Mu gikorwa cy’ihuriro ry’abize muri G.S ya Rilima kuva ryashingwa mu 1973, cyabaye kuri uyu wa 03 Nyakanga 2023, Umuhanzi w’umunyarwenya Garasiyani Niyitegeka uzwi nka Papa Sava, Sekaganda na Seburikoko wize nawe muri icyo kigo, yatereye Urwenya bagenzi be baranyurwa. Avuga ko ibyo amaze kugeraho byose, Intangiriro ari amasomo yahaherewe.
Bwana Garasiyani, avuga ko n’ubwo yavukaga mu muryango w’abakene batuye mu cyaro, yagiye kumva abwirwa ko yatsindiye kujya mu mashuri yisumbuye, asanga yoherejwe m’Urwunge rw’amashuri rwa Rilima, ahantu atazi na gato ariko umusaruro yahakuye ngo wamubereye umusingi w’ubuzima bwiza arimo, ashima uwamuyoboraga Mzee Kanyamibwa ngo wakundaga abana be cyane..
Agira ati « Nishimiye kuba nicaranye na bakuru banjye bize muri iki kigo ntaravuka. Ndi kumwe n’abo n’urungano ndetse na barumuna bacu, kugira ngo turebere hamwe uko twateza imbere ikigo cyatugize abo turibo, kandi dukomeje gushyira hamwe tuzabigeraho tugiteze imbere kizabe icyitegererezo, kibikesha abo cyareze abana barimo Niyitegeka Garasiyani.”

Garasiyani wize muri iki kigo mu gihe kimwe n’Umurinzi w’Igihango Gasore Serge, uvuga ko nawe yatangiye kuhiga mu mwaka wa kane mu Ishami ry’Ubumenyamuntu “Bio Chimie” muri 2000, aharangiza akomeza muri Kaminuza akaba amaze kugera kuri byinshi ashingiye ku masomo y ‘ibanze yahaherewe.
Agira ati « Iki ni ikigo cyahaye uburezi buhamye abantu benshi bakizeho kuva mu 1973, bakaba bari mu myanya itandukanye igamije kubaka igihugu n’abandi benshi bakorera ku migabane itandukanye y’isi.
Turishimye cyane kuba twongeye guhura nk’abize kuri iki kigo, kugira ngo dufatire ingamba hamwe z’uko cyatera imbere kurushaho tukanafasha barumuna bacu bakomeje kuhiga.”
Bwana Gasore Serge avuga ko kubimureba, bigeze gufasha abana bari bafite impano yo gutwara igare barabazamura kandi ngo bageze ku ntera ishimishije.
Ashimangira ko ateganya kuzamura n’abandi bafite impano zitandukanye, kugira ngo barusheho gutanga umusaruro, akanashyigikira by’umwihariko ikigo yizeho na barumuna be bagenda basimburana ku ntebe yicayeho.
Asoza ashimira nyakubahwa Paul Kagame ushyira iteka imbere Ireme ry’uburezi kuri bose, by’umwihariko kuri uyu munsi wo Kwibohora wa Tariki ya 04 Nyakanga, amushimra cyane uburyo yayoboye Ingabo zari iza FPR Inkotanyi, zikaba zarabarokoye by’umwihariko mu Karere ka Bugesera, bakaba barabakuye mu nzara z’ababisha bari bagambiriye kubatsemba bikaba byarapfubanye.
Yishimira ibyo amaze kugeraho byo kwita ku rubyiruko n’abatishoboye no guharanira amahoro mu nyigisho z’Ubumwe n’Ubwiyunge bigamije kunywanisha abanyarwanda, akaba yarabigororewe na Leta y’u Rwanda, ubwo yashyirwaga mu cyiciro cy’Abarinzi b’Igihango.

Uretse aba Banyabigwi Gasore SERGE na GARASIYANI bamaze kwandika mateka mu Rwanda, hari na Pastor JAN Berkmans Ndayishima wize muri G.S ya Rilima mu mwaka w’ 1984 akaba asigaye aba muri Leta zunze ubumwe z’Amerika, ariko akagira n’ibikorwa bitandukanye mu Ntara y’Amajyepfo mu Karere ka Nyaruguru, no mu Ntara y’Iburengerazuba mu Karere ka Karongi mu mushinga GLOBAL HELP TO HEAL(GHH).
Umushinga ugamije kwita ku batishoboye, kwigisha urubyiruko no kwita ku burere bw’abana bato.
Pastor JAN Berkmans,avuga ko nyuma yo kurangiza muri G.S Rilima iby’ubumenyamuntu Biochimie yakomereje mu Burusiya, avuyeyo akomereza muri Amerika, ari naho yakomeje gukorera ibijyendanye nabyo kugeza ubwo ahinduye akaba ari kuzamura igihugu cye mu mishinga yo gufasha no kuzamura abaturage.
Agira ati « iki kigo twizeho cyaduhaye ubumenyi bw’ibanze bwatumye tuba abahanga tukabasha kugera kure hashoboka . Twahuye uyu munsi kugira ngo dushakire hamwe icyo twakora kugira ngo ikigo cyacu gikomeze kiyubake n’abakigaho barusheho gukunda amasomo no kuyatsinda kurushaho. »

Murekatete Marie Rose wahize nawe mu 1991, muri kino gihe akaba ari Umurezi mu mashuri y’isumbuye aho ari Umuyobozi ushinzwe imyitwarire y’abanyeshuri Prefete de Discpline.
Agira ati « iki ni ikigo cyiza cyaratureze n’ubwo twe twakizeho mu bihe byari bigoye, ariko turashima Imana cyane. Twiyemeje gufatanyiriza hamwe kugira ngo dushake uko twagiteza imbere kandi birashoboka abishyize hamwe bagera kuri byinshi kandi byiza.»

Umuyobozi w’Urwunge rw’Amashuri rwa Rilima Ildephonse Dushimimana ari nawe muhuzabikorwa w’iri huriro, avuga ko inama yabahuje yari igamije ahanini no gutegurira hamwe Yubile y’Imyaka 50 ishuri rimaze, bateganya kuzizihiza mu kwezi kwa 10.
Agira ati « abize hano mu myaka itandukanye bashyizeho ihuriro rigamije kumenyana no guteza imbere ikigo bizeho.
Muri byinshi baganiriyeho, hakaba no gutegura imishinga igamije kuzamura ikigo n’abakigaho, ku ikubitiro hakaba hari n’umuhanga mu bwubatsi wize hano ugiye guhita atwubakira Biogaz igezweho izadufasha kugabanya ibicanwa. »

Bwana Ildephonse Dushimimana avuga ko yizera ko umurava n’ubushake abize muri G.S ya Rilima kuva mu 1973 ikitwa College bafite, nta kabuza mu bihe biri imbere ikigo cyabo kizaba kimaze kugera kuri byinshi, cyane ko amajyambere menshi ari kwerekeza muri ako gace nk’ikibuga mpuzamahanga cya Bugesera n’ibindi.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rilima Murwanashyaka Oscar wari Umushyitsi Mukuru ashima cyane igitekerezo cyagizwe n’abize muri G.S ya Rilima mu myaka no mu byiciro bitandukanye, abasaba gufatanyirizahamwe uko babyiyemeje, bagateza imbere ikigo cyabo bigaragara ko benshi muri bo hari ubushobozi bamaze kugeraho.
Agira ati « hari byinshi mwafasha iki kigo ariko reka mvugemo bitatu. Hari nko gushinga ikigega kigamije gufashanya hagati yanyu n’ikigo mwizeho, Gushyiraho ikigo cy’imari cyajya kiguriza abagize ihuriro mu mishinga bafite, Hari no kwita ku kigo mwizeho mukacyunganira kenshi kugira ngo kirusheho gukomeza gutera imbere. »
Asoza ashima abize muri G.S ya Rilima ku gitekerezo cyiza bagize ,abasaba ko bishobotse n’abayoboye Umurenge wa Rilima bose bakwiyunga nabo, bagakorana mu bikorwa byiza bagamije kugeraho.

Urwunge rw’amashuri rwa Rilima rwashinzwe mu1973 ari ikigo cyari cyubakiwe kwigamo Impunzi z’Abarundi cyakora mu 1976 gitangira kwakira n’abenegihugu, abakizeho bakaba bari gutegura Yubile y’imyaka 50 kimaze banateganya gukora imishinga izakizamura ikaba yanakigeza ku urwego rwa Kaminuza ya Rilima.





E.Niyonkuru