Kigali:Umurenge wa Kanombe bizihije umunsi wo kwibohora 29 banishimira igikombe cyo kuba aba mbere mu mihigo y’Akarere

admin
7 Min Read

Mu gihe u Rwanda rwizihiza Umunsi mukuru wo  wo Kwibohora 29 kuri uyu wa 04 Nyakanga 2023, Umurenge wa Kanombe wo Mu Karere ka Kicukiro babyinnye intsinzi banishimira igikombe cy’Imihigo y’Akarere kose  baherutse gutsindira.

 Ni umuhango wabereye ku biro by’Umurenge  biyobowe n’Umuyobozi  w’Umujyi wa Kigali Rubingisa Pudence,  nyuma yo gusura no gutaha bimwe mu bikorwa by’Indashiirwa byagizwemo uruhare  n’abaturage  bafatanyije n’abafatanyabikorwa b’Akarere.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Kanombe Idrissa Nkurunziza

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Kanombe Idrissa Nkurunziza,  avuga ko kuri iyi Tariki hahimbazwa imyaka 29 u Rwanda rumaze rwibohoye, uwahagera ngo atahaheruka,  nta kabuza byamugora kuhamenya,  bitewe ahanini n’amajyambere arambye  amaze kuhagera  nk’Imihanda, inyubako zigendanye n’ikinyejana n’ibindi.

Agira ati “ Mu by’ukuri kuri uyu munsi u Rwanda rwizihiza imyaka 29 yo Kwibohora, abaturage bo muri Kanombe barishimira iyo  Intsinzi,  banishimira igikombe cyo kuba aba mbere mu mihigo y’Akarere kacu.

Ni Igikombe babonye cyakora baragiharaniye, bitewe ahanini n’uburyo bakorana imbaraga kenshi bagamije kwishakamo  ibisubizo.”

Avuga ko abaturage ubwabo babashije kwiyubakira umuhanda wa Km enye, ukaba waruzuye  utwaye asaga Miliyoni 150. Nibo kandi bubatse inzu y’inama y’Umurenge yatwaye asaga Miliyoni 60 byose,  bikozwe n’abaturage n’abatanyabikorwa dukomeje gushimira ubwo bwitange.”

Cyakora n’ubwo hakozwe byinshi, avuga ko abaturage bashaka   no kwiyubakira ibiro bishya by’uMurenge, ariyo mpamvu asaba Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali,  kubibafashamo cyane ko inzu izubakwa izaba ari iy’igorofa igeretse.

Avuga ko iyo iza kuba ari  isanzwe, abaturage bari kuyubaka mu gihe gito, umwe mu bafatanyabikorwa NGENZI Shiraniro Jean Paul ufite Ikigo gishinzwe amasuku cya AGRUN we ngo yamaze gutanga inkunga  ya MIliyoni 5.

NGENZI Shiraniro Jean Paul ufite Ikigo gishinzwe amasuku cya AGRUNI

Avuga ko Umurengeba wubatswe ugenewe  abakozi bane gusa, none hakoreramo 21 ku buryo bisaba ko bamwe  bajya gukorea hanze (Terrain)  bagasimburana uwagiye none, ejo hakagenda undi hagamije  gusaranganya imyanya yo kwicaramo.

 Kuri iki kibazo Umuyobozi nshingwabikorwa w’Akarere ka Kicukiro Mutsinzi Antoine avuga ko mu nama y’umujyi wa Kigali, bemeje ko mu ngengo y’imari y’uyu mwaka harimo n’inyigo y’umushinga w’inyubako y’umurenge wa Kanombe.

Bwana…. avuga ko Umurenge wa Kanombe ushimirwa  n’Akarere uburyo ukomeje kwesa imihigo biturutse ahanini ku bufatanye bw’abaturage, Ubuyobozi bwabo  n’abafatanyabikorwa bitanga batizigama umunsi ku wundi.

Umuyobozi nshingwabikorwa w’Akarere ka Kicukiro Mutsinzi Antoine

Agira ati “biragoye kubona umuturage wigomwa Miliyoni ze eshatu cyangwa eshanu agambiriye gutunganya ibikorwa remezo,  akifuza gukora  kugira ngo atange umuganda we.”

Ikindi avuga, ni uburyo  mu myaka 10, mu Karere ka Kicukiro hamaze kubakwa Ibirometero bisaga 10 kubufatanye bw’abaturage n’abafatanyabikorwa, bityo bakaba bagomba gushimirwa.

avuga ko ibyo bitaga ubwigenge bw’u Rwanda Jenoside yakorewe Abatutsi yarinze ishyirwa mu bikorwa,  nta gifatika abayoboraga bakoreye u Rwanda bagezeho, nyamara  ngo mu gihe cy’Imyaka 29 gusa iterambere rirakataje mu buryo bugaragarira buri wese.

ABATURAGE BISHIMIYE IBYO BAGEZEHO MU MYAKA 29 BIBOHOYE  

Habakubaho Hyacenthe, uzwi nka GITEFANO mu runana, ni umuturage wo mu murenge wa Kanombe. Akagari ka Rubirizi.

