Home AmakuruKirehe: Mukeshimana wakubiswe inyundo n’umugabo we akaba ariwe ufungwa avuga ko akomeje gutotezwa yakwitabaza Ubuyobozi ntatabarwe

Kirehe: Mukeshimana wakubiswe inyundo n’umugabo we akaba ariwe ufungwa avuga ko akomeje gutotezwa yakwitabaza Ubuyobozi ntatabarwe

by admin
0 comments

Mukeshimana Julienne wo mu Karere ka Kirehe, Umurenge wa Nasho, Akagari ka Rubirizi, Umudugudu wa Mulindi, avuga ko amaze imyaka 21 ashakanye byemewe n’amategeko na Ntakaziraho Daniel, ariko ngo akomeje kumutoteza avuga ko badahuje ubwoko, ku buryo yigeze no ku mukubita inyundo, aho gufungwa bikarangira umugore ariwe ufunzwe, akagirwa umwere amazemo amezi arenga umunani.

Ni amagambo Mukeshimana asubiramo ababaye, avuga ko atumva impamvu yaba akomeje gutotezwa n’umugabo we urangwa n’ingengabitekerezo ya Jenoside, yakwitabaza inzego z’ibanze ntatabarwe ndetse n’ibyaha bimuhama, aho kubihanirwa agakomeza kwidegembya, yigamba ko azafungwa ari uko amwishe, bityo akaba yishinganisha ku nzego zose bireba.

                       UKO IKIBAZO GITEYE

Mukeshimana avuga ko akarengane ko gutotezwa n’umugabo we umushinja ko agendana n’inshuti z’Abatutsi kamaze igihe, bikaba byaratumye amwirukana mu nzu y’umuryango, ibyo bacuruzaga byose birasahurwa ngo bishyirwa inshoreke atungiye I Cyarubare mu Karere ka Kayonza, ibikorwa by’ubucuruzi byose birimo ibyuma bisya, n’ibikorwa by’Ateliye isudira bagiraga, birahagarara ngo agamije ahanini kumuhima no kumwicisha inzara ngo azarambirwe agende.

Mukeshimana Julienne uvuga ko agiye kwicwa n’Umugabo we Ntakaziraho

Agira ati “Aka Karere ka Kirehe nakagorewemo mbura untabara mu buryo udashobora kwiyumvisha. Mu myaka 21 maranye na Ntakaziraho Daniel, yambaniye nabi bishoboka, arantoteza, arankubita mbura uwo niyambaza n’umwe, cyane ko ari inshuti y’abayobozi bose, bituma uwo ngezeho wese anyamagana, ndetse hari na Gitifu twari dufite Nsengiyumva Emmanuel, wampatiye gusaba ubutane ngo nkagenda, nkibaza niba ari cyo gisubizo yari abonye kinkwiriye aho gukurikirana umugabo ngo bamubuze kumpohotera.”

Avuga ko ababazwa n’uburyo yafatiye umugabo we mu bushoreke izuba riva, RIB igashyikiriza ikirego Ubushinjacyaha, aho bwamukurikiranye ngo agarure imitungo y’abana yajyanye kuri uwo mugore, Umugabo akarekurwa ndetse n’ikirego bakagishyingura, mu gihe nyamara bari bafite ibimenyetso bihagije bashyikirijwe n’inzego z’ibanze zaho yafatiwe.

Ku rundi ruhande, avuga ko Ntakaziraho Daniel, nyuma y’uko muri 2024 amukubise inyundo, yajya kurega akaba ariwe ufungwa kubera ruswa agenda atanga, umugore ngo yaje gufungurwa amazemo amezi arenga 8  aje nabwo akomeza gutotezwa, hanivanzemo na ya ngengabitekerezo umugabo ahorana.

Ntakaziraho Daniel umugore we aramushinja ingengabitekerezo ya Jenoside, kumukubita no gushyira umutungo wabo Inshoreke

Avuga ko kubera gukubitwa, agakomeretswa, yahise amurega agakatirwa umwaka usubitse.

Nyuma yo gukatirwa umwaka usubitse, ngo nibwo yafatanywe ihabara, RIB imuta muri yombi, Ubushinjacyaha buramurekura, ndetse Dosiye ishyingurwa burundu, mu gihe ibimenyetso byose bimushinja byari bihari.

Nyuma y’ibyo kandi Ntakaziraho ngo yaje no gukatirwa n’Urukiko rwisumbuye wa Rwamagana imyaka 7 y’igifungo ashinjwa Ingengabitekerezo n’Ivangura,  cyakora ntiyafungwa ubu akaba ari kwidegembya, kubera ko yajuriye.

Bityo ngo kuba yirirwa yidegembya, biri mu bituma yigamba, avuga ko adateze gufunganwa n’amafaranga ye, kandi ko bibaye ngombwa agafungwa, yasiga umugore nawe atagihumeka.

Ntakaziraho ubwo yafatwaga n’umugore we ari kumwe n’Ihabara yashyiriye imitungo yabo ubushinjacyaha bwahise bumurekura

Ntakaziraho Daniel afite abamushyigikira n’abamukingira ikibaba

Mukeshimana avuga ko Ntakaziraho ibyo akora byose byo kumutoteza, gusahura urugo no gushaka kumwica ntafatwe ngo abiryozwe, yaba anabishyigikirwamo n’abacuruzi bagenzi be bavuga ko Ntakaziraho ntakizamukoraho bahari, ari nayo mpamvu iyo afashwe bahita baterateranya amafaranga ya ruswa agahita afungurwa, akaza yigamba  ko ntawe ufunga Ifaranga.

Ntakaziraho yataye Urugo Imitungo yose ayishyira inshoreke ituye Cyarubare

Nyiri ugutanga amakuru ariwe Mukeshimana, uvuga ko yabuze Ubutabera n’uwamurenganura, avuga ko inzu y’umuryango babagamo umugabo we yayifunze, ibikorwa by’ubucuruzi arabihagarika, ahitamo kwigira kubana n’inshoreke, iyo aje rimwe na rimwe, ngo nta muntu avugisha, afungura inzu ye akajyana ibyo ashyira umugore we nta kindi.

Inzu y’Umuryango Ntakaziraho yarayifunze ibintu abishyira Inshoreke ye

Mukeshimana avuga ko yari yahisemo kuba mu nzu yo mu gikari, inzugi azisenyesha ishoka, imyenda ye yose arayitwika, ubu aho arara  akaba atagira icyo yambara.

Ikifuzo cya Mukeshimana ni uko Ntakaziraho yaryozwa ibyaha byose amukorera nta kindi

Mukeshimana avuga ko kugira ngo Ntakaziraho ahinduke, yumve ko atari hejuru y’amategeko, yaryozwa ibyaha amukorera byo kumutoteza amwita Umututsikazi, amushinja kugendana no gusangira nabo, gusahura umutungo awujyana mu nshoreke, kwicisha abana inzara, nyuma y’ibyo,  akizera ko y’ibyo yazagororoka, akabasha guha agaciro umuntu no kutarangwa n’urwango.

Abatangabuhamya ntibumva impamvu Ntakaziraho ataryozwa ibyo guhohotera umugore no kurangwa n’ingengabitekerezo mu buryo bugaragara

Abavuganye n’ikinyamakuru IGISABO bose, bavuga ko batumva na gato impamvu Ntakaziraho Daniel, akomeje kwidengembya kandi atoteza umugore we akamusimbuza inshoreke mu buryo bugagaragara.

Umwe mu bavandimwe ba hafi ba Ntakaziraho,  avuga ko Mukeshimana yagowe abura uwamurengera.

Agira ati “Ndi umwe mu bavandimwe ba Ntakaziraho, ariko ibyo mbona akorera umugore we biteye agahinda. Uriya mugabo yabaswe n’Ingengabitekerezo. Yita umugore we Umututsi ngo yamwibeshyeho, akanamubuza kugendana nabo. Yaramuharitse, imitungo yose arayisahura, umugore yiyambaje Inzego ndetse n’Ubutabera abura uwamurenganura.”

Igaraji basudiriragamo yarafunzwe ibikoresho biri kwangirika

Avuga ko bagiriye inama kenshi umuvandimwe wabo Ntakaziraho kureka gutoteza umugore umuhekeye abana bane,  ariko ngo yabimye amatwi avuga ko niba ari no gufungwa, yagenda atamusize ku Isi.

Asaba inzego zibishinzwe kureba icyakorwa, ibyo Ntakaziraho akora akabihanirwa, kugira ngo bimufashe kugororoka, bitewe n’uburyo arangwa n’Ingengabitekerezo, akababaza kenshi umugore bashakanye ku uburyo habayeho kurangara yazamwica abayobozi bakabibazwa.

Undi murutanyi wa hafi witwa Emmanuel, ashinja ubuyobozi kurebera ikibazo cya Ntakaziraho n’umugore we, bakanga kubakemurira ikibazo akibaza niba bazabyinjiramo ari uko umugore yabaye  umurambo.

Agira ati “Ntakaziraho yasabitswe n’ingengabitekerezo yo kwanga Abatutsi, akavuga ko umugore we yamwiyamye kugendana nabo arabyanga. Ntakaziraho akubita umugore we, yamusahuye umutungo awushyira inshoreke yacyuye, aheza umugore mu mitungo bashakanye imyaka irenga 20. Ni umuntu ufatwa akarekurwa,  nyamara ibyaha akora biba byagaragariye buri wese. Mu by’ukuri habuze iki ngo ahanwe, mu gihe tuzi neza ko mu Rwanda nta muntu uri hejuru y’amategeko?”

Video igaragaza akarengane Mukeshimana yakorewe n’umugabo we kuva cyera

Avuga ko bikwiriye Ko Ntakaziraho afatwa akajya kugororwa, cyane ko niba yibasira umugore akamukubita akamutoteza, akamwambura imitungo abana bareba, igikurikiyeho ngo azamwica nk’uko abyigamba kenshi.

Agaya  cyane abacuruzi bakorana na Ntakaziraho, bamukingira ikibaba, bakirirwa bakusanya imisanzu yo kumufunguza iyo yafaswe, ari nayo mpamvu ngo atajya atinda muri RIB cyangwa  se mu bushinjacyaha.

Ntakaziraho Daniel ntiyashatse kuvugana n’Itangazamakuru

Ikinyamakuru IGISABO cyashatse kuvugana na Ntakaziraho, gishaka kumubaza icyo yaba avuga kubikomeje kuvugwa ko atoteza umugore we, ahigira no kwica. Cyakora acyumva ko ari umunymakuru, akuraho telefoni ye, imirongo ye yose 2  avugiraho,  yirinda no kongera kuyitaba.

Ubuyobozi bwo bwaba  buvuga iki kuri iki ibazo ? 

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nasho, Claudius Karahamuheto, avuga ko ari muri Konji ntacyo yatangaza.

Abajijwe icyo bakorera uriya muryango wa Ntakaziraho uri mu makimbirane,  ntacyo yabashije  gusubiza.

Agira ati “Ndi muri Konji”.

N’ubwo bwose uyu Gitifu adahaka kugira icyo atangaza, avuga ko ari muri konji, Ikinyamakuru IGISABO cyamenye ko n’ubwo bwose ari mushya, ikibazo ngo yarakimenye, gusa ngo ntacyo yagikoraho kuko Ntakaziraho, bose ngo ahita abigarurira.

Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe Rangira Bruno, avuga ko icyo kibazo akizi kandi ngo inzego nyinshi zaragikurikiranye. Ku bwe ngo yumva habaho ubutane kugira ngo amakimbirane ahoshwe.

Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe Bruno RANGIRA

Agira ati “Iyo ikibazo nk’icyo kiburiwe igisubizo,  kandi bagahora mu makimbirane urumva hakorwa iki, niba no mu butabera byarananiranye ?”

Abwiwe ko umugore asanga ibyo umugabo akora ari ukumuca intege, kugira ngo akunde abone ubutane abyungukiremo. Meya yasabye umunyamakuru nomero ya telephone ya Mukeshimana ngo bavugane.

Ikibazo cya Mukeshimana Julienne, ukomeje gutotezwa no kugirirwa n’abi n’umugabo we Ntakaziraho bamaranye imyaka 21, nyamara ntarenganurwe n’ababishinzwe,  gikomeje kuba agatereranzamba.

Mukeshimana avuga ko yifuza guhabwa Ubutabera, akagira uburenganzira bwose ku mitungo ye yaruhiye. Yamagana abamubwira gusaba ubutane ko ari abagamije gushyikira umugabo we ngo abone umugabane ashyira Inshoreke.

Avuga ko bafitanye abana bane agomba kwitaho buri munsi harimo n’ufite uburwayi amaranye igihe, bose bakaba bagomba gufashwa n’imitungo yaruhiye ntawe utegetse ko yacibwamo kabiri.

Iyi niyo nzu Mukeshimana abamo nyuma yo gusohorwa mu nzu y’Umuryango
Inzu Mukeshimana yabanje kubamo umugabo inzugi zose yazihondaguje Ishoka arazisenya

ANDI MAFOTO:

Urugo rwabaye Amatongo kubera ko byose Ntakaziraho yarusahuye ashyira Inshoreke ye (Andi mafoto)

Ubwanditsi.

You may also like

Leave a Comment