Diane Rwigara yizeye ko Kandidatire ye izakirwa bitandukanye no mu mwaka 2017

admin
3 Min Read

Mugushyikiriza Kandidatire ye nk’Umukandida wigenga Diane Shimwa Rwigara kuri uyu wa 30 Gicurasi 2024, avuga ko yizeye adashidikanya ko ubusabe bwe buzakirwa kuko ibisabwa hafi ya byose yabitanze akanishimira ko imbogamizi bahuye nazo muri 2017 ntazo bahuye nazo muri kino gihe.

Ibi ni bimwe mu byatangajwe na Diane Rwigara nyuma y’igikorwa cyo gushyikiriza Kandidatire Komisiyo y’Amatora ku mwanya wa Perezida wa Repubulika mu bindi atangaza akavuga ko aharanira iterambere ry’ubukungu bw’u Rwanda kandi bushingiye ku nyungu z’umuturage ugomba kurya agahaga abana be bakiga neza kandi igihugu kikagira Umutekano usesuye kurushaho.

Agira ati “Turashima ibikorwaremezo by’amajyambere u Rwanda rumaze kugeraho birimo amazu akomeye kandi agezweho, imihanda amashuri n’ibindi bushimwa na benshi, gusa umuturage agomba kugira uburyo bwo gukora no kugera ku mutungo yifuza mu buryo buboroheye ari nabyo duharanira ko yagira umutungo umuhagije wo kumufasha kubaho neza abana bakiga neza, mu cyaro hose hagatera imbere mu buryo nyabwo.”

Diane Rwigara ubwo yari muri Komisiyo y’Amatora

Kubigendanye n’icyizere cyo kuzatsinda Amatora avuga ko gihari kuko imigambi afitiye abanyarwanda itomoye.

Avuga ko ari byiza ko u Rwanda rukingurira amarembo Opozisiyo abantu bagafatanya gutanga umusanzu wo kubaka igihugu kuko bose icyo baharanira ngo ari iterambere no gukunda Igihugu n’abagituye

Ku rundi ruhande avuga ko kuba ari we mugore wenyine utanze Kandidatire ku mwanya wa Perezida wa Repubulika avuga ko nta pfunwe bimuteye kandi ko natorwa azaba uw’abanyarwanda bose.

Ashima ko igikorwa cyo gushakisha imikono y’abamusinyira ko byagenze neza bitandukanye cyane no mu matora yo muri 2017 aho abari bamuhagarariye ngo baterwaga ubwoba hakaza no kuvukamo ibibazo byatumye afungwa.

Avuga ko yizeye ko no mu gikorwa cyo kwiyamamaza bizagenda neza ngo imikono yose y’abasabwa yarayitanze anarenzaho ibindi byangombwa bisabwa hafi ya byose ngo yabitanze bike bitabonetse akaba agomba kubitanga vuba.

Diane Shimwa Rwigara watanze Kandidatire ku mwanya wa Perezida wa Repubulika mu matora yo muri Nyakanga, ni ku nshuro ya Kabiri abikoze. Bwa mbere hari muri 2017 aho itakiriwe na Komisiyo y’amatora ikaba yaratangaje ko hari ibyo atari yujuje, amatora y’uyu mwaka akaba agaragaza akanyamuneza ko kwizera ko Kandidatire ye izakirwa akabasha guhangana n’abandi bazitanze barimo na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame uhagarariye Umuryango wa FPR Inkotanyi.

Ikirango yahisemo azifashisha mu gihe cy’amatora ni Ishusho ya KAGOMA, avuga ko ayishimira ko utajya icika intege mu byo ikora byose.

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *