Mu gihe Ishami ry’Umuryango w’abibumbye ryita ku ubuzima ritangaza ko Icyorezo cya Covid 19 kitagihangayikishije isi, Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze n’ibitaro bya Ruhengeri bavuga ko bakomeje gukangurira abo bashinzwe kuyirinda no kuyikumira hakingirwa abana bato banashishikariza abakuru bashobora kuba baracikanwe kubikora byihuse.
Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’ababaturage Madame Axele Kamanzi, avuga ko nyuma y’ingamba zatumye Icyorezo gitsindwa burundu, muri kino gihe bagira inama abaturage gukomeza kwirinda cyane ko umwanzi adateguza Covid yakongera igatungurana.
Agira ati “ntitugomba kwicara ngo twirare. Covid ntikiri ikibazo koko, ariko dukomeje gukangurira abaturage gukomeza ingamba zo kuyirinda ari nayo mpamvu hari gukingirwa abana bari hagati y’imyaka 5 na 11 kugira ngo nabo bakurane ubwirinzi buhagije.

Ibyo Madame Axele avuga bishimangirwa na Olivier Ndererimana Umukozi w’ibitaro bya Ruhengeri mu Ishami ryo kurwanya indwara, avuga ko ibitaro akorera nabyo byafashe ingamba zigamije gushegesha Icyorezo Covid 19 bagamije kugihashya burundu.
Agira ati “tugendeye ku ngamba zafashwe na Leta kuva Covid yagaragara mu Rwanda muri Werurwe 2020 igahashywa, dukomeje gukingira abana n’abandi bose bashobora kuba baracikanwe tukanashimangira abashobora kuba batarasoza inkingo zabo uko bikwiriye.

Avuga ko muri rusange mu Karere ka Musanze kuba hafi ya bose barakingiwe bidashobora kubabuza kwandura ariyo mpamvu kuyirwanya no kuyikumira ari uguhozaho.
Madame Mukashyaka twasanze ku kigo Nderabuzima cya Musanze, avuga ko yamaze guhabwa inkingo zose za Covid 19 we n’umuryango we. agira inama abantu bose gukomeza ingamba zo kuyirinda abatararangiza inkingo bakabikora vuba.

Akarere ka Musanze kavuga ko kashyizeho ingamba zihamye zo gukumira Covid 19 ni kamwe mu turere dutanu tugize Intara y’Amajyaruguru kakaba Akarere k’ubukerarugendo.
Mu gukomeza gukumira Icyorezo cya Covid 19 kurushahaho mu bana bagera kuri 72,908 bagombaga gukingirwa, abagera kuri 68,421 bamaze guhabwa urukingo rwa mbere, abagera kuri 47,690 bamaze guhabwa urwa kabiri bahwanye na 69,7%.
Muri rusange mu Karere ka Musanze abamaze gufata urukingo rwa mbere ni 386,094 bangana na 84,4%, abafashe urwa kabiri ni 336,864 bahwanye na 73,7%, abahawe urwo gushimangira ni 178,372 bangana na 39,0%, mu gihe abageze mu zabukuru ni 1033.
E. Niyonkuru