Perezida Ghazouani wa Mauritanie yinjiye mu kibazo cy’u Rwanda na RDC

admin
4 Min Read

Abayobozi bo hirya no hino ku Isi bakomeje gukora ibishoboka byose ngo habeho ibiganiro bigamije gukemura ikibazo cy’umwuka mubi umaze igihe hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuri ubu ugezweho ni Perezida Mohamed Ould Ghazouani wa Mauritanie.

Mu mpera z’iki cyumweru nibwo Perezida Mohamed Ould Ghazouani unayoboye Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, yakiriye Félix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bagirana ibiganiro byabereye mu muhezo.

Uretse kuba uru ruzinduko rwari ruri mu murongo wo gushimangira umubano w’ibihugu byombi, amakuru yizewe ahamya ko Abakuru b’Ibihugu byombi banaganiriye ku kibazo cy’umutekano muke umaze igihe mu Burasirazuba bwa RDC, ndetse n’agatotsi kari mu mubano w’iki Gihugu n’u Rwanda.

Ku kibazo kijyanye n’umutekano muke, Perezida Mohamed Ould Ghazouani yijeje mugenzi we wa RDC ubufasha mu bya dipolomasi mu gushyigikira ibiganiro bya Luanda na Nairobi.

Amakuru dukesha Ibiro Ntaramakuru bya Turikiya, Anadolu, avuga ko Perezida wa Mauritanie yakiriye Tshisekedi, nyuma y’iminsi mike yakiriye intumwa ya Perezida Paul Kagame, akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Dr Vincent Biruta.

Nyuma y’ibiganiro by’aba bombi, Minisitiri Biruta yavuze ko “Yatewe ishema no kwakirwa na Perezida wa Mauritanie, no kumugezaho ubutumwa bwa mugenzi we akaba n’inshuti Perezida w’u Rwanda”.

Minisitiri Biruta yavuze ko ubu butumwa bwari bukubiyemo ingingo zitandukanye zirimo izijyanye n’umubano w’ibihugu byombi, ndetse n’izijyanye n’ibibazo biri ku mugabane.

Uru ruzinduko rwa Biruta rwabanjirijwe n’ibiganiro byo kuri telefone Perezida wa Mauritanie yagiranye na Perezida João Lourenço usanzwe ari umuhuza w’u Rwanda na Congo.

Nubwo ntacyo uruhande rwa Mauritanie ruratangaza kugeza ubu, amakuru yizewe avuga ko Perezida Ghazouani arajwe ishinga no gukemura ibibazo by’intambara bikigaragara ku Mugabane wa Afurika birimo n’iki cyo muri RDC.

Perezida Mohamed Ould Ghazouani ateye iyi ntambwe mu gihe ibintu bikomeje kudogera mu Burasirazuba bwa RDC, bitewe n’imirwano iri hagati y’Ingabo z’iki Gihugu n’umutwe wa M23.

Umuhuzabikorwa w’ihuriro ry’imitwe ya politiki n’iya gisirikare rya AFC (Alliance Fleuve Congo), Corneille Nangaa, aherutse gutangaza ko we na bagenzi be biteguye gukuraho ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo vuba cyane.

Nangaa yagaragaje ko ihuriro ryabo ribabajwe n’umutekano muke uri mu gihugu cyabo, by’umwihariko mu ntara ziri mu burasirazuba, kandi ngo ni ingaruka z’ubuyobozi bubi burenganya abaturage, bukanasahura umutungo.

Yagize ati “Aho gukemura ibi bibazo, Leta ya Kinshasa yahisemo uburyo bwo guca Abanye-Congo, guha intebe ivanguramoko, inzara, ubujura no gusahura umutungo, kwica abanyepolitiki no gukoresha ubutabera. Yahisemo guhisha amakosa yayo, ivuga ngo ‘Oya ni amakosa ya Kagame’.”

Nangaa yakomeje ati “Mu minsi iri imbere tuzafata Goma, Kivu zombi, Grand-Oriental, Equateur, Katanga, Kasai, Bandundu, Congo-Central n’umurwa mukuru. Tuzaza i Kinshasa kugira ngo dushyireho ubutegetsi bw’igihugu kubera ko turi mu karengane. Ubukungu bwose bukoreshwa i Kinshasa, bukanyerezwa.”

Umuyobozi w’ubutumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri RDC, Bintou Keita, mu ijambo yagejeje ku nama kawo gashinzwe umutekano i New York kuri uyu wa 27 Werurwe 2024, yagaragaje ko ubushobozi bwa M23 bukomeje kwiyongera.

Bintou yasobanuye ko M23 yisubije ibice hafi ya byose umutwe w’ingabo z’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba, EACRF, zagenzuraga, nyuma y’aho mu Ukuboza 2023 zirukanwe ku butaka bwa RDC.

Uyu muyobozi yavuze ko “M23 iri gufata ibice ku kigero kitigeze kibaho”, bigera ku rwego rwo kuzenguruka umujyi wa Goma muri teritwari ya Nyiragongo na Sake muri teritwari ya Masisi.

Perezida Mohamed Ould Ghazouani wa Mauritanie yinjiye muri iki kibazo nyuma ye bagiye nabo bagerageza barimo, Uhuru Kenyatta wahoze ari Perezida wa Kenya, Emmanuel Macron w’u Bufaransa, Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, Qatar ndetse na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *