Home POLITIKEPerezida Magufuli yanenze demokarasi atsindiye indi manda

Perezida Magufuli yanenze demokarasi atsindiye indi manda

by admin
0 comments

Perezida wa Tanzania, John Pombe Magufuli yatangaje ko demokarasi no kwishyira ukizana bigira aho bigarukira, nyuma yo gutsinda amatora ya Perezida abatavuga rumwe na we bakamushinja uburiganya.

Magufuli niwe watsinze amatora yo kuwa 28 Ukuboza, atorwa ku majwi 84 %, gusa abatavuga rumwe na we bavuze ko habayemo amanyanga.

Mbere y’uko ayo matora aba, abatavuga rumwe na Leta barimo n’uwo bari bahanganye Tundu Lissu batawe muri yombi.

Lissu nyuma y’amatora yahungiye muri ambasade y’Abadage kugeza ubwo kuri uyu wa Gatatu yahungiye mu Bubiligi. Ni nyuma y’uko ahizwe n’inzego z’umutekano kubera imyigaragambyo yateguraga.

Ubwo yarahizaga abadepite bashya kuri uyu wa Gatanu, Perezida Magufuli yavuze demokarasi igira aho igarukira.

Ati “Intego y’ubwisanzure na demokarasi ni ukuzana iterambere, ntabwo ari ukuzana akavuyo. Ibyo by’uburenganzira bwo kwisanzura na demokarasi bijyana n’inshingano kandi nazo zifite aho zigarukira. Ndakeka ko mubyumva neza.”

Magufuli yavuze ko muri manda ye ya kabiri ashyize imbere iterambere ry’ubukungu no kubaka ibikorwa remezo.

Ishyaka rya Magufuli CCM niryo rifite ubwiganze mu Nteko kuko ryabonye amajwi 97 % mu nteko y’abadepite 264.

You may also like

Leave a Comment