha abandi hashingiwe ku nkingi ziba zatanzwe na REB, Akomeza agira ati’’guhemba umwalimu w’indashyikirwa ni igikorwa cyiza kuko bitera abandi akanyabugabo bigatuma bakorera ku mihigo.

Umukozi ushinzwe uburezi mu karere ka Kamonyi  Bwana Uwamahoro Fidel nawe yatangarije igisabo.rw/ ko’’ Umwarimu  w’indashyikirwa  bisobanuye umwarimu wakoze neza umurimo  we , agahanga udushya mu burezi ariko muri iki gihe duhanganye n’icyorezo cya COVID 19 ,Akaba ashoboye gufasha abanyeshuri ndetse n’ababyeyi  hakoreshwejwe  ikorana  buhanga.

Musabwa Semariza Yakomeje agira ati’’Umwarimu  agirwa indashyikirwa hashingiwe ku manota yagize  ni ukuvuga umwarimu warushije  abandi hakurikijwe ingingo zatanzwe na REB :mu buryo bukurikira:

Ibikorwa bishingirwaho mu gutanga amanota mu giHe cy’amarushanwaAmanota/100 Mu mashuri abanza/AMASHURI YISUMBUYE
1.Umwarimu ategura neza amasomo kandi akifashisha ikoranabuhanga mu kwigisha/25 pts
2. Umwarimu yashoboye guhanga udushya yifashishije ikoranabuhanga mu gufasha abanyeshuri muri iki gihe bari mu rugo kubera icyorezo cya cov1D – 19/25pts
1. Umwarimu yagaragaje ibikorwa bifatika by’intangarugero mu mibanire ye na bagenzi be muri ikigihe k’icyorezocya COVID-19./10pts
2. Umwarimu yitabiriye ibikorwa rusange yahamagawemo bijyanye no kubaka Ibyumba by’ amashuri, gufataneza ibikoresho bibitse mu mashuri nka muzasobwa, ibitabo n’ibindi)/5pts
3. Umwarimu yakoze ibikorwa Byindashyikirwa mu kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana no kurinda ko abana bashorwa mu mirimo itajyanye n’ikigero cyabo muri ikigihe k’icyorezo cya COVID-19./5pts
4. Yagize uruhare rukomeye mu kuba intangarugero no gukangurira abaturanyi be kubahiriza amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya COVID-19./5pts
1. Ni umunyamuryango w’Umwarimu SACCO/5 pts
2. Hari ibikorwa by’indashyikirwa agaragaza mu kwiteza imbere/l0pts
3.Yahanze udushya mu rwego rwo kurwanya icyorezocya COVID 19 agamije kwiteza imbere/ 10pts
IGITERANYO CY’AMANOTA YOSE100
Bimwe mu bipimo bigenderwaho hatoranywa umwarimu w’indashyikirwa

Dushingiye ku byatangajwe na bamwe mu bashinzwe uburezi mu turere dutandukanye ndetse n’ubuhamya butangazwa n’umuyobozi wa SOPEM Bwana Ntambara  Phocus aho yatangarije itangazamakuru ko Mwalimu Sinamenye Albert asanzwe ari umwalimu mwiza,kandi ukunda gukoresha ikoranabuhanga mu kazi ke ka buri munsi,kuri Phocus ngo byabashimishije kuba yagizwe indashyikirwa ariko ngo nta nubwo byabatangaje cyane kubera imikorereye isanzwe irangwa no guhanga udushya no gukorera ku mihigo.ibi bikababigaragaza ko uyu mwalimu ari indashyikirwa koko.

Kuba Sinamenye Albert yabaye umwarimu w’indashyikirwa byabaye ishema ku Karere ka Nyagatare nkuko byatangajwe n’umuyobozi wa kano Karere Bwana Mushabe David Claudian aho agira ati’’twanejejwe no kumenya ko twongeye kugira umwalimu w’indashyikirwa ku rwego rw’igihugu,dore ko no mu mwaka wa 2018 nabwo Akarere kacu kari kesheje umuhigo wo kugira umwarimu w’indashyikirwa,ibi bikaba ari umukoro ukomeye wo gukomeza gukora neza kugirango dusigasire ibyiza tumaze kugeraho.

tubibutse ko uyu mwarimu aherutse guhabwa igihembo na sendika y’abarimu mu Rwanda mu rwego rwo kumushimira ndetse n’ikigo akoraho cya SOPEM kikagenerwa inkunga y’ibihumbi Maganane (400,000 frw)azafasha abarezi bo muri icyo kigo mu gushyira mu bikorwa umushinga wabo w’ubworozi bw’ingurube,ibi bibaye mu gihe hategerejwe umuhango wo kwizihiza umunsi wa mwarimu uri bube kuri uyu wa 05 ukwakira ibirori biza kwizihizwa hiyambajwe itangazamakuru.

Inkuru yateguwe na: NDAYISABA Eric

Contact: 0782511443

Email: ndayisabaeric501@gmail.com

Twitter: NDAYERICUS

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *