Kigali: Abantu 925 baraye batawe muri yombi mu ijoro rimwe barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID 19

admin
2 Min Read

Police y’u Rwanda yerekanye abantu 925 bafatiwe mu mujyi wa Kigali gusa, barenze ku mabwiriza yo kwirinda icyorezo cya “corona virus” mu ijoro ryo kuwa 31/07/2020. Muri rusange mu gihugu hosen haraye hafashwe abantu 2046 barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID 19 muribo 925 bafatiwe muri Kigali.

Umuvugizi wa Police y’ U Rwanda CP J.B Kabera avuga ko hakigaragara abantu badatinya iki cyorezo. “Abatubahiriza amabwiriza turabazana ariko bwacya amasaha y’ingendo amaze gutangira tukabareka bakagenda, ariko bigaragara ko bamaze kubigira umuco…bigaragara rero ko hari abantu badatinya iki cyorezo, ndetse bashobora kukikururira, bakagikururira imiryango ndetse n’abanyarwanda. Ntabwo byemewe kubera ko urumva abantu 2000 bashobora gukururira igihugu ibibazo…

CP Kabera akomeza avuga ko abantu basa n’abamaze kwirara aho usanga iyo imibare yagabanutse basa nkaho ntacyo bitayeho nyamara yakwiyongera bakikanga. Aha niho ahera avuga ko ubu ingamba zahindutse. ” Ubu twatangaiye kubakurikirana uwo dufashe tuzajya tumwerekana kandi tumwandike, abajya ku mbuga nkoranyambaga ngo baraye babafashe ariko amasaha ageze ntibabarekura, turabamenyesha ko nta masaha yo kurekura abaho ahubwo habanza kurebwa icyo wafatiwe n’uburyo wisobanuye hagakorwa iperereza ngo harebwe niba utabeshye…”

Aboneraho gusaba abantu kwirinda iki cyorezo kandi bagene igihe bagomba gukorera akazi kabo ndetse n’igihe cyo kugera mu ngo zabo.

Mu mikoranire n’inzego zibanze zifite mu nshingano kureba iy’ubahirizwa ry’aya mabwiriza mu gihugu hose haraye hafashwe abantu 2049. abenshi muri bo bafatiwe mu mujyi wa Kigali dore ko bagera kuri 925.

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *