Bugesera FC mu biganiro na Nshimiyimana Eric na Karekezi

admin
1 Min Read

Nyuma yo kwirukana Ndayiragije Étienne nk’umutoza mukuru wa Bugesera FC, iyi kipe iri mu biganiro na Eric Nshimiyimana ndetse na Karekezi Olivier.

Mu ntangiriro z’uku kwezi ni bwo Bugesera FC yatangaje ko mu bwumvikane yatandukanye n’uwari umutoza wa yo Étienne Ndayiragije.

Bivugwa ko iyi kipe ibiganiro bigeze kure n’umutoza Eric Nshimiyimana ngo abe yaza kubafasha mu mikino yo kwishyura.

Eric Nshimiyimana aheruka kwirukanwa na AS Kigali mu Kuboza 2021 kubera umusaruro mubi.

Uyu mutoza akaba yaba asanzeyo Mutarambwirwa Djabil urimo gutoza iyi kipe by’agateganyo, bakaba baba bagiye kongera gukorana cyane ko baranakoranaga muri AS Kigali.

Uretse uyu mutoza kandi bivugwa ko iyi kipe iri mu biganiro n’umutoza Karekezi Olivier watoje amakipe nka Kiyovu Sports na Rayon Sports ariko akaba yari amaze igihe nta kipe afite kuva muri Gicurasi 2021 kuko ni bwo yirukanywe na Kiyovu.Eric Nshimiyimana na we uhabwa amahirwe yo gutoza Bugesera FC

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *