Komisiyo y’Ubujurire mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru yateye utwatsi icyifuzo cy’amakipe ya Gicumbi FC na Heroes FC yari yasabye ko itesha agaciro icyemezo cyafashwe na Komite Nyobozi ya FERWAFA cyo kuyamanura mu cyiciro cya kabiri nyuma yo gusoza shampiyona imburagihe kubera icyorezo cya Coronavirus.

Mu bujurire amakipe yombi yatanze tariki ya 30 Gicurasi, yasabye ko icyemezo cya Komite Nyobozi ya FERWAFA cyafashwe tariki ya 22 z’uko kwezi, giteshwa agaciro, imikino yari isigaye igakinwa cyangwa hakongerwa amakipe y’icyiciro cya mbere akaba 18.
Komisiyo y’Ubujurire muri FERWAFA yateranye kuri uyu wa Gatanu tariki ya 5 Kamena 2020 yiga kuri ubwo bujurire. Iyi Komisiyo yari iyobowe na Me Kajangwe Joseph, yemeje ko ubujurire bwa Gicumbi FC na Heroes FC nta shingiro bufite bityo icyemezo cya Komite Nyobozi ya FERWAFA cyo ku wa 22 Gicurasi 2020 cyo kumanura mu cyiciro cya kabiri amakipe yombi kidahindutse.
Heroes FC yari imaze umwaka umwe mu cyiciro cya mbere mu gihe Gicumbi FC yazamutse mu cyiciro cya mbere mu 2013, ikaba yari ikimazemo imyaka irindwi.