Ishyaka Green party rihagarariwe na Dr Frank Habineza n’abarwanashykak bakomereje ibikorwa byo kwiyamamaza mu karere ka Ngoma basezeranije abaturage bo muri aka karere ko nibatora Green party bazahabwa kaminuza bitarenze ukwezi kwa Nzeri uyu mwaka.
Kuri uyu wa mbere, ni umunsi wa gatatu hatangiye ibikorwa byo kwiyamamaza ku bemerewe na Komisiyo y’Amatora (NEC) haba ku mwanya wa Perezida wa Repuburika ndetse no mu nteko nshingamategeko umutwe w’Abadepite.
Ishyaka riharanira demokarasi no kubungabunga ibidukikije, Green Party yakomereje ibikorwa byayo byo kwiyamamaza mu karere ka Ngoma. Ni nyuma yo gukorera mu karere ka Gasabo ndetse na Kamonyi.
Ku isaha ya saa tanu, nibwo Dr Frank Habineza n’abamuherekeje mu rugendo rwo kuva I Kigali berekeza mu burasirazuba bw’u Rwanda bageze I Ngomba hanyuma bakiranwa na ‘Morale’ nyinshi y’Abarwanashyaka ba Green Party.

Ntezimana Jean Claude uyoboye igikorwa cyo kwiyamamaza mu ishyaka Green Party akaba asoje manda ye mu nteko nshingamategeko umutwe w’Abadepite, yabanje gusobanura neza ‘Green Party amateka yayo ayiva imuzi n’umuzingo.
Jean Claude yavuze ko Green Party yatangiye ibikorwa bya Politiki mu mwaka wa 2009 ariko ryemerwa mu mwaka wa 2013 nyuma y’imyaka 4 rikora. Mu mwaka wa 2017 bahise batanga umukandida ariko amahirwe ntiyabasekera ntibabasha kuyobora igihugu.

Mu mwaka wa 2018, nibwo iri shyaka ryiyamamaje mu Nteko Nshingamategeko hanyuma begukana imyanya ibiri nyuma y’undi mwaka umwe iri shyaka ryongera kubona umwanya umwe muri Sena.
Intego nyamukuru y’iri shyaka ni uguharanira Demokarasi ndetse no kubungabunga ibidukikije.
Nyuma y’uko bamwe mu ari kwiyamamariza kwinjira mu Nteko Nshingamategeko baganirije abaturage bo mu karere ka Ngoma muri bimwe bazabagezaho nibaramuka babatoye, Dr Frank Habineza yashimiye abaturage bo mu karere ka Ngoma bamutoye mu matora yaragiye.
Nyuma yo kubashimira, Dr Frank Habineza yababwiye ko nk’uko babigenje mu mwaka wa 2017 na 2018 babatora, n’ubu tugiye kwinjira mu gihe cy’amatora bityo ko nibaramuka bagiriye ikizere Green Party by’umwihariko agatorwa ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu azabaha kaminuza bitarenze ukwezi kwa Nzeri.
Dr Frank Habineza ati “Hano ndabizi havuka abahanga benshi bakeneye kwiga kaminuza. Birababaje kuba umuntu azamuka akajya za Nyagatare kandi asize umujyi mwiza wa Ngoma nawo ukeneye gutera imbere.”
Asoza agira ati “Nimutugirira ikizere mukadutora, mbasezeranije ko mu kwezi kwa Nzeri muzaba mwamaze kubona kaminuza kandi izazamura ubukungu bw’Akarere, abarimu, abanyeshuri n’abandi bose bazakenera akazi kandi bizateza imbere abaturage bo mu karere ka Ngoma.”
Dr Frank Habineza yijeje abaturage bo mu karere ka Ngoma kubagarurira kaminuza





Alex RUKUNDO