Dr. François Xavier Kalinda yatorewe kuyobora Sena

admin
2 Min Read

Dr. François Xavier Kalinda yatorewe kuyobora Sena mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, asimbura Dr Iyamuremye Augustin, uherutse kwegura kuri uyu mwanya kubera impamvu z’uburwayi.

Senateri Kalinda yamamajwe na Visi Perezida wa Sena,Nyirasafari Esperance aho yagombaga guhangana na mugenzi we Umuhire Adrie ariko byarangiye amuhariye.

Uyu mukandida yatsinze ku majwi 26/26 y’abatoye,ahita atsindira uyu mwanya asimbuye Dr Augustin Iyamuremye.

Uyu akimara gutorewa yashimiye Perezida wa Repubulika kubera icyizere yamugiriye akamuha inshingano zo kuba Umusenateri.

Yavuze ko agiye gukorana na bagenzi be,gutega amatwi,kwemera kugirwa inama n’ubufatanye na bagenzi be kugira ngo bakemure ibibazo by’abaturage.

Kuwa 06 Mutarama 2023,Perezida Paul Kagame yashyize Dr Francois Xavier Kalinda muri Sena y’u Rwanda ngo asimbure Iyamuremye Augustin uherutse kwegura.

Bwana Kalinda yaherukaga guhagararira u Rwanda mu Nteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba.

Dr Kalinda François Xavier ni munti?

Yavukiye mu Murenge wa Kitabi mu Karere ka Nyamagabe, afite impamyabushobozi y’ikirenga, PHD, mu by’amategeko y’ubucuruzi, yigiye mu gihugu cya Canada, muri Kaminuza ya Ottawa.

Icyiciro cya mbere n’icya kabiri, yabyize muri Kaminuza nkuru y’u Rwanda.

Mu mirimo ye, yakunze kwigisha aho yavuze ko amaze imyaka 19 ari umurezi muri Kaminuza y’u Rwanda, yanagiye abera umuyobozi mu ishami ry’amategeko.

Yize kandi mu ishuli rikuru rya ILPD, ishami rya Nyanza aho yigaga ibirebana n’ubumenyingiro mu by’amategeko (DLP).

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *