Ihuriro ry’imiryango itari iya Leta iharanira guteza imbere uburezi buhamye mu Rwanda “REFAC” rivuga ko bifuza ko abana bose bagomba kugana ishuri kandi bagahabwa ibikenerwa byose byabafasha kwiga no gucengerwa n’amasomo y’ikoranabuhanga abategurira kuzigirira akamaro ubwabo, n’abazabakomokaho mu bihe bizaza
Ni munama nyunguranabitekerezo y’umunsi umwe yahuje abagize ihuriro ryibumbiye muri REFAC kuwa gatanu Tariki ya 25 Gicurasi 2023, igamije gutangiza umushinga w’imyaka itatu wo gukomeza guteza imbere uburezi bufite ireme mu Rwanda.
Umuhuzabikorwa wa REFAC Bwana Rukabu Dabson akaba Umuyobozi w’Ihuriro ry’imiryango Nyarwanda itari ya Leta igamije gushyikira no guteza imbere uburezi, avuga ko abagize Ihuriro baje mu gikorwa cyo gusobanukirwa, kwemeza no gushyigikira umushinga wateguwe ugendandanye no guteza imbere uburezi bushingiye ku ikoranabuhanga, bityo bakizera ko bazabigeza kubo bireba, kugira ngo bifatweho umwanzuro mu buryo bwishimiwe na buri wese.
Agira ati “ ibikubiye muri uyu mushinga, ni ubukangurambaga buzakorwa bugamije ahanini gukomeza gushyikira ireme ry’uburezi bw’abana b’u Rwanda, cyane cyane muri kino gihe uburezi bugomba gushingira ku Ikoranabuhanga hagendewe ku masezerano ya Dakar avuga ku burezi burambye.
Nyuma yayo masezerano yabaye, ibihugu byinshi byahise bishinga amahuriro iwabo agamije nyine gushyigikira uburezi burambye, ariyo mpamvu no mu Rwanda nk’Imiryango itari iya Leta ariko yita ku Ireme ry’uburezi, twagendeye kuri gahunda ya Leta y’Intego ya 4 igamije uburezi burambye izageza muri 2030.”

Mu gukomeza gufasha Leta gushyira mu bikorwa iyo ntego ya kane Bwana Rukabu Dabson, avuga ko nk’imiryango itari iya Leta, bakomeje kugira uruhare rugaragara mu kugira inama Leta ku bigendanye n’ikoranabuhanga mu burezi, umushinga wateguwe ukaba ari uw’imyaka 3 kuva 2023-2026.
Avuga ko muri REFAC, bakomeje gukorana n’ibindi bigo bigira aho bihuriye n’uburezi, barimo abashinzwe uburezi mu turere, abahagarariye amadini n’amatorero, bakishimira cyane ibyumba by’ikorabuhanga byashyizwe mu mashuri atandukanye, bikomeje gutanga umusaruro ugaragara, bikaba aribyo gushyigikirwa kugira ngo abana bajye basoza amasomo barasobanukiwe kurushaho ibigendanye n’Ikoranabuhanga ryifuzwa.
Asoza avuga ko umushinga batangije, mu ntangiriro uzakorera mu Uturere dutandatu dusanzwe dukorana bya hafi na REFAC aritwo Bugesera, Kicukiro, Kamonyi, Rulindo, Nyarugenge na Gasabo.
Muri utwo turere hakazakorwamo ubukangurambaga mu buryo buhoraho bugamije gushyigikira ireme ry’uburezi bushingiye ku ikoranabuhanga, ari naryo rifasha abana kugendana n’isi ya kino gihe iri kugendera ku muvuduko w’ikoranabuhanga.
Umwe mu bitabiriye gahunda yo gutangiza umushinga ugamije Uburezi bufite ireme, bushingiye ku ikoranabuhanga kandi budaheza, ni Bwana Nsabimana Alphonse uhagarariye Cluba SPIC Kigali, nayo ifite mu nshingano zayo intego yo gushyigikira uburezi bushingiye ku bumenyi no gusoma

Avuga ko bishimira cyane ibimaze kugerwaho n’ihuriro bahuruyemo rya REFAC, bityo akizera ko uyu mushinga batangije wo kugera kubarebwa n’uburezi bose, uzatanga umusaruro mu buryo bugaragara.
Agira ati “ dushyigikiye uburezi bufite ireme kandi bushingiye ku ikoranabuhaga, kugira ngo abana bacu bige kandi bamenye ko ikoranabuhanga ari ingenzi muri bino bihe turimo.
Ikindi navuga ni uko biri amahire, kuba mu nama dukora kenshi duhura n’ababyeyi b’abana, ndetse nabo dukorana ni ababyeyi. Bityo tukaba tugomba kubashishikariza gufatanya n’abarezi, gushishikariza abana kwiga bashyizeho umwete bibanda cyane ku ikoranabuhanga.”
Ku bigendanye ni uko abana batakitabira umuco wo gusoma ibitabo, Nsabimana avuga ko ibyo ntacyo bibahombyaho muri rusange, cyane ko ikoranabuhanga ryabyoroheje, ibyo bagasomye ku mpapuro bashobora ngo kubibona bifashishije mudasobwa na telephone icyangombwa kikaba uko bakunda kwiga bashyizeho umwete kandi bagakunda gusoma, kugira ngo banabashe gukora ubushakashatsi bwimbitse bw’ibyo biga bifashishije ikoranabuhanga.
REFAC ubusanzwe ni Ihuriro ry’imiryango itari iya Leta, ifite gahunda yo guteza imbere no gushyikira uburezi bufite ireme kandi bushingiye ku ikoranabuhaga.
Ibumbiye hamwe imiryango igera kuri 23. Intego rusange yabo hakabamo no kugira inama Leta ku byakorwa byose bigamije iterambere ry’uburezi bufite ireme muri rusange.



E. Niyonkuru