Burundi: Agathon Rwasa yambuwe ishyaka rye yashinze

admin
2 Min Read

Kongere y’ishyaka rya CNL itavugwaho rumwe yashyizeho Nestor Girukwishaka nka perezida w’iri shyaka , asimbuye Agathon Rwasa warishinze kuri uyu mwanya.

Iyi kongere idasanzwe yabaye kuri uyu wa 10 Werurwe 2024, ibera mu murwa mukuru w’intara ya Ngozi, ariko ntiyavugwaho rumwe kuko habayeho uguhangana hagati y’abashyigikiye Agathon Rwasa n’ikindi gice cyamwiyomoyeho ari nacyo cyateguye iyo nama.

Iyi kongere yari yiganjemo bamwe mu badepite bari barirukanywe na Gathon Rwasa.Yari iyobowe na Marie Immaculée Ntacobakimvuna, umwe mu badepite icumi batavuga rumwe n’ishyaka riri ku butegetsi CNDD-FDD.

Ikinyamakuru RPA cyo mu Burundi kivuga ko iyi Kongere yari ishyigikiwe na Leta kuko ngo niyo yatanze imodoka zatwaye abayitabiriye , harimo n’iziva mu biro bishinzwe gutwara abantu n’ibintu OTRACO.

Mu mujyi wa Gitega, usanzwe ari umurwa mukuru wa politiki, ngo hagaragaye imodoka za Gisirikare zari ziherekeje abari bateguye iyo Kongere.

Ku rundi ruhande, abayoboke batiyomoye kuri Agathon Rwasa bari biteguye kwamagana iyo kongere ngo bakomanyirijwe bitambikwa n’abapolisi n’abasirikare boherejwe mu turere dutandukanye bityo umugambi wabo ntiwagerwaho birangira hatangajwe ubuyobozi bushya.

Amakuru avuga ko abashatse kuburizamo iyo gahunda bahise bakusanyirizwa mu mirima hafi aho bicwazwa ku izuba ry’igikatu kandi nta muntu numwe wari wemerewe kuhakura ikirenge.

Iyi Kongere yabaye mu gihe Agathon Rwasa washinze CNL ,yari mu ruzinduko rw’akazi mu gihugu cya Kenya.Yari aherutse gutangaza ko yandikiye Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ayisaba ko yabaha uburenganzira bwo guterana ngo basuzume banakemure ibibazo biri mu Ishyaka ariko baramuninira.

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *