Nyuma yo kubona ko hari abanyeshuri batabashije kujya ku ishuri cyane cyane abatsindiye kujya mu bigo biga babamo kubera ubushobozi buke, minisiteri y’uburezi yabatekerejeho. Ni muri urwo rwego binyujije ku bayobozi b’uturere bungirije, minisiteri y’uburezi yabasabye gukusanya imibare y’abo banyeshuri ngo harebwe uburyo mu gihembwe cya kabiri bakwerekeza ku ishuri bari barahawe.
Mu gushaka kumenya aho iki gikorwa kigeze igisabo.rw/ cyavuganye n'umwe mu bayobozi b'uturere bungirije, Bwana Mbonyintwari Jean Marie Vianney ushinzwe imibereho myiza mu karere ka Gicumbi, atubwira ko bo basabye imirenge gukusanya imibare n'imyirondoro y'abo banyeshuri igashyikirizwa akarere nako kakayishyikiriza minisiteri.

Basomyi bacu, turabasaba gusangiza abandi aya makuru kugira ngo abo bireba bagane inzego z’ibanze z’aho batuye badacikanwa!

Mporebuke Noel