Ni m’umurenge wa Rilima akagari ka Kimaranzara, umudugudu wa Kimaranzara n’uwa Byimana, aho inkuba yakubise abantu babiri mu ngo ebyiri mu munsi ibiri .
Mu ijoro ryo kuwa 04 Gashyantare 2021 I saa mbiri z’ijoro nta mvura na nke iri kugwa inkuba yakubise igiti cya Greveria cy’uwitwa Bahati hafi ya centre ya Kimaranzara kiza guhinduka imyase . Umuturage ucumbitse mu nzu y,uwo Bahati Kawera Marie Chantal avuga ko yumvise ikintu gikubise bose bagwa igihumura.
Agira ati”ikintu cyarakubise kandi nta mvura iri kugwa uretse imirabyo Micye yarabyaga, umwana wari uri hanze twikanze ko ariwe inkuba ikubise yiruka ahumeka insigane tuzanzamutse nibwo twasanze ari igiti cya Greveria kitwegereye yakubise, ariko cyahindutse imyase amababi yumagaye abantu nabo bamaze kuhagera kureba ibyabaye.”
Avuga ko mu by’ukuri byabatwaye iminota nk’10 ngo babashe kugarura ubwenge. Umwana bivugwa ko yari hafi y’igiti cyakubiswe n’inkuba muri metro 3 gusa avuga ko kubwe yabaye umurame kubera ko yagushijwe n,iyi nkuba. Agira ati “nari mvuye hanze gato ikintu kirakubita nitura hasi ngenda niruka ntazi iyi ngana, mpita nicara ariko nzi ko napfuye ubwo byarangiye ndi umurame kuba yarasije igiti nkasigara.”
Abaturanyi b,uyu muryango washwe n,inkuba nk,uko babyita nabo ntiyabarebeye izuba kuko imyase yavuye kuri icyo giti ngo yagendaga ivuza ubuhuha ikikubita hejuru y,ibisenge by,amazu yabo umwe muri bo arakomereka ndetse ngo na Television zimwe zarahiye.
Uwitwa Mutimukeye Claudine avuga ko yari ari kwiga amaze koga ari muri Salon yumva ikintu kimwituyeho gishyushye ahita yikubita hasi yubamye. Agira ati”sinamenya ibyabaye kuko cyankubiswe amaboko ndarabirana mbyutswa n,abaje gutabara. Aho nzanzamukiye nasanze ari umwase munini wamennye igisenge ungwaho wari ufite umuvuduko ukabije.”

Ntabwo ari izi ngo ebyiri gusa zahuye n’iri sanganya kuko izirenga eshanu nazo zahuye n,ingaruka z,iyi nkuba nkuko umunyamabanga nshingwabikorwa w,Akagari ka Kimaranzara Bwana Mugenzi Innocent abivuga.
Agira ati” twarumiwe natwe n,ibi bintu byabaye mu gace kacu aho inkuba kubita ibintu n,abantu mugiye bitari bimenyerewe mu Bugesera. Abakomeretse ni abantu babiri umwe wa Kimaranzara n,undi w.ahitwa mu Byimana bajyanwe kwa muganga. Amazu amwe nayo yagiye agubwaho n,ibiti inkuba yasaga ariko ntiyasenyutse bikabije” Bwana Mugenzi Innocent Avuga ko igikenewe ari uko abaturage batakwirara ngo mu misozi migufi nta nkuba zihaba bakajya birinda kujya hanze mu gihe Hari imirabyo bakanirinda gucana ibyuma bikurura inkuba byoroheje nka Radio, amatelevision, Filigo n,ibindi.
Burya Koko ibyago ntibisigana. Mugihe bene kwangirizwa n,inkuba yabakubise mu ijoro ryo kuwa 05 Gashyantare, umunsi wakurikiyeho I saa kumi za nimugoroba, mu birometero bitarenze bitanu mu mudugudu wa Byimana mu kagari kamwe, mu kavura gake katagira imirabyo, umukecuru Mukaneza Laurence nawe ngo yahise akubitwa n,inkuba ubwo yinjiraga mu nzu avuye kwanura imyenda. Bivugwa ko iyi nkuba yakubitiye mu kirahure itakimennye itwika Rideau yari imbere yaryo izimywa n,umwuzukuru we umukecuru akumbagurika hasi.

Ikinyamakuri igisabo kugera murugo rw,uwo mukecuru mu gitondo cyo kuwa 07 Gashyantare, twasanze avuye kwivuza ibisare yasigiwe no kwikubita hasi ubwo yikangaga iyi nkuba yinjiye mu rugo aruhagaze iruhande akinga.
Agira ati”nari maze kwanura imyenda kuko nabonaga imvura Isa mugiye kugwa ndigushyiramo Ivero y,urugi ikintu kirakubita ngwa jason ibyakurikiyeho simbizi.”
Uyu mukecuru uri mukigero cy,imyaka 75 irenga, avuga ko yazanzamutse arikuva amaraso mu mazuru amaboko n,imbavu biri guhinda umuriro ari nayo mpamvu yazindutse ajyanwa kwa muganga nk,uko bishimangirwa n,umwuzukuru we Dushimimana Moise umurwaje.
Kubirebana niba umuhango wa kinyarwanda bita kugangahira ibyakubiswe n,inkuba, abahuye n,iki kibazo bavuga ko babonye umuvuzi wa Gihanga wabavugutiye umuti babona kwiruhutsa ari nabwo ngo bahawe uburenganzira bwo gucana imyase yashijwe n,inkuba ubwayo nta shoka ikozeho namba.

Ikinyamakuru igisabo kifuje kumenya icyo abashinzwe iteganyagihe babivugaho kuba inkuba yakubise ibintu nta mvura igwa cyangwa se niba Hari ubutumwa bagenera abatuye mu duce tw,imisozi migufi cyane nko mu Ntara y,I Burasirazuba bibeshyaga ko nta kibazo cy,inkuba gihari, ariko Umuyobozi mukuru ari nawe ngo usigaye yitangira amakuru atubwira ko muri week end ntaburyo bwo kuyatanga buhari. Twagerageje no kwandikira ushinzwe itangazamakuru tumuha ibyo yatubariza ariko kugeza dusohora iyi nkuru twari tutarasubizwa.

Ibyo ari byose ikibazo cy,inkuba zikubita abantu zikangiza na byinshi kimaze kuvugwa inshuro nyinshi mu Rwanda, abaturage bagasaba abashinzwe ubumenyi bw,ikirere kujya bababurira hakiri kare ndetse bamwe bakanifuza ko hajyaho ikigega cyihariye cyajya gifasha abagizweho ingaruka Zituruka ku nkuba cyane ko Iza bitunguranye.

E. Niyonkuru
