Home UncategorizedMugabo Nizeyimana Olivier yavuze imigabo n’imigambi afitiye FERWAFA ahatanira kuyobora (AMAFOTO)

Mugabo Nizeyimana Olivier yavuze imigabo n’imigambi afitiye FERWAFA ahatanira kuyobora (AMAFOTO)

by admin
0 comments

Nyuma y’uko Komisiyo y’amatora mu ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda FERWAFA itangarije urutonde ntakuka rw’abakandida bahatanira kuyobora iryo shyirahamwe, Mugabo Nizeyimana Olivier, umwe mu bakandida bari kwiyamamaza, amaze gushyira ku mugaragaro imigabo n’imigambi ashyize imbere, we n’abagenzi be izabafasha guteza imbere kurushaho FERWAFA igihe baramuka bagiriwe ikizere bagatsinda amatora.

NGIYI IMIGABO  N’IMIGAMBI  YA MUGABO  NIZEYIMANA  Olivier N’ABO  BAZAFATANYA  MU KWIYAMAMARIZA  KUYOBORA FERWAFA:

Marcel HABYARIMANA, Visi Perezida

Kuva  umupira  w’amaguru  watangira  gukinwa  mu  Rwanda,  hagiye habaho gahunda zitandukanye zo kuwuteza imbere ariko kugeza n’uyu munsi bigaragara ko utaragera aho twifuza.

Ntabwo dushidikanya ko u Rwanda rufite impano nyinshi mu mupira w’amaguru,     ,gusa   bikaba   bisaba   imitegurire   myiza   kugirango   u Rwanda rube kimwe   mu bihugu bifite umupira mwiza kandi utanga umusaruro .

Dusubiye ku mateka, kuva mu w’1972 ubwo FERWAFA yemererwaga gutegura    amarushanwa, umupira    w’amaguru    wakomeje    kuba umukino ukunzwe kurusha iyindi ariko urwego rwawo rukomeza kuba hasi  cyane  aho  bakinnye  imyaka  myinshi  nkabatarabigize  umwuga (amateur)

Nyuma       ya       jenoside       yakorewe       abatutsi,leta       y’ubumwe bw’abanyarwanda  yubatse bundi bushya inzego zitandukanye zirimo n’umupira  w’amaguru  wavuye  kiu  rwego  rwabakina  nkabatarabigize umwuga ugera ku rwego rwababigize umwuga mu cyiciro cy’abagabo .

Gusa inzitizi ku iterambere ry’umupira w’amaguru ziracyari nyinshi:

•             Amategeko  n’amabwiriza  bitajyanye  n’imicungire  ndetse n’imiyoborere y’umupira w’amaguru mu buryo bugezweho.

•             Kutagira   gahunda   y’iterambere   y’umupira   w’amaguru irambye n’ubushobozi budahagije ku bawucunga.

•             Isura   y’urwego   rw’imiyoborere   y’umupira   w’amaguru idakunze       kugaragara       neza       ku       banyamuryango n’abafatanyabikorwa.

•     Ibikorwa remezo by’umupira w’amaguru bidahagije .

•             Ubushobozi bucye mu micungire n’imiyoborere y’umupira w’amaguru

Mu  gihe  twaba  tugiriwe  icyizere  n’abanyamuryango  ba  FERWAFA, tuzibanda kuri ibi bikurikira :

1.      IMIYOBORERE, AMATEGEKO N’UMUTEKANO

  1. A) IMIYOBORERE:
  • Gushyiraho  umuyoboro  unoze  wo  guhana  amakuru  hagati y’abanyamuryango na komite nyobozi
  • Kunoza no guhuza imiterere y’abanyamuryango ba Ferwafa (gukurikirana ku buryo bwa hafi kandi buhoraho imibereho n’amakimbirane mu makipe)
  • Gushyiraho   gahunda   inoze   y’imicumgire   y’abakozi   muri Ferwafa no kubishishikariza abanyamuryango.
  •    Kugerageza            kubyaza            umusaruro            gahunda z’abafatanyabikorwa    zihari    mu    iterambera    ry’umupira w’amaguru
  • Gukomeza   gutsura   umubano   mwiza   dufitanye   n’inzego z’umupira   w’amaguru   nka   CECAFA,   CAF,   FIFA   ndetse n’ubufatanye n’andi mashyirahamwe
  •   Gukomeza imikoranire ya Ferwafa n’ubuyobozi bw’amakipe hagamijwe gufatira ingamba ibibazo bibangamira iterambere ry’umupira,ibibazo by’amikoro n’imicungire myiza n’ibindi.
  •   Gushyiraho   urubuga   nyuguranabitekerezo   ku   iterambere ry’umupira w’amaguru .
  • Kunoza imicungire no guha umurongo w’imikorere amakipe y’igihugu
  1. B) AMATEGEKO:

Me UWANYIRIGIRA Delphine,  Komiseri ushinzwe Amategeko

–              Kuvugurura     amategeko     amwe     n’amwe     ya     Ferwafa atakijyanye n’igihe no kuziba ibyuho biyarimo hashyirwaho amashya aho biri ngombwa

–              Gushyiraho urwego rwigenga rwo gukemura amakimbirane rugaragaramo ibyiciro cyose

–              Kunoza   ishyirwamubikorwa   ryitangwa   ry’ibyangobwa   ku banyamuryango  ribemerera  Kwitabira  amarushanwa  (club licencing).

–              Gishyiraho      uburyo      n’umurongo      bw’imicungire      ya shampiyona.Ligues  mu  cyiciro  cya  mbere  n’icya  kabiri  ) bifasha amakipe kugira ubushobozi bwisumbuye .

  1. C)  UMUTEKANO N’IMYITWARIRE KUBIBUGA:

IP UMUTONI Claudette, Komiseri ushinzwe Umutekano

–     Kubugabunga umutekano ku bibuga biberaho imikino

–     Kubugabunga umutekano w’amakipe asura u Rwanda

–     Gusaba  buri  club  gushyiraho  ushinzwe  umutekano  nkuko Komiseri ushinzwe Amarushanwa

–              Gutegura  neza  no  kubahiriza  ingengabihe  y’amarushanwa y’imbere mu gihugu hitawe ku ngengabihe za CECAFA, CAF na FIFA.

–        Kumanura amarushanwa ku rwego rw’Intara mu bakiri bato.

–        Guhugura  abakozi  bashinzwe  gutegura  amarushanwa  mu makipe.

–        Kunoza  no  kwihutisha  uburyo  bwo  gutanga  ibyangombwa (licences) na transfert by’abakinnyi

–        Kwihutisha       itangwa       ry’ibyangombwa  by’abitabira amarushanwa  ya  FERWAFA  hifashishijwe  ikoranabuhanga (logiciel y’imicungire ya championnat).

–        Gukurikirana     imigendekere     y’amarushanwa     ategurwa na   Ferwafa   ku   buryo   bwa   hafi   hagamijwe   gukumira amakimbirane n’impaka bikunze kugaragara ku bibuga.

–        Gushyiraho         uburyo         bw’amarushanwa         y’ibyiciro bitandukanye ku batarabigize umwuga

–        Gutegura     andi     marushanwa     y’inyongera     kugirango hamenyekane izindi mpano mu gihugu

–        Gutangiza   igiciro   cya   3   no   gukurikirana   amarushanwa ategurwa n’izindi nzego .

2.      GUTEGURA AMARUSHWANWA

GASANA Richard Komiseri ushinzwe Amarushanwa

–              Gutegura  neza  no  kubahiriza  ingengabihe  y’amarushanwa y’imbere mu gihugu hitawe ku ngengabihe za CECAFA, CAF na FIFA.

–        Kumanura amarushanwa ku rwego rw’Intara mu bakiri bato.

–        Guhugura  abakozi  bashinzwe  gutegura  amarushanwa  mu makipe.

–        Kunoza  no  kwihutisha  uburyo  bwo  gutanga  ibyangombwa (licences) na transfert by’abakinnyi

–        Kwihutisha       itangwa       ry’ibyangombwa       by’abitabira amarushanwa  ya  FERWAFA  hifashishijwe  ikoranabuhanga (logiciel y’imicungire ya championnat).

–        Gukurikirana     imigendekere     y’amarushanwa     ategurwa na   Ferwafa   ku   buryo   bwa   hafi   hagamijwe   gukumira amakimbirane n’impaka bikunze kugaragara ku bibuga.

–        Gushyiraho         uburyo         bw’amarushanwa         y’ibyiciro bitandukanye ku batarabigize umwuga

–        Gutegura     andi     marushanwa     y’inyongera     kugirango hamenyekane izindi mpano mu gihugu

–        Gutangiza   igiciro   cya   3   no   gukurikirana   amarushanwa ategurwa n’izindi nzego .

3.      TEKINIKI N’ITERAMBERE RY’UMUPIRA W’AMAGURU

NKUSI Edmond Marie, Komiseri ushinzwe Tekiniki n’Iterambere ry’umupira

–              Gutegura no gushyira mu bikorwa gahunda y’igihe kirambye y’iterambere ry’umupira w’amaguru.

–              Gutegura  amarushanwa  ngarukamwaka  mu  byiciro  byose u-13, 15, 17, 20 & 23 mu bagore no mu bagabo;

–              Gushyigikira,  guhugura  no  guteza  imbere  amarerero  no kunoza imikorere yayo.

–              Kongerera    ubumenyi    n’ubushobozi    abatoza,    abasifuzi n’abaganga    b’amakipe    y’abana    n’abakuru    no    kongera umubare wabo mu byiciro bitandukanye.

–              Abatoza     ku     buryo     bw’umwihariko     bazashishikarizwa gutanga  umusanzu  wabo  kugirango  urwego  rw’umupira abanyarwanda  bifuza  kubona  mu  kibuga  rugerweho  kuko aribo barimu.

–              Gutegura ibikorwa ngarukamwaka bya Grassroots bikundisha umupira abana bakiri bato .

4.            UBUKUNGU      NO      KONGERERA      ABANYAMURYANGO UBUSHOBOZI:

 HABIYAKARE Chantal,  Komiseri ushinzwe Imari

–              Kunoza      imicungire      y’      umutungo           hakoreshejwe ikoranabuhanga rigezweho

–              Kubyaza  umusaruro  ibikorwa  remezo  by’urugaga  (Ibibuga, Hotel izuzuzwa muri iyi myaka ine iri imbere)

–        Kumurikira   abanyamuryango   imikoreshereze   y’umutungo

 –        Kongerera    abanyamuryango    ubushobozi    binyuze    mu mahugurwa   y’icungamutungo   n’ayo   gukorwa   inyandiko ngenderwaho zibafashishwa mu gushaka abaterankunga.

5.      ITERAMBERE RY’UMUPIRA W’ABAGORE:

TUMUTONESHE Diane Komiseri ushinzwe Iterambere ry’umupira w’abagore

–        Ubukangurambaga mu gushishikariza ababyeyi gukundisha abana b’abakobwa umupira w’amaguru

–        Kuzamura urwego rw’umupira w’abagore tuwutegura kuba uwabawugize umwuga

–        Gushakikira umupira w’amaguru w’abagore abaterankunga

–        Kongera   umubare   w’abatoza   n’abasifuzi   b’abagore   no kongerera ubushobozi abahari

6.            GUSHAKA     ABATERANKUNGA     NO     KUMENYEKANISHA IBIKORWA (MARKETING & SPONSORSHIP).

Arthur CYAMWESHI, Komiseri ushinzwe Imenyekanishabikorwa:

–        Gushyiraho ingamba n’amabwiriza y’imenyekanishabikorwa ry’umupira w’amaguru .

–        Gushaka   abaterankunga   b’icyiciro   cya   mbere   n’amakipe y’igihugu

–        Gushaka abaterankunga b’amakipe y’abagore n’icyiciro cya 2 cy’abagabo hifashishijwe gahunda za Leta zihari n’abandi bafatanyabikorwa;

 –             Kwegera  no  kuganira  n’abashoramari  mu  kumenyekanisha ibyo bakora binyuze mu mupira w’amaguru.

–        Kunoza uburyo bw’imyishyurize bwa e-ticketing ku bibuga

–        Kunoza  uburyo  bwo  guhererekanya  amakuru  hifashishijwe itumanaho  rigezweho  (Website  ikavururwa  kandi  igakora, twitter, facebook, youtube…)

7.      GUTEZA IMBERE UBUVUZI

Lt. Col Dr GATSINZI Herbert,  Komiseri ushinzwe Ubuvuzi

–              Guhangana  nikibazo  cy’ibyorezo  nka  Covid-19:  Guteganya uburyo   Amarushanwa   y’umupira   yazajya   akomeza   no mugihe cy’ibyorezo.

–              Guhagurukira    kurwanya    ibiyobyabwenge    mu    mukino w’umupira wamaguru mugihugu hose.

–     kongerera ubushobozi Rehabilitation centre ya FERWAFA

–     Gushyiraho uburyo bugabanya imvune mubakinnyi zikomoka ku myityozo, n’amahugurwa ku mirire iboneye ku bakinnyi .

–     Gushyiraho       no       gukurikirana       imikorere       y’ivuriro ry’icyitegererezo ryita ku buzima bw’abakinnyi ku bufatanye na CAF n’ibitaro binyuranye.

8.      GUTEZA IMBERE IMISIFURIRE Y’UMUPIRA W’AMAGURU

–              Gutegura    no    kongera    amahugurwa    ku    basifuzi    ,aba komiseri,abarimu (instructors)no kubashakira ibikoresho .

–              Gushyiraho    uburyo    bunoze    bw’isuzumabushobozi    ku basifuzi bubafasha kuzamura u rwego rwabo no kuzamura mu ntera .

–     Gushakisha amikoro hagamijwe kuzamura uduhimbazamutsi

You may also like

Leave a Comment