Kwibuka 28: Abatutsi bo mu Murenge wa Nyarugunga bishwe mu gihe gito n’abari abaturanyi babo n’Inzirabwoba zo mu Kigo cya Kanombe

admin
9 Min Read

Abatutsi barokotse Jenoside bo mu Murenge wa Nyarugunga,  bavuga ko batabura gushimira ibihuru n’amasaka byahishe bake  barokotse, nyuma yo guhigwa bukware n’abaturanyi babo, babaga bashoreranye n’Inzirabwoba zo mu kigo cya Kanombe, bagambiriye ko nta mututsi ugomba gusigara muri ako gace atishwe.

Ibi n’ibyagarutsweho mu biganiro n’ubuhamya butandukanye bw’abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 bo mu Murenge wa Nyarugunga mu muhango wo kwibuka wabereye ku biro by’umurenge kuwa 10 Mata 2022.

Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo muri uyu murenge, bifatira cyane mu gahanga,  abahoze ari Abasirikari bo Kigo cya gisirikari cya Kanombe bari barise Camp Coloneri Mayuya, bafatanyije n’abaturage bo mu bwoko bw’Abahutu, uburyo bahurije  hamwe umugambi mubisha wo gutsemba ikitwa Umututsi wese wo muri ako gace,  bagambiriye ko hatagira urokoka n’uwabacika n’umwe ngo azasigare byibura ari uwo  kubara inkuru. 

Mujawiyera Aimée ni umwe mu baharokokeye bigoranye, amaze kwicirwa ababyeyi bose n’abo mu miryango yakomokagamo.

Avuga ko akiri umwana yiganaga n’abana ba Koloneri Bagosora wateguye akanashyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse n’abandi bana barerwaga na Perezida Habyarimana.

Akomeza avuga ko abo bana bose, barangwaga n’ubugome bwo kwanga no gutoteza bagenzi babo b’abatutsi biganaga, nyuma y’uko n’abarimu babo babavanguraga buri gihe, Abahutu  bagashyirwa ukwabo n’abatutsi bikagenda gutyo.

Agira ati “Ntibyari bitworoheye, akenshi iyo twabaga turi mu ishuri, hari ubwo abana babo bategetsi  twiganaga,  bavugaga ko abatutsi bari kubanukira amata, amaganga n’amase, bakavuga ko badashaka kwicarana natwe.  

Mu 1990 ubwo hatangiraga Urugamba rwo kubohora u Rwanda,  iyo indege zazanaga imirambo yabaguye ku rugamba, abana b’abatutsi baradusohoraga bakadukubita ngo turi Inyenzi kandi ngo nitwe turi no kubicira abasirikari., ibyo bakabiduhora turi abana tutazi n’ibyo aribyo na gato.”

Mujawiyera akomeza avuga kandi ko  hari ubwo babasabaga no gushyira intoki zabo eshatu mu mwenge w’izuru rimwe, babigerageza bikanga   maze bagakubitwa.

Kubera iryo totezwa rya hato na hato bakorewaga, avuga ko ababeshya ko Jenoside yatewe n’ihanuka ry’Indege y’uwari Perezida Habyarimana, ari ukubura icyo bavuga,  kubera ko  ubwo bugome bwose ngo babukorerwaga itarahanuka.

Akomeza avuga ko ku itariki ya 07 Mata, Abatutsi bo muri Nyarugunga bahise batangira kwicwa,  bikozwe n’abo bibeshyaga ko ari abaturanyi babo b’abahutu. Mu kuza kwica bakaba barabaga bashoreranye n’Inzirabwoba zo mu Kigo cya Kanombe, ku buryo ku itariki ya 10 Mata abatutsi hafi ya bose bari bamaze gushiraho,  harimo  ababyeyi be  n’abo mu miryango yose  akomokamo.

Ashimira cyane ibihuru n’imibyuko y’amasaka  byabahishe. Akavuga ko  byabarutiye kure imbaga nyamwinshi y’abaturanyi bari babuzemo n’umwe wabahisha, bigatuma bashirira ku icumu ry’abagome. 

Umuyobozi wa Ibuka mu Murenge wa Nyarugunga, Mutabazi Martin yavuze ko Koroneri Bagosora wabaye Ruharwa muri Jenoside, dore ko ariwe wayitangije muri Mata 1994, kubera amagambo yari yitangarije ubwe, igihe yari avuye mu mishyikirano ya  Arusha, yigamba ko agiye gutegura Imperuka.

Mutabazi agaya cyane abaturage bari batuye muri Nyarugunga icyo gihe, baje guhinduka Interahamwe n’Impuzamugambi  babifashijwemo n’abari abasirikari, uburyo bagaragaje Ubunyamaswa bukabije bwo guhiga bagenzi babo b’Abatutsi, bagambiriye kubatsemba ngo bashireho burundu kandi ari nta cyo babashinja.

Akomeza avuga ko ku giti cye atiyumvisha na gato, uburyo abatutsi basaga 800 bo muri Nyarugunga bishwe, kandi mu gihe gito gishoboka, bakaba barabuze gitabara.

Yibaza impamvu Abatutsi bishwe nabi, kandi hari Abayobozi mu nzego zitandukanye, aho kubatabara bagashishikariza abicanyi kumaraho abo baziranenge batagira icyaha ngo ni uko ari Abatutsi gusa.

Kimwe n’abandi bose batanze ibiganiro, Mutabazi ashima cyane Ingabo zari iza RPF Inkotanyi, uruhare rugaragara zagize rwo guhagarika Jenoside yabakorerwaga,  by’Umwihariko muri Nyarugunga bakaba baricwaga n’abaturage babitojwe n’abasirikari. Bityo  iyo Inkotanyi zitahagera vuba, nta nuwo kubara inkuru wari kuharokokera.

Mutabazi yamagana cyane abantu bose bagihembera urwango n’amacakubiri n’abakirangwaho ingengabitekerezo ya Jenoside baba abo mu gihugu no hanze yacyo.

Avuga ko abo bose  bagombye kumenya ko u Rwanda, ari igihugu kugeza ubu kirangwa n’Ubutabera buhamye, bityo ko ntawe uzihanganira abashobora gusubiza inyuma ibyiza bimaze kugerwaho.

Agahamya ko nta kabuza, abantu nkabo bagomba kujya  babiryozwa kugira ngo bigizweyo hakiri kare, hagamijwe  kutayobya urubyiruko  rutigeze rumenya ibibi byakozwe n’ababyeyi babo. Mu gihe nyamara abo bana  baba banyotewe no gukomeza kwinjira mu Iterambere ry’igihugu cyabo kizira amacakubiri.

Murenzi Abdallah wahoze ari Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo, avuga ko abateguye bakanashyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi,  babuze urukundo n’Ubumuntu kandi ibyo byombi iyo umuntu atabifite nta kindi kiza wamutegerezaho, uretse ibikorwa bibi  bihungabanya bikanabangamira Uburenganzira bwa Muntu.

Akomeza avuga ko kuba Abatutsi barenga Miliyoni barishwe, bakicwa na bagenzi babo, bahagarikiwe n’Ubuyobozi n’Abasirikari n’izindi nzego z’umutekano, ari ikimenyetso cy’Ubugwari no kudaha ikiremwamuntu byaranzwe n’ingoma mbi zayoboye igihugu kuva muri Repubulika ya Mbere n’iya kabiri ya Habyarimana, yaje no gusoza umugambi mubisha wo kumaraho abatutsi mu 1994.

Asaba abanyarwanda bose, by’umwihariko abarokotse jenoside gukomeza guharanira kubaho, na Leta y’Ubumwe intego yayo ni ugushyigikira umuturage, acungirwa umutekano, afashwa kwiteza imbere no kugira ubuzima bwiza muri rusange. 

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyarugunga Madamu Uwamahoro Genevieve,  avuga ko mu by’ukuri,  kuva muri 1990 bitari byoroheye Abatutsi  bo mu gice cya Nyarugunga kubera gutotezwa bya hato na hato no guhozwa ku nkeke,  byakorwaga n’Interahamwe zari zihiganje ndetse n’Abasirikari bo mu kigo cya Camp Koloneri Mayuya barangwaga n’ubugome bwo guhohotera abaturage aho kubarinda.

Agira ati “Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994,  byagaragaye ko yakoranwe ubugome bw’indengakamere, kubera ko abayikoraga batagiriraga impuhwe n’abasaza, abakecuru ndetse n’ibitambambuga.

Mu by’ukuri abicanyi, umugambi wabo  kwari ukurimbura Umututsi kugeza ko bamuzimanganyije burundu. 

Cyakora turashima ko tukiriho, ntabwo twashize nkuko babyifuzaga. Dukomeze  duharanire rero kurwanya ikibi. Igihugu cyacu cy’u Rwanda kiyobowe neza, Ubumwe bwacu nibwo buturanga kandi tubukomeyeho ntawuzabuhungabanya, Jenoside ntizongera ukundi.”

Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Kicukiro Rukebanuka Adalbert, yavuze ko Abanyarwanda bagomba gukomera gitwari,  kubera ko n’ubwo Jenoside yabaye mu Rwanda,  igakorwa n’Abanyarwanda bayikoreye abandi Banyarwanda,  idateze   kuzongera ukundi kubaho  mu Rwanda.

 Yungamo avuga ko kuba hari abatutsi bake babashije kurokoka muri Nyarugunga, byavuye kuri Nyagasani wenyine, bitewe n’uko  kari agace k’Igicumbi abateguye Jenoside bari batuyemo, nka Perezida Habyarimana, n’abambari be bose  bari mu bateguye Jenoside bakanayishyira mu bikorwa.

Agira ati “ Jenoside ni icyaha kibasiye Inyoko muntu, ubusanzwe itegurwa n’Ubuyobozi bubi,  nk’ubwahozeho mu Rwanda muri Mata 1994.   Ni na yo mpamvu rero, abayikora  baba bagomba kuyihanirwa by’intangarugero kugira ngo bibere isomo rikomeye n’abandi bashobora kubitekereza uko ibihe bigenda bisimburana.” 

Aboneraho gufata mu mugongo abayirokotse bigoranye, bityo abizeza ko Akarere kazakomeza kubaba hafi nk’uko bisanzwe mu buzima bwa buri munsi, kugira ngo bakomeze bafashwe kwiyubaka no kwiteza imbere muri byose.

Umurenge wa Nyarugunga ni umwe mu mirenge 10 igize Akarere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali.

Ni Umurenge bivugwa ko woroheye cyane abakoze Jenoside kwica Abatutsi vuba,  kubera ko Interahamwe n’Impuzamugambi zari zaratojwe bihagije n’Abasirikari bo mu Kigo cya kanombe, ukaba ari n’Umurenge wari utuyemo abayobozi bakuru b’igihugu n’abasirikari bari mu bateguye Jenoside yakorewe Abatutsi bakanayishyira mu bikorwa.

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *