Ubuzima: Dr Sugira leonce aratanga inama zingenzi kuri covid 19

admin
1 Min Read

Dr Sugira Leonce ni umwe mu baganga bakurikirana abarwayi ba covid 19, akaba atanga inama zagufasha gukomeza guhangana no gukumira icyorezo cya coronavirus.

Dr Sugira agira ati’’ gukingirwa covid 19 ntibikuraho ingamba zose zisanzwe zo kwirinda icyorezo cya covid 19, atangazako dukwiriye gukomeza kwambara neza agapfukamunwa,twirinde kujya ahateraniye abantu benshi kandi hafunganye,dukomeze gukaraba intoki neza ndetse twibuke guhana intera.

Kuri Dr Sugira Leonce yemeza ko nubwo nawe yakingiwe ariko ingamba zose zigomba gukomeza gukurikizwa, aboneraho kwibutsa abanyarwanda ko niba uri mu byiciro byugarijwe kurusha abandi ukwiriye kwihutira gufata urukingo.

Dr Sugira kandi arashishikariza abanyarwanda bafashe urukingo rwa mbere ko bakwiriye kwihutira gufata urukingo rwa kabiri kugirango bagire ubwirinzi bwuzuye, akaba aboneraho gushishikariza abanyarwanda gukomeza kwitwararika.

KURIKIRA UBUTUMWA BWA DR SUGIRA Leonce HANO

https://twitter.com/i/status/1379087313481965568
Dr Sugira Leonce aributsa abanyarwanda ko kuba warakingiwe bitavuze guhagarika izindi ngamba zo gukumira coronavirus
Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *