Abaturage bisabiye gushyirrwa ho ubundi buryo bwo gutanga amakuru kuri ruswa

admin
1 Min Read

Ku munsi mpuzamahanga wahariwe kurwanya ruswa, abaturage basabye ko gutanga amakuru kuri ruswa byashyirwa mu ikoranabuhanga ryoroshye.

Ubushakashatsi bwakozwe n’urwego rw’umuvunyi mu mwaka wa 2020, bugaragaza ko gutanga amakuru kuri ruswa bikiri hasi cyane mu baturage, aho biri ku kigero cya 9.6%, ibintu abaturage baheraho basaba ko  uburyo bwo gutanga amakuru bwashyirwa mu ikoranabuhanga  ryoroheye buri wese, mu rwego rwo kurandura burundu imizi ya ruswa mu Rwanda.

Umuvunyi mukuru, Nirere Madeleine yemeza ko intego u Rwanda rwihaye yo kurwanya ruswa ku kigero cya 96.1% mu mwaka wa 2024, izagerwaho habayeho ubufatanye bw’abaturage ndetse n’abayobozi bo mu nzego zibanze nka hamwe muhagaragara ruswa kurusha ahandi.

Umunyamabanga wa Leta muri  Minisiteri  y’ubutabera ushinzwe  itegekonshinga n’andi mategeko,  Solina Nyirahabimana avuga ko nubwo inkingi yo gukorera mu mucyo no kurwanya ruswa mu Rwanda iri kukigero gishimishije cya 87%,  hakiri urugendo rurerure rwo gukora, bityo agasaba abayozozi ndetse n’abaturage bose kwirinda gutanga cyangwa kwakira ruswa ngo kuko imunga ubukungu bw’igihugu.

Kugeza ubu  u Rwanda ruri ku mwanya wa 52 ku rwego rw’isi  mu kurwanya ruswa n’amanota 53, rukaba urwa 5 muri  Afurika ndetse n’u rwa mbere muri Afurika y’Iburasirazuba.

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *