Bugesera: hashyizweho ingamba yo gukomeza gukumira ikwirakwira rya covid 19

admin
1 Min Read

Mu rwego rwo gukaza ingamba no kwirinda ikwirakwizwa rya covid19 akarere ka Bugesera katangaje ko, amasoko ya Nyamata, Kabukuba, Batima na Ruhuha azajya ahuza iminsi y’isoko. Amasoko azajya arema 30% by’abacuruzi ; kuwa mbere, kuwa kabiri no kuwa gatandatu hubahirizwa andi mabwiriza yashyizweho na minisiteri y’ubuzima mu Rwanda.

Ubuyobozi bwa kano karere kandi mu itangazo basohoye rigira riti mu ngingo yaryo ya kabiri’’abacuruzi n’abaguzi barasabwa kwishyurana bakoresheje ikoranabuhanga mu rwego rwo kwirinda ihererekanya ry’amafaranga mu ntoki, kwishyura mu ntoki birahanirwa.

Uretse kandi kuba ano masoko yavuzwe azajya aremera umunsi umwe, hari n’izindi ngamaba zigaragara mu itangazo ryasohowe n’ubuyobozi bwa kano karere mu rwego rwo gukomeza gukumira icyorezo cya covid 19.

Tubibutse ko akarere ka Bugesera nako kamaze kugerwamo n’icyorezo cya covid 19 aho kuri iki cyumweru hongeye kugaragara abantu batatu banduye iki cyorezo, bivuze ko abagatuye bagomba gukomeza kwitwararika.

Itangazo ryasohowe n’akarere ka Bugesera nk’ingamba zihariye zo gukumira ukwirakwira rya covid 19

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *