Ni ibitangazwa na Bwana Theoneste Ntagengerwa Umuvugizi w’Urugaga rw’abikorera mu Rwanda PSF, uvuga ko Imurikagurisha mpuzamahanga riri kubera I Gikondo ku nshuro ya 25, uyu mwaka wa 2022, rifite akarusho, udushya n’umwihariko mwinshi, hagereranyijwe no mu myaka ibiri ishize ubwo icyorezo cya Covid 19 cyabangamiraga ibikorwa byinshi bigamije iterambere.
Bwana Theoneste Ntagengerwa avuga ko ibigendanye n’imurikagurisha ry’uyu mwaka wa 2022 ryateguwe neza uko bisanzwe, ku buryo abazitabira kumurika ibikorwa byabo n’abazarisura bagamije kwihahira no kwihera ijisho bazanyurwa nta ka buza.
Agira ati “ bitandukanye cyane no mu myaka ibiri ishize, ubwo igihugu n’amahanga muri rusange bari bahanganye mu buryo butoroshye n’icyorezo cya Covid 19.
Uyu mwaka abazitabira kumurika, berekanye ubushake bwo kuzanamo udushya tugamije kunezereza abanyarwanda. Mu byo twizera ko bizabashimisha cyane nk’urubyiruko ni imiziki n’indirimbo z’abahanzi batandukanye.
Hari kandi ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye bikorerwa mu Rwanda no mu mahanga, Abanyamahanga bazamurika ibyabo kandi baturutse ku migabane yose y’isi, kuba amasaha yo gufunga no gusohoka muri Expo yarongerewe, ibikinisho n’imikino y’abana n’ibindi byinshi bizanyura abazitabira Expo bose.
Ikindi avuga ni uburyo kwinjira muri Expo bizakomeza gukorwa mu buryo bw’ikoranabuhanga. Abinjira bakaba bakoresha uburyo bwa Telefoni kuri Airtel Money na MTN Mobile Money hagamijwe kudafata amafaranga mu ntoki.
Avuga ko umutekano w’abazitabira imurikagurisha n’ibyabo, n’abashyitsi uzaba ucunzwe neza n’inzego zibishinzwe uko bisanzwe ndetse buri wese akazanyurwa n’ibizamukorerwa byose.
Bamwe mu bitabiye imurikagurisha ku nshuro yya 25 baganiriye n’ikinyamakuru Igisabo, bavuga ko bashimishijwe cyane no kongera kuryitabira bisanzuye nk’uko byahoze mbere ya Covid 19, bityo bagahamya badashidikanya ko baritezeho kuzabona umusaruro mwinshi mu byo barizanyemo.
Bwana Kayiranga Valens ayoboye Uruganda IKOSORA Company Ltd, rukora inzoga ya Made in Rwanda IKOSORA ikunzwe n’abanyarwanda bo mu ngeri zitandukanye no mu mahanga, bitewe ahanini n’uburyohe, isuku n’ibiyigize byose nk’uko abisobanura.
Agira ati “turishimye cyane. Twazaniye abanyarwanda ikinyobwa cyabo ikosora hano muri EXPO, kugira ngo bakibonere hafi kandi bitabagoye.
Ni ikinyobwa kigizwe n’ibimera biboneka mu gihugu cyacu cy’u Rwanda, kikaba giteguranywe ubuhanga, kikagira uburyohe bw’umwimerere utasangana ibindi biyobwa by’umwihariko uburyo gipfunyitse bituma nyiri ukukigura ashira inyota atarasomaho.
Turasaba abantu bose rero bazitabira iri murikagurisha ririkubera I Gikondo, kutazacikwa n’ikinyobwa cy’IKOSORA ngo hagire uwataha atagitagihashye ngo ajye gusangira n’umuryango, inshuti n’abavandimwe.
Bwana Valens Kayiranga avuga ko ubusanzwe bakira buri munsi abakiliya bagana uruganda rwabo ruhereye mu Karereka Gasabo ari benshi, ari abaje kurangura n’abashaka kwinywera mu buryo bworoheje.
Ikindi yishimira, ni uburyo abanyamahanga nabo n’abanyamahanga bamaze kumenya ibanga ry’ikinyobwa Ikosora, bityo agahamya adashidikanya ko abitabiriye imurika gurisha bo mu mahanga bazarangura ibinyobwa by’ikosora byinshi bagashyira inshuti basize iwabo.
Abandi bitabiriye imurikagurishwa rya 25 ni Uruganda rwa Bralirwa Ltd, rukora ibinyobwa by’amaoko atandukanye. Umwe mu bayobozi barwo uri mubashinzwe ibikorwa byarwo muri Expo, avuga ko muri Bralirwa bazanyemo ibinyoba bihagije kugira ngo hatazagira utahana icyaka kandi yaje aho Bralirwa iri gukorera.
Avuga ko mu dushya bazaniye abantu, harimo n’udukino n’amarushanwa atandukanye bazajya bakoresha buri munsi, abatsinze muri bo bagahembwa ibinyobwa n’ibikoresho bitandukanye bya Bralirwa.
Umwe mu bafatanyabikorwa ba Bralirwa uzwi nka Metre Fred, uri gucuruza by’umwihariko ikinyobwa Heineken umenyerewe mu bikorwa by’Amahotel na Restaurants, kubera ubunararibonye n’ubuhanga abifitemo, avuga ko biteguye kwakira neza abazagana Expo bose by’umwihariko Stand ya Bralirwa ari naho ari gukorera, bakazagenda ngo banyuzwe na Service nziza zihatangirwa.
Avuga ko ahamagarira abantu bose barikwitabira Expo 2022, ko bagomba kuza kureba ibyiza babateguriye birimo ibinyobwa nibiribwa biteguranye ubuhanga, bakazagenda banyuzwe neza uko babyifuza, bakaba bagomba kubakira neza mu gihe cyose Expo igomba kumara.
Sina Gerard Nyirangarama Rwiyemezamirimo w’ibihe byose, nawe nk’uko bisanzwe ibikorwa bye bikunzwe n’abanyarwanda n’abanyamahanga mu ngeri zose, birikugaragara ari byinshi mu imurikagurisha mpuzamahanga riri kubera i Gikondo.
Umwe mu bakozi ba Sina Gerard/ Ese Urwibutso Nyirangarama, avuga ko bazaniye udushya twinshi abitabiriye Imurikagurisha nk’uko bisanzwe hiyongereyeho ibyo basanzwe babazanira kenshi, birimo Agashya, Akarusho, Akandi, Akiwacu, Akeza n’ibindi byinshi bazibonera bahageze.
Mu bindi bigo byitabiriye imurikagurisha harimo ikigo cy’itumanaho cya Airtel. Uretse kuba bazafasha PSF mu buryo bwo kwinjiza abantu hakoreshejwe ikoranabuhanga, bazaniye abantu byinshi bigendanye n’ikoranabuhanga birimo kubitsa, kubikuza, kwishyura, kugura ama unites hakoreshejwe uburyo bwa Airtel Monney n’ibindi.
Hari kandi ibindi bigo bikomeye nka AMEKI Color, AMACO Paints n’ibindi.
Imurika mpuzamahamga ribera i Gikondo buri mwaka, ritegurwa n’Urugaga rw’abikorera mu Rwanda PSF, ku bufatanye na Ministeri y’Ubucuruzi n’Inganda.
uyu mwaka bikaba bihuriranye n’Isabukuru y’Imyaka 25 ishize imurikagurisha ritangijwe muri rusange.










