La Viva Motel ni imwe muri Motel zikunzwe n’abatari bacye muri kino gihe kubera uburyo bita ku bakiriya babo ndetse icyo wifuza cyose ukaba wakibona kandi ukakibonera igihe,muri bino bihe byo guhangana n’icyorezo cya Covid 19 ino Motel yakomeje kubahiriza ingamba zose ariko ikomeza kuzirikana abakiriya babo.

La Viva Motel ubu iratangaza ko muri zino mpera z’umwaka no mu ntangiriro z’utaha bateganyiriza abakiriya babo udushya dutandukanye,ibi bikazagendana no kubahiriza ingamba zo gukumira ikwirakwizwa rya covid 19.

Bwana King,umwe mu banyamigabane akaba na Manager wa La Viva Motel yatangarije igisabo.rw/ ko bari gutegura uburyo bazakira neza abazabagana muri bino bihe by’iminsi mikuru kandi bakaba bizeye ko bazanyurwa kandi banubahiriza ingamba zo gukumira covid 19,King yagize ati’’twebwe dushimishwa no kubona abakiriya bacu banyurwa na serivise tubaha,ibyo natwe bitwongerera imbaraga zo gukomeza kubitaho kugira ngo bakomeze banyurwe.

Ino Motel iherereye mu Karere ka Gasabo mu murenge wa Gisozi mu marembo ya Kaminuza yigenga ya Kigali (ULK),Bakaba babafitiye ibyo kurya by’amoko atandukanye,ibyo kunywa byose wifuza,babafitiye amacumbi meza ndetse n’ubusitani bwisanzuye bugufasha kwicara wisanzuye.ushatse kandi kugirango bagutegurire mbere cyangwa bakuzanire ibyo wifuza aho uri ushobora guhamagara kuri +250788491715 cyangwa ukatwandikira kuri:



-instagram: lavivamotel
-Email: lavivamotel@gmail.com
La Viva Motel iboneyeho kwifuriza Perezida wa Repubulika y’u Rwanda na Madamu,abayobozi bakuru mu nzego zitandukanye,abahagarariye imiryango mpuzamahanga hano mu Rwanda,abayobozi b’umujyi wa Kigali,abayobozi n’abakozi b’Akarere ka Gasabo,abayobozi n’abakozi b’Umurenge wa Gisozi,abakiriya babo bose n’abanyarwanda muri rusange kuzagira Noheli Nziza n’Umwaka Mushya muhire wa 2021
Twizihize iminsi mikuru twubahiriza amabwiriza yo gukumira Covid 19.

Inkuru ya : NDAYISABA Eric
Contact : 0782511443
Email : ndayisabaeric501@gmail.com