Home AmakuruKigali-Kimironko: Ingamba zo guhangana n’icyorezo cya Covid19 zirimo na guma mu rugo mu mujyi wa Kigali zikomeje kubahirizwa

Kigali-Kimironko: Ingamba zo guhangana n’icyorezo cya Covid19 zirimo na guma mu rugo mu mujyi wa Kigali zikomeje kubahirizwa

by admin
0 comments

Kuri uyu wa 18/01/2021 nibwo inama y’abaminisitiri yangeye guterana mu buryo bw’ikorana buhanga iyoborwa na nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame,muri ino nama hakaba harafatiwemo imyanzuro itandukanye ariko uwa karundura ni ukugumisha abanyakigali mu rugo.

Ino mwanzuro usa n’utaratunguye benshi bitewe n’uburyo icyorezo cyari gikomeje kwiyongera mu mujyi wa Kigali,ibi kandi byaje bikurikira umwanzuro wo guhagarika amashuri yose yo muri Kigali,ibi bikaba byarasaga nk’integuza yuko abanyakigali bashobora gushyirwa muri gahunda ya guma mu rugo.

Kuri uyu wa Kabiri Ikinyamakuru igisabonews cyagerageje kugera mu Murenge wa Kimironko usanzwe ugira urujya n’uruza rw’abantu benshi bitewe n’ibikorwa bikorerwamo birimo gare abagenzi bategeramo imodoka,isoko rinini,ibigo by’imari n’ibindi,ubwo umunyamakuru w’igisabo yageraga muri uno murenge wabonaga urujya n’uruza rwagabanutse cyane abantu ari bacye mu muhanda  ndetse n’amazu akorerwamo ibikorwa byahagaritswe yose yari yafunze imiryango.

Uretse kandi ifunga ry’ibikorwa bitandukanye n’isoko rya Kimironko abacuruzi bari bacye cyane mu gihe abaguraga abantu aribo wabonaga ari benshi mu rwego rwo kwibikaho ibyo bazakomeza kurya muri kino gihe cya guma mu rugo muri Kigali.

Ahategerwa imodoka muri gare ya Kimironko nta n’inyoni yatambaga kuko nta modoka n’imwe yarihari ndetse nta n’umugenzi n’umwe waharangwaga.

Madamu Kayitesi Epiphanie twasanze kuri imwe muri Banki zikorera muri uno murenge yagize ati’’coronavirus yatwigishije ubwenge bwo kwizigama ndetse ni o kurya duteganyiriza ibihe bibi kuko kino cyorezo nta wuzi igihe kizarangirira,ubu nkaba naje gushaka amafaranga yo kwifashisha muri ino minsi ya guma mu rugo.

Ibivugwa na Epiphanie abisangiye na Ngarambe Emmanuel twasanze mu isoko rya Kimironko aho yadutangarije ko yaje guhahira rimwe mu rwego rwo kwirinda kuzajya ahora ajya ku isoko buri gihe,yaboneyeho no kongera gukangurira abanyarwanda kwitwararika cyane bakubahiriza ingamba zose zo gukumira icyorezo cya Covid19 kuko gihari kandi cyica.

Mu gihe abanyakigali kandi bari muri gahunda ya guma mu rugo,abatari bacye batangiye gutaka inzara,nubwo Leta yijeje abadafite amikoro kuzabagoboka muri kino gihe.

Ikizere cy’ubufasha ni cyose

Muri kino gitondo cyo kuwa gatatu,mu murenge wa Kimironko ubuyobozi bwatangiye igikorwa cyo kubarura abadafite amikoro muri bino bihe ngo bashakirwe uko bagobokwa,ibi bikaba byateye akanyamuneza abaturage ndetse bishimira ko bafite ubuyobozi bubatekerezaho umunsi ku munsi.

Minisiteri y’ubuzima kandi nayo iratangaza ko uyu munsi mu Rwanda haza kugera umuti ugabanya ubukana bwa Covid 19,ukaza kuba wifashishwa ku barembye mu gihe hagitegerejwe urukingo nk’igisubizo kirambye.

Abanyarwanda by’umwihariko abanyakigali barasabwa gukomeza kwitwararika birinda igikorwa icyo aricyo cyose cyatiza umurindi ubwiyongere bw’icyorezo cya Coronavirus.

Gukaraba intoki n’amazi meza n’isabune,kwambara neza agapfuka munwa,guhana intera,guhagarika ingendo zitari ngombwa,kwirinda gusurana,kutanjya ahahurira abantu benshi ni bumwe mu buryo bwadufasha guhashya iki cyorezo,irinde,ndinda,nkurinde kwandura icyorezo cya covid 19.

Inkuru ya : NDAYISABA Eric

Contact : 0782511443

Email : ndayisabaeric501@gmail.com

Twitter : NDAYERICUS

You may also like

Leave a Comment