Kigali Leading TSS yahaye impanuro n’ubutumwa abagiye kwiga mu birwa bya Maurice

admin
8 Min Read

Ni  abasore n’inkumi  15 basoje neza amasomo yabo muri Kigali Leading Technical Secondary School, basezeweho n’Ubuyobozi bw’ikigo, ababyeyi, inshuti n’abafatanyabikorwa, kuri uyu wa gatanu Tariki ya 09 Kamena 2023 mbere y’uko bakomereza amasomo yabo mu ishuri rya Jeet Hospitality and Tourism Management ryo mu Birwa bya Morisi(Maurtius),  umuhango wanerekanywemo Umuyobozi Mukuru mushya (Representant)  KATAMARA Ahmed

Umuyobozi w’Ishuri rya  Kigali Leading TSS Tuyizere alphonse, avuga ko abanyeshuri basezeweho bakanahabwa impanuro zo kuzitwara neza aho bagiye, ari abahanga batsinze neza amasomo  mu Ishami ry’Amahoteli n’Ubukerarugendo, bakaba biyongereye ku bandi 100 bamaze kurangiza muri Jeet Hospitality  mu gihugu cya Maurtius.

Umuyobozi w’Ishuri rya  Kigali Leading TSS Tuyizere alphonse

 Avuga ko   bitezweho umusaruro uhagije nk’uwa bakuru babo bagiye mu bihe bishize,  bakaba bari gukorera mu bihugu bitandukanye byo ku isi  no mu Rwanda muri rusange.

Agira ati “Kigali Leading ifite abafatanyabikorwa benshi mu Rwanda no hanze yarwo. Muri bo harimo  ishuri Jeet Hospitality dushima cyane rikomeje kutwakirira abanyeshuri, bityo bakongererwa ubumenyi cyane ko basoza bafite impamyabumenyi ya Kaminuza, ibibafasha  kubona akazi keza,  benshi muri bo bari mu mahoteli atandukanye yo  ku isi no mu Rwanda,  hakaba hari n’abari kwigisha bagenzi babo hano ku kigo bizeho.”

Avuga ko hariho imishyikirano namwe mu mashuri yo mu Burayi, Amerika na Canada kugira ngo nabo bajye babakirira abasoje muri Kigali Leading TSS, bityo   abahanga mu by’Amahoteli bize ku ishuri abereye Umuyobozi bakomeze kwiyongera ku isoko ry’umurimo.

Ni muri urwo rwego, asaba ababyeyi bose babyifuza,  kudacikwa n’amahirwe yo  kurereshereza muri Kigali Leading TSS. Ikigo kiri hafi hashobokera uwari we wese, hakaba rwagati mu mujyi wa Kigali.

ikindi avuga ni uburyo bafasha abahiga kubona aho bimenyereza umwuga  “STAGE” badakubise amaguru bishakishiriza aho batazi Ashimira cyane Leta y’u Rwanda uburyo ishyigikira amashuri y’Ubumenyingiro ishyiraho n’ibigo biyashinzwe by’umwihariko,  bityo agahamya ko imyuga urubyiruko rw’u Rwanda rukomeje kwiga inaherekejwe n’Ikoranabuhanga, nta kabuza bizafasha kwigirira akamaro ubwabo, n’igihugu cyababyaye muri rusange.

Umuyobozi  w’Inama y’Ubutegetsi ya Kigali Leading TSS  Safali Valens

Umuyobozi  w’Inama y’Ubutegetsi ya Kigali Leading TSS  Safali Valens,  agaruka ku butumwa bageneye abagiye kwiga, avuga ko bagomba kuzakurikirana bagenda  neza amasomo abajyanye.

Abasaba kuzirinda  ibibarangaza byababuza amahirwe yo gutahana ubumenyi bwisumbuye bagiye gushaka.

Agira ati “ tubahaye ibikenerwa byose bizabafasha mu myigire yanyu. nimugende mwige neza kandi mutsinde,  muheshe ishema ikigo cyanyu mwizeho n’igihugu cy’u Rwanda mugiye muhagarariye. Muzirinde ubusinzi, ibiyobwabwenge n’ibindi bishuko byabatandukanya n’umuco nyarwanda.

Umuyobozi Mukuru washinze akaba ari nawe uhagarariye Kigali Leading TSS imbere y’amategeko(Representant Legal) Maboyi Amran, ashima cyane abafatanyabikorwa babo,  bo mu Rwanda no mu mahanga nka  Jeet Hospitality and Tourism/Martius, ikomeje kwakira abanyarwanda bakavayo ari abahanga bifuzwa n’ama Hoteli n’ibigo bitandukanye, baba bifuza ko babavungurira ku bumenyi bavanyeyo.

Umuyobozi Mukuru washinze akaba ari nawe uhagarariye Kigali Leading TSS imbere y’amategeko(Representant Legal) Maboyi Amran

Agira ati “banyeshuri bacu,  ni mugende mwige neza mutsinde amasomo uko mubisanganywe,  cyane ko muhanzwe amaso na benshi barimo abanyarwanda bifuza kuzabakoresha ndetse n’abanyamahanga. Aba twohereje, biyongereye  ku bandi 100 bamaze kurangizayo kuva muri 2017.

Ubufatanye bwacu na ririya shuri ryo mu birwa bya Morisi, bukaba bukomeje gutanga umusaruro mu Rwanda no ku isi, cyane  bari kuvayo ari abahanga bifuzwa na benshi.”

 Bwana Maboyi  Amran, mu ijambo rye yaneretse ababyeyi n’abanyeshuri uwo bakesha ibikorwa bya Kigali Leading TSS, ariyo yahoze ari ETM MUhazi.

Uwo ni  umubyeyi Maboyi Haruna

 Uwo ni  umubyeyi we Maboyi Haruna,  n’ubwo bwose agaragaza imbaraga nke agenda arandaswe kubera uburwayi amaranye igihe.

Agira ati “ uyu ni Umubyeyi wanjye kandi wanyu. Niwe wubatse ibi byose  mubona ahangaha,  jyewe naje ndikuvugurura  kugira ngo hagendane n’igihe.  Ni Umubyeyi wakoze byinshi byo gushimwa cyane ko ETM yareze urubyiruko rwinshi rwari rwarabuze aho rwakwigira cyane cyane ibigendanye n’imyuga.”

 Bwana Amran, avuga ko yahahwe n’umubyeyi we Haruna kuyobora ishuri mu mwaka wa 2000 akiri muto atizera  ko yabishobora.

Avuga ko yakomeje gukorana umuhate kugeza ubwo havutse Kigali Leading TSS ikomeje kwesa imihigo mu mashuri y’ubumenyingiro mu Rwanda. Cyakora n’ubwo bwose  yakoze neza  muri iyo myaka 23 akaba ngo yifuza ko yaruhuka,  ariyo mpamvu yifuje kumurikira umubyeyi we uwo agiye gusigira ishuri nk’uko nawe yari yarisigiwe na se muri 2000.

Agira ati “ Mubyeyi   mwampaye kuyobora iki kigo,  nakibyaje umusaruro  kandi nkiteza imbere uko bikwirye. Ntacyo nanyereje cyangwa ngo ncyangize,  ahubwo cyakomeje kwiyubaka no  gutera imbere.

Buri mwaka dutsindisha abana 100% . Twagiranye ubufatanye n’ibigo byo mu Rwanda no mu mahanga.

 Cyakora Mubyeyi imbaraga nanjye zitangiye kumbana nkeya.  Ntabwo nagusubiza ikigo urashaje ntibigishobotse. Niyo mpamvu nahisemo kugishinga umwana wanjye,  umwuzukuru wawe. Bityo nkizera ntashidikanya ko azagera ikirenge mu cyacu,  ishuri rigakomeza kwiyubaka uko bisanzwe.”

 Bwana Maboyi Amran,  avuga ko umuhungu we KATAMARA Ahmed, agiye kumenyerezwa  nk’Umuyobozi Mukuru  wungirije, akazagenda amenyera kugeza ubwo yeguriwe imirimo y’Ubuyobozi burundu.

KATAMARA Ahmed watorewe kuyobora Kigali leading TSS nka Vice Legal Representative

 KATAMARA Ahmed watorewe kuyobora Kigali leading TSS,  avuga ko yishimiye icyizere yagiriwe n’ababyeyi be,  bityo abizeza kuzagera ikirenge mu cyabo,  aharanira ko ireme ry’uburezi rikomeza gushinga imizi mu kigo agiye gushingwa.

Umuyobozi ushinzwe Uburezi mu Karere ka Nyarugenge Ndatabagabo Alexis wari umushyitsi mukuru,  ashima ibikorwa by’Indashyikirwa bya Kigali Leading TSS ikomeje kugeraho mu iterambere ry’ uburezi bw’abana b’u Rwanda.

Umuyobozi ushinzwe Uburezi mu Karere ka Nyarugenge Ndatabagabo Alexis wari umushyitsi mukuru

Agira ati  “dushima kenshi umusanzu mukomeje gutera Akarere kacu ka Nyarugenge, Umujyi wa Kigali n’igihugu muri rusange. Iyo mwohereje abanyeshuri nk’aba kwiyungura ubumenyi, ni intambwe ikomeye igihugu kiba giteye,  nimukomereze aho.”

Kimwe n’abamubanjirije asaba abagiye kwiga,  kuzakurikira amasomo neza bagahesha ishema ikigo bizeho n’igihugu cyababyaye.

Kigali Leading Technical Secondary School, ni rimwe mu mashuri akomeje gukataza mu guha abana uburezi bugendanye n’igihe bw’imyuga, Ubumenyingiro n’Ikoranabuhanga.

Ni ishuri ryatangiye muri 2003 rifite abanyeshuri 37 mu ishami rimwe rukumbi, muri kino gihe, rikaba rifite abasaga 603 bibumbiye mu mashami 4 atandukanye.

Abanyeshuri boherejwe kwiga ni 15,  barimo abakobwa 9 n’abahungu 6 ,  bagiye bakurikira ababanjirije bagera ku 100,  bari gukora mu mahoteli akomeye yo ku isi no mu Rwanda.

Ubuyobozi bwa Kigali Leading TSS bukararikira ababyeyi,  kuzana abana ari benshi kwiga kuri icyo kigo,  kugira ngo  basangire ibyiza n’abari kuhiga  n’abagenda baharangiza,   bakakiranwa na yombi ku isoko ry’umurimo.

E. Niyonkuru

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *