Ubukungu bw’umuherwe Mark Zuckerberg bwagabanyutseho miliyari esheshatu z’amadolari kubera amasaha atandatu imbuga nkoranyambaga ze, Facebook, WhatsApp na Instagram zamaze zidakora kuri uyu wa Mbere.
Byatumye agaciro k’imigabane ya Facebook kuri uyu wa Mbere kagabanyukaho 4,9 %, bikaba ari igabanyuka rya 15 % kuva rwagati muri Nzeri, nk’uko Bloomberg yabitangaje.
Guhera tariki 13 Nzeri, ikinyamakuru Wall Street Journal cyatangiye gutangaza inkuru zishingiye ku nyandiko z’imbere muri Facebook, zigaragaza ko icyo kigo icyo gishyira imbere ari inyungu zacyo kurusha umutekano w’abakoresha imbuga nkoranyambaga zacyo.
Ni inyandiko zagaragajwe n’umwe mu bahoze bakora muri icyo kigo. Izo nyandiko zivuga ko Facebook ititaye ku makuru y’uburyo Instagram igira ingaruka mbi ku myitwarire y’abangavu, ahubwo igakomeza kubikoresha yishakira abayikurikira benshi itiye ku bibazo bahura nabyo.
Kuvaho kw’imbuga nkoranyambaga za Zuckerberg byaje ari ikindi kibazo kuri uwo muherwe, usumbirijwe muri ibi bihe kubera inkuru mbi zivugwa mu kigo cye.
Ni ubwa mbere imbuga nkoranyambaga ze zari zivuye ku murongo icya rimwe amasaha menshi, ibintu byahombeje benshi bari barabigize ubuzima bwabo ariho bakura amaramuko.
Kuvaho kw’imbuga nkoranyambaga za Zuckerberg byamuhombeje miliyari 6 z’amadolari