Abarezi n’Abarerwa barasaba ko umwaka w’amashuri mushya watangira hongerwa imfashanyigisho n’abarimu

admin
5 Min Read

Mu gihe habura ibyumweru bike umwaka w’amashuri 2025-2026 ugatangira, bamwe mu barezi n’abanyeshuri, barasaba ko hakongerwa imfashanyigisho n’umubare w’abarimu bigisha amasomo agaruka mu bizamini bya Leta.

Bamwe mu barezi, abanyeshuri ndetse n’abayobozi b’ibigo by’amashuri abanza n’ayisumbuye, bavuga ko bashima gahunda ya Leta yo kuvugurura uburezi cyane ku bigendanye n’impinduka zakozwe mu mashuri abanza no mu mwaka wa kane mu mashuri y’isumbuye. Gusa bavuga ko ibitabo n’izindi mfashanyigisho zikenerwa kenshi, zikiri nkeya bityo bakifuza ko impinduka nshya, zatangirana no kubibona mu buryo buhagije.

Umwe mu bayobozi w’ikigo cy’amashuri abanza n’ayisumbuye muri kamwe mu turere tugize Umujyi wa Kigali, utifuje gutangarizwa amazina ye,  avuga ko imfashanyigisho ku banyeshuri n’abarimu ari ngombwa, gusa akababazwa n’uburyo ku kigo cye n’ahandi henshi azi hari ubwo usanga hari ishuri usangana ibitabo nk’umunani mu banyeshuri 50.

Abanyeshuri bari kwitegura gusoza ibirukuko

Agira ati “Turizera ko uyu mwaka mushya w’amashuri, waba utangiranye udushya tugendabye n’ivugururwa mu myigishirize, hazarushaho no kongerwa ibitabo n’izindi mfashanyigisho nka mudasobwa, ibya Laboratoire n’ibindi umunyeshuri n’umwarimu bakenera, kugira ngo muri rusange umwana ajye asoza icyiciro runaka, ibikubiye muri porogarame z’amasomo yiga yabirangije, atagize  icyo asize inyuma.”

Avuga ko abona Leta mu bushobozi ifite, hakongerwa abarimu bo mu masomo y’imibare, siyansi n’indimi, cyane ko hari ibigo usanga umwarimu umwe, azenguruka amashuri yose, bitewe no kuba ariwe ugaragaraho ubumenyi muri iryo somo.

Umwe mu banyeshuri w’umukobwa nawe usoje mu ishami ry’indimi, igifaransa, ikinyarwanda, n’igiswahili “LFKK”, ahitwa Rugogwe mu Karere ka Huye, avuga ko n’ubwo bwose basoje umwaka neza, hari amasomo amwe baburiye umwarimu, baza kumubona ari uko bageze muwa gatandatu, mu gihe amasomo yabigishije ngo bayakoze mu kizamini cya Leta.

Agira ati “Hari amasomo twakoze mu kizamini cya Leta harimo n’igiswahili, isomo ry’ingenzi twaburiye umwarimu, aboneka tugeze mu mwaka wa gatandatu, tukaba twarakoze ikizamini tugendeye kuyo twize mu mwaka wa 3 gusa.”

Uyu munyeshuri asabira bagenzi be basigaye inyuma, guhabwa ibitabo n’abarimu bahagije,  kugira ngo ahanini, ivugurura batangiranye naryo, bazaryitwaremo neza, batsinda amasomo uko bikwiriye.

Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Uburezi wungirije muri (REB) Dr Flora Mutezigaju, aganira n’abanyamakuru bari bateraniye mu Karere ka Bugesera kuwa 12 Kanama 2025, avuga ko ivugururwa riri gukorwa mu burezi, rigamije ahanini kongerera abana ubushobozi n’ubumenyi kugira ngo bajye basoza mashuri yisumbuye, buri wese ashobore kujya muri Kaminuza nta kimutega.

Dr Flora Mutezigaju Umuyobozi wa REB wungirije

Agira ati “Nibyo koko hari impinduka mu mashuri abanza no mu mwaka wa kane w’amashuri yisumbuye. Amasomo mu mashuri abanza mu mwaka wa mbere kugera mu wa gatatu, azajya atangira Saa Mbili ageza Saa tanu na 40 nibamara kurya batahe, bagenzi babo ba nyuma ya Saa Sita, bakazajya basoza i Saa kumi n’imwe, naho mu mwaka wa Kane uburyo abana bigagamo mu mashami n’amasomo, bikazanozwa kugira ngo umwana, azazamukane ubumenyi bwisumbuyeho kurushaho.”

Dr Flora, ku kibazo cy’imfashanyigisho n’abarimu, avuga ko ibyo byabonewe umuti, ku buryo ibitabo n’ibindi bikoresho bihari, abarimu nabo bakaba ngo bazongerwa aho baboneka ari bake, cyane ko amasomo y’ingenzi ku munyeshuri, bizasabwa kongerwamo imbaraga.

Avuga ko mu mashami yose amasomo ya Siyansi, Indimi n’imibare bizibandwaho, cyane ku buryo buri mwana asoza umwaka wa gatandatu afite ubushobzi bwo kwiga kaminuza uko abyifuza.

Gahunda y’uburezi bufite ireme mu Rwanda  ikomeje gushyirwaho imbaraga, Ubuyobozi muri Minisiteri y’Uburezi bukavuga ko hakomeje gukorwa ibishoboka byose, kugira ngo uburezi bubashe kugera kuri buri wese, ari nayo mpamvu, hongerwa ibyumba by’amashuri, hagashyirwaho gahunda ya SchoolFeeding yo kugaburira abana ku ishuri, amafaranga atangwa ku ifunguro akaba amwe mu Rwanda hose, mu ma mashuri y’Ishuke n’abanza, ndetse no mu mashuri yisumbuye ayo batanga akaba ari amwe mu bigo byose.

Abanyamakuru bagejejweho gahunda zitandukanye ziriho zigendanye n’Uburezi

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *