Perezida Kagame yavuze ku kwihanangiriza Tshisekedi ku bisasu byarashwe mu Rwanda

admin
3 Min Read

Perezida Paul Kagame yatangaje ko yahuriye i Nairobi muri Kenya na Félix Tshisekedi uyobora Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, amwihanangiriza ku bisasu byarashwe mu Karere ka Musanze muri Werurwe 2022.

Nk’uko Umukuru w’Igihugu yabisobanuriye mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru James Smart wa NTV Kenya, uyu muburo yawuhaye Tshisekedi mu 2022 ubwo bahuriraga mu nama y’abakuru b’ibihugu bigize umuryango wa Afurika y’iburasirazuba i Nairobi muri Kenya.

Perezida Kagame yibukije ko yavuze kenshi ko nihagira ushaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda, azafata icyemezo kiri mu nshingano ze nk’Umukuru w’Igihugu kugira ngo arurinde.

Yagize ati “Navugiye kenshi kuri camera ko umutekano w’u Rwanda nushyirwa mu bibazo, ntazasaba uwo ari we wese uburenganzira bwo gukora icyo ngomba gukora kugira ngo u Rwanda rurindwe.”

Umukuru w’Igihugu yakomeje ati “Ingabo za RDC zarashe ku butaka bwacu zikoresheje imbunda ziremereye inshuro eshatu mu 2022. Byabaye rimwe, tugirira inama i Nairobi kandi na Perezida wa Congo yari ahari.”

“Naramubwiye ngo ‘Ibi birahagije’, yatanze ibisobanuro, ndamubwira nti ‘Inshuro imwe irimo ibisobanuro bihagije, nta kibazo’. Naramubwiye ko nibiba ubwa kabiri, bikaba n’ubwa gatatu, bigakomeza, bizaba ari ibindi.”

Nyuma yo kuburira Tshisekedi, mu karere ka Musanze hongeye kuraswa ibisasu byaturutse muri RDC, muri Gicurasi na Kamena 2022.

Ati “Ntekereza ko atabyitayeho kubera ko nyuma yo kuva mu nama, byongeye ubwa kabiri n’ubwa gatatu. Ibisasu by’imbunda ziremereye, ibisasu bya BM21 byaguye ku butaka bwacu, byica abaturage mu majyaruguru.”

Perezida Kagame yasobanuye ko ubutumwa yahaye Tshisekedi bwumvikanaga, bityo ko icyo yagombaga gukora nyuma y’aho ibi bisasu birashwe mu Majyaruguru y’u Rwanda ku nshuro ya gatatu, yagombaga gufata ingamba zo kurinda umutekano w’iki gihugu.

Yabwiye umunyamakuru ko mu gihe Leta ya RDC yashinjaga u Rwanda kohereza ingabo mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, abo mu bihugu bikomeye bamuhamagaye bakamubwira ibyo agomba gukora, abasubiza ko azakora ibishoboka kugira ngo ibindi bisasu bitazongera kuraswa ku butaka bw’u Rwanda.

Ati “Aba bantu bakomeye, bafite ububasha barampamagaye, bambwira icyo ngomba gukora n’icyo kureka. Narababwiye nti ‘Ndabumva, ndabashimira’ ariko nababwiye ko nzakora ibishoboka kugira ngo hatazagira imbunda ziremereye zongera kurasa ku butaka bw’u Rwanda. Mfite iyo nshingano, ni yo mpamvu ndi Perezida kandi mbere y’uko mba Perezida, nanatangaga umusanzu mu rugamba rwo kugira ngo iki gihugu kigire impinduka zikiganisha aheza.”

Perezida Kagame yatangaje ko u Rwanda rushaka amahoro kandi rwifuza gutanga umusanzu mu myanzuro igamije gushaka ibisubizo by’ibibazo bihari, binyuze mu nzira y’amahoro kurusha uko undi wese yabyifuza.

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *