Urukiko rwashimangiye iminsi 30 yo gufungwa by’agateganyo kuri CSP Kayumba wayoboraga gereza ya Mageragere

admin
4 Min Read

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwatesheje agaciro ubujurire bwa CSP Kayumba Innocent na SP Ntakirutimana na Mutamaniwa Ephraim rugumishaho icyemezo cy’urw’ibanze rwategetse ko bafungwa iminsi 30 mu gihe hagikusanywa ibimenyetso ku byaha by’ubujura bashinjwa rigikomeje.

CSP Kayumba na SP Ntakirutimana Eric bakurikiranyweho impamvu nkomezacyaha ku cyaha cyo kwiba, kwinjira mu makuru abitse muri mudasobwa cyangwa urusobe rwazo no kwiyitirira umwirondoro bakoze ari abayobozi muri Gereza ya Nyarugenge iherereye i Mageragere.

Ni mu gihe kandi Mutamaniwa Ephraim wari ushinzwe iperereza (Intelligence officer) muri iyo Gereza akurikiranyweho impamvu nkomezacyaha ku cyaha cyo kwiba n‘icyo kwinjira mu makuru abitse muri mudasobwa cyangwa urusobe rwazo.

Kuwa 22 Gashyantare 2021, nibwo aba bose bari bakatiwe gufungwa iminsi 30 y’agateganyo n’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge, gusa bahise bajuririra iki cyemezo.

Ubwo hasomwaga imyanzuro y’iki gifungo, Urukiko rwavuze ko hari impamvu zikomeye zituma CSP Kayumba Innocent na SP Ntakirutimana Eric na Mutamaniwa Ephraim bakekwaho impamvu nkomezacyaha ku cyaha cyo kwiba, icyaha cyo kwinjira mu makuru abitse muri muri mudasobwa cyangwa urusobe rwazo n’icyaha cyo kwiyitirira umwirondoro bakurikiranyweho.

Urukiko rwavuze kandi ko hari impamvu zikomeye zituma Mutamaniwa Ephraim akekwaho impamvu nkomezacyaha ku cyaha cyo kwiba n’icyaha cyo kwinjira mu makuru abitse muri muri mudasobwa cyangwa urusobe rwazo akurikiranyweho.

Urukiko rwategetse ko CSP Kayumba, SP Ntakirutimana na Mutamaniwa bakurikiranwa bafunzwe by’agateganyo mu gihe cy’iminsi 30 [Ukwezi kumwe] muri Gereza yemewe.

Nyuma yo kujurira mu Rukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, kuri uyu wa Kane, narwo rwatesheje agaciro ubujurire bwabo, bityo rurekeraho iki cyemezo cy’uko bakomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo.

Bakurikiranyweho kwiba amafaranga y’imfungwa…

Muri Mutarama 2021, uwitwa Kassem Ayman Mohamed, ufite Ubwenegihugu bw’u Bwongereza wari ufungiye i Mageragere yahibiwe 9.144.300.000 Frw ahwanye n’amapawundi 7.679.911.

Bivugwa ko aya mafaranga yakuwe ku ikarita asanzwe akoresha agura ibintu bitandukanye birimo imiti ya Insulin injection n’ibyo kurya bitandukanye, yamara kubigura ikarita igasubizwa Bugingo Eugène ukora mu bijyanye n’imibereho myiza muri Gereza ya Nyarugenge.

Kassem iyo yongeraga gukenera gukoresha iyi karita yajyaga kuyifata agasubira guhaha kuko yajyagayo kabiri mu kwezi, akaba yaraherukaga kuyikoresha tariki 18 Kanama 2020, itangira kwibirwaho ayo mafaranga muri Nzeri 2020.

Bugingo abisabwe n’umuyobozi wa Gereza CSP Kayumba Innocent, ngo yakuye iyo karita aho yari ibitse ikaba yaraguriweho ibicuruzwa bitandutanye mu buryo bw’ikoranabuhanga ( online) nyirayo atabizi, hakoreshejwe telefoni ya Gashema Faustin ufungiye muri iyo Gereza akaba ari uburyo abaregwa bakoreshaga ngo bitagaragara ko aribo baguriyeho ibyo bintu bakoresha sim card z’abafungwa zabikwaga na Mutamaniwa Ephraim.

Umuyobozi wa Gereza CSP Kayumba yifashishije umufungwa witwa Amani Olivier uzwiho kugira ubumenyi mu bijyanye n’ikoranabuhanga (IT), amusaba ko yakura amafaranga kuri iyo karita ya Ayman Muhamed, na we amusubiza ko bitankunda uretse kuba gusa yayikoresha agura ibintu bitandukanye online.

Icyo gihe ngo nibwo yahise yinjira muri iyo konti ye, hakoreshejwe ikarita imaze kuvugwa kahaba haraguzwe telefone SAMSUNG S8 n’ibindi bintu bitandukanye bigizwe na biscuits, juices n’ibindi muri sosiyete yitwa ‘’VUBA VUBA, ibizana ku murenge wa Mageragere, byakirwa na secretaire witwa Uwamariya Marguerite, maze akabigeza kwa CSP Kayumba.

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *