Rwanda yashyize haze raporo ihamya uruhare rw’u Bufaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi

admin
7 Min Read

Leta y’uRwanda yashyize hanze raporo ihamya uBufaransa uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Iyo raporo yerekana ko uBufaransa bwari buzi neza uko umugambi wo kubarimbura Abatutsi wari umeze igihe wategurwa.

Iyi raporo yamuritswe kuri uyu wa 19 Mata 2021, nyuma yo gusobanurirwa Guverinoma y’u Rwanda. Yakozwe n’Ikigo cy’Abanyamerika gitanga ubufasha mu by’Abanyamategeko, Levy Firestone Muse.

Umunyamategeko Bob Muse uri mu bayikoze ni we wayisobanuriye Guverinoma y’u Rwanda mu Nama y’Abaminisitiri idasanzwe yateraniye muri Village Urugwiro.

Iyi raporo ifite amapaji agera kuri 600 yiswe “A Foreseeable Genocide: The Role of the French Government in Connection with the Genocide against the Tutsi”, bishatse kuvuga “Jenoside yatutumbaga: Uruhare rwa Guverinoma y’u Bufaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi’’.

Yibanze ku ruhare rw’u Bufaransa mbere ya Jenoside, igihe yakorwaga na nyuma yayo kugeza uyu munsi.

Iyi raporo ivuga ko “ntacyo u Bufaransa bwakoze ngo buhagarike’’ Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse ko mu myaka yakurikiyeho bwakomeje guhishira uruhare rwabwo no gucumbikira abagize uruhare muri Jenoside.

Yerekana ko mu myaka yagejeje kuri Jenoside, uwari Perezida w’u Bufaransa, François Mitterrand n’ubutegetsi bwe bari bazi neza imyiteguro yakorwaga ya Jenoside ariko bakomeza gufasha Leta ya Juvénal Habyarimana.

Abanditsi bayo bavuga ko “Guverinoma y’u Bufaransa yari izi neza iby’umugambi wategurwaga.’’

Raporo y’u Rwanda yagiye hanze nyuma y’iminsi 25 u Bufaransa na bwo bushyize hanze raporo yabwo yakozwe n’abanyamateka n’abashakashatsi 13 b’Abafaransa.

Iyo raporo yitiriwe Duclert yagaragaje ko u Bufaransa bwagize “Uruhare rukomeye kandi ntagereranywa” mu mateka ashaririye u Rwanda rwanyuzemo hagati ya 1990-1994.

Umunyamateka Vincent Duclert wayoboye Komisiyo yakoze raporo, yashyizweho na Perezida Emmanuel Macron ku wa 9 Mata 2021 ni bwo yayishyikirije Umukuru w’Igihugu Paul Kagame.

Iyi raporo yiswe “France, Rwanda and the Genocide against the Tutsi”, Kagame yashyikirijwe na Vincent Duclert, impuguke mu mateka yari iyoboye komisiyo y’abantu 13 bakoze iyo raporo, bashyizweho na Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron mu 2019.

Igaragaza ko u Bufaransa bwari bufite amakuru ko Jenoside yakorewe Abatutsi yari irimo gutegurwa, ariko ikarenga igashyigikira “buhumyi” Leta y’u Rwanda icyo gihe.

- Raporo nshya, icyizere ku mubano mwiza w’ibihugu byombi

Raporo z’ibihugu byombi zifite ingingo nyinshi zihuriyeho ndetse zishimangira intambwe nshya ku mubano w’u Rwanda n’u Bufaransa.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Dr Vincent Biruta, yabwiye AP ko u Rwanda rwiteguye kwinjira mu mubano mushya n’u Bufaransa.

Yagize ati “Ikintu cy’ingenzi muri uru rugendo, ni uko komisiyo zombi zasesenguye ibihamya bishingiye ku mateka, inyandiko zo mu bubiko zashyizwe ku karubanda zigira imyumvire imwe zihurizaho.’’

Yakomeje ati “Aho ngaho dushobora kuhubakira umubano uhamye.’’

Raporo y’u Rwanda yakozwe na Levy Firestone Muse, ifatanyije n’ibigo byo mu Rwanda birimo MRB ATTORNEYS (MRB), Trust Law Chambers na Certa Law.

Yatangiye gukorwa mu 2017, yifashishije inyandiko zirimo izakuwe muri Guverinoma, ibigo by’abikorera, abarimu ba kaminuza, ibyegeranyo, amashusho ndetse n’inkuru. Abayikoze bakoresheje ibiganiro abatangabuhamya barenga 250 barimo abakada ba FPR Inkotanyi, abahoze muri FDLR, abayobozi bakuru, abakoraga muri Loni n’abandi.

Mu ikorwa ryayo hifashishijwe bimwe mu nyandiko zikubiye muri Raporo Mucyo yamuritswe mu 2008, yagarutse ku ruhare rw’u Bufaransa mu bya Gisirikare mu gihe inshya yarebye cyane no ku bijyanye na Politiki yakoreshejwe.

Raporo y’u Rwanda yibanze ku bihe bitandukanye kuva mbere ya Jenoside, mu gihe yakorwaga ndetse na nyuma yayo.

Ishinja u Bufaransa ko “Mbere ya Jenoside, abayobozi b’Abafaransa batoje, bagira inama, baha ibikoresho, banarinda Guverinoma y’u Rwanda yari iyobowe na Habyarimana yari ifite gahunda yo kwambura ubumuntu, kwangiza no kwica Abatutsi mu Rwanda.’’

Ni ibikorwa yerekana ko bishingiye ku nyungu za politiki u Bufaransa bwashakaga kugira mu Karere no muri Afurika muri rusange.

Raporo ivuga ko hagati ya Mata na Gicurasi 1994 ubwo Jenoside yakoranwaga ubukana cyane abayobozi b’Abafaransa “ntacyo bakoze ngo bahagarike’’ ubwicanyi.

Iyi raporo kandi yerekanye ko Opération Turquoise, yoherejwemo ingabo z’Abafaransa yari igamije gutabara Abatutsi bicwaga.

Abanditsi bayo bavuga ko ‘nta gihamya babonye ko abayobozi b’Abafaransa bagize uruhare mu kwica Abatutsi muri kiriya gihe.’’

Iyi raporo y’u Rwanda kandi inakomoza ku ruhare rw’u Bufaransa nyuma ya Jenoside aho mu myaka 27 ishize “bwakomeje guhisha uruhare rwabwo no gukingira ikibaba’’ abakoze Jenoside.

Ivuga ko abayobozi b’Abafaransa bagenze biguru ntege mu kugeza mu butabera abakekwaho uruhare muri Jenoside. Kugeza ubu abantu batatu ni bo baburanishijwe ku cyaha cya Jenoside.

U Bufaransa kandi bunanengwa ko butigeze bushyira ahagaragara inyandiko kuri Jenoside. Raporo ivuga ko ubusabe u Rwanda rwohereje mu 2019, 2020 no mu 2021, Guverinoma y’u Bufaransa yabwirengagije.

Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, ku wa 7 Mata ubwo hatangizwaga Icyunamo cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, yategetse ko inyandiko za Perezidansi na Minisitiri w’Intebe zo hagati ya 1990 na 1994 zifungurirwa abantu bose.

Iyi raporo ntivuga ku bantu ku giti cyabo ahubwo igaruka ku ruhare rw’u Bufaransa na politiki yabwo muri rusange. Yashyizwe hanze nyuma y’imyaka itatu, yibanze ku ngingo 10 zirimo ubufasha Leta y’u Bufaransa yahaga Habyarimana, ubufasha bwayo ku gisirikare mu guca intege FPR Inkotanyi mu rugamba rwo kubohora igihugu, ukwirengagiza umugambi wategurwaga wo kurimbura Abatutsi n’uruhare rwabwo mu gukingira ikibaba abagize uruhare muri Jenoside.

Nyuma yo gutangazwa kw’izi raporo biteganyijwe ko Perezida Kagame azagirira urugendo mu Bufaransa hagati ya tariki ya 18 na 19 Gicurasi, aho azitabira Inama yiga ku Bukungu mu Bihugu bya Afurika yo Munsi y’Ubutayu bwa Sahara. Nyuma y’uru rugendo kandi mugenzi we w’u Bufaransa, Emmanuel Macron azasura u Rwanda.


Kwamamaza
Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *