Home AmakuruBenshi mu rubyiruko ku isi nta bumenyi bafite bw’abaha akazi

Benshi mu rubyiruko ku isi nta bumenyi bafite bw’abaha akazi

by admin
0 comments

Raporo yo muri Nyakanga 2022 y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bana (UNICEF) na Komisiyo ifite mu nshingano guteza uburezi ku Isi (Education Commission), igaragaza ko batatu muri bane (hafi 75%) mu rubyiruko ruri hagati y’imyaka 15 na 24 bo mu bihugu 92, badafite ubumenyi bukenewe ku isoko ry’umurimo.

Ni ibyagaragajwe n’ubushakashatsi bwakozwe hagamijwe kureba ikigero cy’ubumenyi mu bana bato bo mu mashuri abanza, ndetse no mu rubyiruko rwisumbuyeho mu myaka.

Bwagaragaje ko ubumenyi buri hasi mu bana n’urubyiruko cyane cyane abo mu buhugu bikiri mu nzira y’amajyambere, ni ukuvuga ububategurira kuzavamo abakozi beza bakenewe ku isoko ry’umurimo ndetse n’ababasha guhanga imirimo.

Umuyobozi Ushinzwe Uburezi muri UNICEF, Robert Jenkins, yatangaje ko ibihugu bikwiriye gushyira imbaraga mu gushora imari mu burezi guhera ku buhabwa abana bato, kuko Isi yaba iri gutsindwa iramutse ikomeje kugwiza abato batiteguye gutanga umusanzu mu iterambere ryayo.

Iyi raporo igaragaza ko kimwe muri bitatu mu bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere, 85% by’urubyiruko rugituye ruba rudafite ubumenyi buhagije bwo ku rwego rw’amashuri yisumbuye.

Urubyiruko 67% rutuye Isi ntirufite ubumenyi ku ikoranabuhanga nk’uko iyi raporo ibigaragaza, naho urusaga miliyoni 837 ntirufite ubumenyi butangirwa mu mashuri yisumbuye.

Ni mu gihe imibare yakusanyijwe mu bihugu 77 igaragaza ko abana bari munsi ya bitatu bya kane bafite hagati y’imyaka itatu n’itanu, nibura bafite ubumenyi mu masomo atatu muri ane ajyanye no kubara, imikurire y’umubiri, amarangamutima rusange ndetse n’ubushobozi bwo kwiga.

Ni mu gihe iyi raporo igaragaza ko ifunga ry’amashuri mu buhe by’Icyorezo cya Cya Covid-19 byagize ingaruka cyane ku bakobwa ndetse n’abana bato.

UNICEF ndetse na Education Commission bakangurira ibihugu bushyira imbaraga mu guteza imbere uburezi bufite ireme buhereye mu bana ndetse bikanabashyiriraho uburyo bwose bushoboka mu kubarinda kuva mu ishuri, bahabwa uburezi butuma bagira ubushobozi bwo kwiteza imbere bakanateza imbere Isi mu buryo burambye.

You may also like

Leave a Comment