Kicukiro : Afatanywe ibihumbi 70 ahita ayacagagura

admin
2 Min Read

Ahitwa kuri 15 mu Karere ka Kicukiro, muri iki gitondo hafatiwe umwana w’umukobwa uri mu kigero cy’imyaka 17 wari wibye nyirabuja ibihumbi 70 utuye ahitwa I Karembure, ahita acika amenye ko ashakishwa, arayacagagura yose ayagira ubushingwe.

Uyu mubyeyi utashatse ko amazina ye atangazwa avuga ko yasohotse gato mu gitondo umukozi we ahita yinyabya mu cyumba ajaganyura hose agwa ku gakapu yari arimo arayatwara asiga amufungiranye arigendera.

Agira ati “Nagarutse nsanga yankingiranye mpamagaye ndamubura nibwo bambwiye ko bamubonye arenga ahetse igikapu. Banyeretse ho yarengeye mfata umumotari turakirikira tumufatira hano kuri 15 ariko dusanga yayacagaguye yose.”

Abajijwe niba iwabo yari ahazi avuga ko atahazi ariko ko bari bamaranye amezi 3 gusa.

Twagerageje kubaza uwo mwana w’umukobwa icyabimuteye ariko kubera isoni ntiyabashije gusohora ijwi ngo avuge.

Benshi bari bashungereye bagaye uwo mwana w’umukobwa ukiri muto wakoze icyaha cyo kwiba akagerekaho no kwangiza ifaranga ry’igihugu.

Dutegura iyi nkuru ntitwabashije kuvugana n’Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu cy’Ubugenzacyaha (RIB) ngo adutangarize ibihano biteganyirizwa uwangiriza nkana amafaranga y’igihugu.

Ni kenshi hagiye hagaragara abakozi bo mu rugo biba abakoresha babo cyangwa bakarangwa n’imyitwarire idahwitse yo gutoteza abo barera no kubicisha inzara ariyo mpamvu abafata abakozi bagirwa inama yo kubakurikirana kenshi bakamenya ubunyangamugayo bwabo.

Mu byo bamufatanye harimo n’icupa rey’inzoga (KONYAGI)
Amafaranga yayacagaguye yose
Abashungera bari benshi
Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *