Mu nama mpuzamahanga y’imiryango iharanira uburenganzira bw’abagabo n’abagore ku isi (MenEngage Alliance) yiswe Ubuntu Symposium, yabereye i kigali kuwa 10 kugeza kuwa 12 Ugushyingo 2020, fidele Rutayisire Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umuryango nyarwanda uharanira uburinganire bw’abagabo n’abagore RWAMRC, avuga ko mu myanzuro yafashwe harimo no gushishikariza ibihugu byose ku isi, gukomeza kwimakaza umuco w’uburinganire ku bitsina byombi kubera ko bikigaragara ko umugore umwe muri batatu agikorerwa ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Iyi nama mpuzamahanga, intego nyamukuru yayo nkuko abayiteguye babivuga, kwari ukwamagana ivangura n’akarengane bishingiye ku gitsina icyari cyo cyose, hashyigikirwa uburinganire n’ubwuzuzanye bw’ibitsina byombi. Hakifuzwa ko byakorwa mu bihugu byose byo ku isi nta gisigaye inyuma mukubahiriza iryo hame.
Bwana Fidele Rutayisire, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umuryango nyarwanda uharanira uburinganire n’ubwuzuzanye bw’abagabo n’abagore RWAMREC, avuga ko inyigisho n’amasomo bakuye muri iyo nama mpuzamahanga ari ingirakamaro. Bakaba bagomba gutangaza itangazo ryitiriwe kigali, rimenyesha imiryango mpuza mahanga n’ibihugu byose, imyanzuro bagezeho n’uburyo yakubahirizwa na buri wese bireba, kugira ngo ihohoterwa rishingiye ku gitsina ricike burundu.
Agira ati “Ni inama mpuzamahanga yari igamije kungurana ibitekezo, ku buryo hakorwa kurushaho iibtuma umugabo n’umugore, mu kazi kabo ka buri munsi ntawubangamira undi, ahubwo bakumva ko igihe cyose bareshya muri byose. Nyuma y’iyi nama rero, turasohora itangazo ryiswe irya Kigali, rigenewe imiryango mpuzamahanga yose, Amashami ya UN, Ibihugu n’abandi bose bireba tukaba tubashishikariza ko muri gahunda y’ibyo bakora byose, umugabo atagomba kumva ko ari hejuru ya mugenzi we w’umugore ahubwo ko bagomba kubahana nk’uko insanganyamatsiko y’inama ishimangira ngo UBU NDIHO KUBERA WOWE.”
Bwana Fidele, Avuga ko mu bihugu byinshi, usanga ubutegetsi bwose bwihariwe n’abagabo. Ibintu ngo bitagombye kubaho muri kino gihe kitera mbere rirambye. Bityo akibaza ikibura ngo uburinganire bw’ibitsina byombi bugerweho, cyane ko byagaragaye y’uko n’abagore bashoboye. Ibigaragazwa n’umusaruro batanga mu kazi kabo, iyo bagiriwe ikizere bakagahabwa.
Mu bandi bitabiriye inama harimo n’imiryango itandukanye yo mu Rwanda no mu mahanga ifite aho ihuriye no guharanira uburinganire cyangwa imibereho y’abantu batereranwa n’abagenzi babo.
Aha twavuga nk’ababana bahuje igitsina, abaharanira kurwanya ibiyobya bwenge, n’abandi benshi bagamije gukumira icyatuma havuka amakimbirane cyangwa ihohoterwa iryari iryo ryose. Ariko cyane cyane, irishingiye ku gitsina.

Bwana Mudashishwa Bagambake, ni umuyobozi w’umuryango nyarwanda urwanya ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge. Avuga ko mu gushinga uwo muryango babonaga ikoreshwa ry’ ibiyobyabwenge rikabije, cyane cyane m’urubyiruko, ariko ngo muri kino gihe, hari intambwe imaze guterwa mukubica no kubyamagana, kubera ko abanyarwanda babigize ibyabo.
Agira ati “ twakoze ubukangurambaga butandukanye, Leta nayo itwumva vuba maze ishyigikira igitekerezo cyacu, hakaba hari intambwe ikomeye iri guterwa. Ibyo bikagaragazwa n’ibigo bitandukanye byagiye bishingwa, kugira ngo bifashe urubyiruko rwishoraga mu biyobyabwenge kubivamo nk’i Wawa, i Nyamagabe n’ahandi”
Avuga ko uwabaye imbata y’ibiyobyabwenge, guhohotera umugore bimworohera kuko nta bindi bitekerezo n’ubwenge aba akigira, ari nayo mpamvu mu nyigisho n’ubukangurambaga bageza ku banyamuryango n’abanyarwanda muri rusange, ari ukwirinda gukoresha ibiyobyabwenge, cyane ko bishobora kuba intandaro y’amakimbirane mu ngo, ihohoterwa rigatangira ubwo.
Iyi nama yateguwe na RWAMREC ifatanyije n’indi miryango igamije gushimangira ihame ry’uburinganire ku isi yose. Yatanzwemo ibitekerezo bitandukanye hanifashishijwe uburyo bw’ikoranabuhanga. Ibaye mu gihe u Rwanda rubarirwa ku mwanya wa 9 ku isi n’urwa mbere muri Afurika ku bigendanye n’iyubahirizwa ry’uburinganire n’ubwuzuzanye bw’umugabo n’umugore nkuko byagarutswe ku ngero zitandukanye zatanzwe n’abitabiriye inama mpuzamahanga.

Ibikorwa bya leta y’u rwanda bigamije guha umugore uburenganzira mu bikorwa bitandukanye Mu rwego rwo gukemura ibibazo by’ikandamizwa ry’umugore ryabagaho mu gihugu mu bihe byashize.
Leta y’ u Rwanda yagiye ifata ingamba zitandukanye mu rwego rwo guha umugore uburenganzira bwo gukora. Gukurikirana no kugira uruhare mu bikorwa bitandukanye.
Kugira ngo ibyo bigerweho hagiye hashyizweho amategeko amwe n’amwe, agamije guha umugore uburenganzira ku bintu bitandukanye.
Twavuga nk’ Itegeko ngenga n° 08/2005 ryo ku wa 14/07/2005 rigena imikoreshereze n’imicungire y’ubutaka mu Rwanda. Itegeko n° 22/99 ryo ku wa 12 Ugushyingo 1999 ryuzuza igitabo cya mbere cy’urwunge rw’amategeko mbonezamubano kandi rishyiraho igice cya gatanu cyerekeye imicungire y’umutungo w’abashyingiranywe, impano n’izungura.
Itegeko n° 27/2001 ryo ku wa 28 Mata 2001 ryerekeye uburenganzira bw’umwana n’uburyo bwo kumurinda ihohoterwa; Itegeko n°59/2008 ryo kuwa 10/09/2008 rikumira kandi rihana ihohoterwa iryo ari ryo ryose rishingiye ku gitsina.
Aya mategeko kimwe n’andi, akaba ashyirwaho mu rwego rwo guha umugore uburenganzira bungana n’ubw’umugabo.
Nyamara ariko, nk’uko bivugwa ngo umugore aracyafite imbogamizi zimubuza kugera kuri ubwo burenganzira ahabwa n’amategeko. Aribyo nabyo byaganiriwe nabari bitabiriye inama mpuzamahanga y’iminsi itatu kuwa 10 kugera kuwa 12 ugushyngo 2020 kugira ngo bikomeze bishakirwe umuti.
Inama bivugwa ko ije ibanziriza ibindi bikorwa bizamara amezi atandatu, bigamije gukomeza gushimangira ihame ry’uburinganire bw’umugabo n’umugore ku isi yose, nk’uko abahagarariye imigendekere nimitegurire y’ inama babivuga.
Edouard Niyonkuru
0781300749