Urwego rw’Ubushinjacyaha buratangaza ko uwahoze ari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutabera ushinzwe Itegeko Nshinga n’andi Mategeko atagikurikiranywe ho icyaha cyo guhohotera umugore w’umusekirite nyuma y’uko impande zombi z’umvikanye.
Nkusi Faustin uvugira Ubushinjacyaha aganira na Royal FM Rwanda yavuze ko hakurikijwe amategeko impande zombi zahisemo kumvikana, ubushinjacyaha bwanzura gushyingura ikirego.
Yagize ati “Dosiye twayifatiye ikemezo byararangiye kuko impande zombi nk’uko biteganywa n’ingingo ya 27 y’Itegeko rigenga imiburanishirize y’Imanza z’Inshinjabyaha, hari agace gasobanura ko iyo twakiriye dosiye nk’Ubushinjacyaha hari ibyo dushinzwe gukora bitandukanye ariko Me Evode n’uwari wahohotewe bahisemo kumvikana ibyo biteganywa n’Amategeko.”
Avuga ko hatangira ibyo kumvikana uwakoze icyaha kikamuvaho ari we Me Evode n’uwakorewe icyaha ari we Umusekirite, harebwa ibyangiritse kugira ngo arihwe, cyangwa harangizwe inkurikizi z’icyaha n’uwagikoze yisubireho ngo iyo mihango yarubahirijwe kandi iteganywa n’amategeko.
Nkusi Faustin ati “Bimaze gukorwa nta kindi twari gukora, uretse gufata ikemezo cyo kuba tuyishyinguye (Dosiye), kubera ko ibyo byubahirijwe.”

Tariki ya 03 Gashyantare nibwo Evode Uwizeyimana yahohoteye umugore witwa Olive amusunitse hasi nyuma y’uko uyu mugore usanzwe ari umusekirite mu nyubako ya Grand Pension Plazza yari asabye uyu wari Nyakubahwa guca mu cyuma gisaka.

Ibi byaje gutera amagambo menshi mu bantu dore ko yari asanzwe (Evode) atavugwa ho rumwe kubera amagambo menshi n’indi myitwarire yateraga abantu kumwibaza ho.ibi byaje gutuma tariki ya 07 Gashyantare Evode yegura nyuma y’igitutu cy’abakoresha imbuga nkoranyambaga.