 Yishimira cyane ibyiza umurenge wabo ukomeje kugeraho wesa imihigo, akizera ko bizakomeza cyne ko ari abagabo n’abagore bashyira hamwe.

Habakubaho Hyacenthe, uzwi nka GITEFANO mu runana, ni umuturage wo mu murenge wa Kanombe.

Agira ati “ ni kenshi twicara tugatekerereza hamwe icyo twakora gifitiye akamaro abaturage n’umurenge wacu muri rusange. Mu minsi mike duherutse kuvumbura isoko y’amazi ahantu, turayitunganya iwacu ubu abantu baravoma amazi meza,  byose bitewe no gushyira hamwe.”

Bwana  NGENZI Shingiro Jean Paul  uhagarariye AGRUN ishinzwe isuku mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali, wanagize uruhare rugaragara mu misanzu yo kubaka imihanda na sale y’Akarere.

 Avuga ko Umurenge wa Kanombe ari uwabo ko nta wundi wawumenyera ibyiza bitari abaturage bene wo.

Agira ati “ni byiza ko umurenge  wacu ukomeza kuza ku isonga tubigizemo uruhare. muri iyi myaka 29 u Rwanda rwageze kuri byinshi byo kwishimirwa na buri wese.

 Nyuma y’uko mvuye mu kazi ka Gisirikari nakoraga, nakomeje gutanga umuganda wo kubaka igihugu imbaraga nzishyira mu isuku. Ubu umujyi wacu urakeye, Kanombe  irakeye kandi tuzakomeza kuyizamura, ari nayo mpamvu namaze no utanga Miliyoni eshanu zizaherwaho hubakwe ibiro byacu bishya. ndasaba n’abandi  babishoboye kubikora kugira ngo Leta izatwunganire,ariko  twagaragaje uruhare rwacu.”

Munyaribanje Didace,  Ni Umuyobozi w’Umudugudu wa Murindi, avuga ko ibanga umurenge wabo urusha abandi bituma bakomeje kuza ku isonga,  ari ugukorera hamwe no kugirana inama muri byose.

Agira ati “birashimishije muri iyi myaka 29 u Rwanda rumaze rwibohoye, hagezweho byinshi muri Kanombe bituma ikomeje kuba amarembo  y’isi kuko utakwinjira mu Rwanda utabanje guca muri kanombe,  irangwa n’imianda icyeye n’ibindi bikorwa by’amajyambere.”

Avuga ko icyo bashyize imbere mu murenge wabo ari uguhora ku isonga mu mihigo, bityo asaba abayobozi b’imidugudu bagenzi be gukomeza gukora baharanira inyungu z’umuturage, kugira ngo umwaka utaha itariki nk’iyi,  hazongere hazamurwe igikombe cy’imihigo.

Bwana Rutayisire  watanze ikiganiro cy’Amateke yaranze u Rwanda avuga ko ubudasa u Rwanda rufite imbere y’amahanga, nta handi wabukura kuko ayo mahanga adafite Nyakubahwa Paul Kagame we soko y’ibyiza u Rwanda rumaze kugeraho, nyuma y’uko ayoboye ingabo zari iza FPR Inkotanyi zigahagarika Jenoside , zikimakaza Ubumwe n’ubwiyunge n’Iterambere muri byose.

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali Rubingisa Pudence, avuga ko kuba abaturage bagira uruhare mu bibakorerwa bituma bagira n’imbaraga zo kubirinda ababyangiza.

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali Rubingisa Pudence

Agira ati “ turi kwizihiza imyaka 29 yo kwibohora, kwibohora nyako ni no kwibohora kuri byinshi bishobora kuzitira inyungu z’umuturage nk’ubujiji ubukene, kutagira ibikorwa remezo n’ibindi.

Turashimira ko abaturage b’umujyi wa Kigali bakomeje kugaragaza ubushake bwo kugira uruhare mu bibakorerwa bigaragazwa n’iyi mihanda yatashywe n’ibindi bikorwa remezo bitandukanye mu mujyi wa Kigali.”

 Avuga ko imirenge itarabasha kubaka ibiro bigezweho gahunda yabo ihari kugira ngo nabo byihutishwe.

 Ku bireba n’umurenge wa Kanombe, akavuga ko inyigo yawo nirangira n’ibikorwa byo kubaka bizahita bitangira. Yishimira ko abaturage batangiye kwegeranya uruhare rwabo kugira ngo kubaka bizakorwe mu buryo bwihuse.

Umurenge wa Kanombe wizihije Umunsi mukuru wo Kwibohora banishimira igikombe cy’Imihigo, hanatanzwe inzu ebyir z’abaturage batishoboye , hatangwa imashini 15 ku bahoze ari abazunguzayi bikozwe na MTN Rwanda.

E.Niyonkuru

Reba Amafoto na Video

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *