Urutonde rw’abantu bakomeye muri Afurika bapfuye uyu mwaka 2021

admin
2 Min Read

Mugihe umwaka 2021 ugana ku musozo, waranzwe n’ibintu bikomeye bitazibagirana mu mitwe ya benshi cyane cyane ku bantu babuze ababo babaye abayobozi mu nzego zitandukanye bari bakomeye muri Afurika.

Ni umwaka kandi wagiye usubika ibikorwa byinshi birimo imikino ya Olympic 2020 yagombaga kubera i Tokyo yasubitswe kubera icyorezo cya COVID-19.

Byumwihariko uyu ni umwaka utarahiriye umugabane wa Afurika, dore ko waranzwe n’impfu ku bayobozi bakomeye bo muri Afrika.

Hano hasi hari abayobozi bapfiriye muri Afrika n’impamvu y’urupfu rwabo:

1. John Pombe Joseph Magufuli

John Pombe Joseph Magufuli yari perezida wa Tanzania. Yapfuye ku ya 18 Werurwe 2021. Urupfu rwe rwashyizwe ahagaragara n’uwari visi perezida Samia Suluhu Hassan wabaye perezida kuri ubu. Yapfuye azize ikibazo cy’umutima.

2. Idriss Derby

Perezida wa Tchad umaze igihe kinini apfuye, yitabye Imana ku ya 20 Mata 2021. Yapfuye azize ibikomere yagize nyuma yo guhangana n’inyeshyamba mu majyaruguru y’igihugu cye.

3. Kenneth Kaunda

Kenneth witwa umubyeyi w’igihugu cya Zambia, yapfuye tariki 17 Kamena 2021. Yitabye Imana ku myaka 97 i Lusaka muri Zambia, aho byatangajwe ko urupfu rwe rwatewe n’umusonga.

4. Desmond Tutu

Desmond Mpilo Tutu yari umwepiskopi wo muri Afurika y’Epfo akaba n’umuhanga mu bya tewolojiya, yarazwiho kuba yarakoze akazi gakomeye ko kurwanya ivanguramoko no guharanira uburenganzira bwa muntu. Yapfuye ku cyumweru tariki ya 26 Ukuboza 2021. Yapfuye nyuma y’intambara myinshi arwaye kanseri ku myaka 90.

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *