Itsinda ry’abasirikare bahiritse ubutegetsi muri Niger, ryatangaje ko Perezida Mohamed Bazoum agiye gukurikiranwaho ibyaha bikomeye byo kugambanira igihugu no guteza umutekano muke.
Abasirikare batangaje ko bafite ibimenyetso bifatika bizabafasha gukurikirana Perezida Bazoum n’abo bafatanyije ibyaha baba ab’imbere mu gihugu no hanze, mu nkiko z’imbere mu gihugu na mpuzamahanga ku byaha bikomeye byo kugambanira igihugu no guhungabanya umutekano wa Niger.
Mu itangazo Col. Maj Amadou Abdramane, Umuvugizi w’abasirikare bafashe ubutegetsi yasomeye kuri televiziyo y’igihugu tariki ya 13 Kanama 2023, yavuze ko bashaka kujyana mu nkiko Bazoum kubera ibyaha bikomeye akekwaho.
Ati “Guverinoma ya Niger ifite ibimenyetso bifatika bifasha gukurikirana mu nkiko zo mu gihugu na mpuzamahanga perezida wahiritswe ku butegetsi n’abo bafatanyije ibyaha baba ab’imbere mu gihugu n’abo hanze, ku byaha bikomeye byo kugambanira igihugu no guhungabanya umutekano wa Niger imbere mu gihugu no hanze yayo.”
Kuva tariki 26 Nyakanga 2023, Perezida Bazoum, umuryango we n’abandi bantu bahoze hafi ye bafungiye mu rugo rwe mu Murwa Mukuru i Niamey, ndetse umuganga umugeraho avuga ko ameze neza.
RFI yanditse ko Perezida Bazoum we yatangaje ko uburyo afashwe n’abo bari kumwe bibangamiye uburenganzira bw’ikiremwamuntu.
Umuvugizi w’Igisirikare kiyoboye Niger yanavuze ku bihano igihugu cyafatiwe n’Umuryango w’Ubukungu muri Afurika y’Iburengerazuba, CEDEAO ko “bitubahirije amategeko, bitarimo ubumuntu kandi biteye ubwoba” kuko byambura abaturage ba Niger uburenganzira bwo kubona ibiribwa, imiti yo muri za farumasi ndetse n’amashanyarazi.
Perezida wa Nigeria Bola Tinubu yatangaje ko Abdourahamane Tchiani uyoboye Niger yemeye kugirana ibiganiro n’abayobozi ba CEDEAO.
CEDEAO kandi yamaze gufata icyemezo cyo kohereza muri Niger ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye ngo zijye gusubiza ku butegetsi Mohamed Bazoum wagiyeho binyuze mu matora.
Abasesenguzi bahamya ko ibi birego bishya kuri Perezida Bazoum bigaragaza ko abasirikare badateze kumusubiza ubutegetsi, ndetse babyifashisha nk’ingingo ikomeye mu biganiro.