Umuyobozi Wungirije w’Akanama Gashinzwe umutekano mu Burusiya, Dmitry Medvedev, yatangaje ko u Budage niburamuka bushyize mu bikorwa icyemezo cy’Urukiko Mpuzamahanga Mpananbyaha, ICC, cyo guta muri yombi Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, bizaba ari nko gutangiza intambara kuri iki gihugu.
Minisitiri w’Ubutabera mu Budage yavuze ko impapuro zo guta muri yombi Putin, zifite agaciro mu Budage nyuma y’ubusabe bwa ICC.
Ubu busabe bwanashyigikiwe na Chancelier w’u Budage, Olaf Scholz, wavuze ko nta muntu uri hejuru y’amategeko, ubwo aheruka gusura u Buyapani.
Mu kiganiro Dmitry Medvedev yagiranye na Sputnik, igitangazamakuru cyo mu Burusiya, yagize ati “Abantu b’ibicucu nka Minisitiri w’Ubutabera w’u Budage baravuga bati “Naza tuzamuta muri yombi.’ Yaba yumva neza icyo ibi bivuze? Leta dutekereze…umuyobozi w’igihugu gifite intwaro kirimbuzi atawe muri yombi. Ibi bivuze iki? Ni ugutangiza intambara ku Burusiya.”
Yavuze ko bigenze bityo u Burusiya bwakoresha ingufu zose zishoboka mu kwivuna Inteko Ishinga Amategeko y’u Burusiya, ibiro bya Chancelier n’ibindi.
Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha ryasohoye inyandiko zo guta muri yombi Putin na Perezida wa Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu, Maria Lvova-Belova, ku wa 17 Werurwe ruvuga ko abana boherejwe mu bice by’intambara muri Ukraine mu buryo butemewe n’amategeko.
Ubutegetsi bw’u Burusiya bwavuze ko butari muri ICC kandi ko icyemezo cy’uru rukiko ntacyo kivuze kuri iki gihugu.
