Ni Isosiyete isanzwe ikorera ku mugabane wa Aziya yitwa FLOSAM ifite uburambe mugucuruza ibikoresho bikenerwa mu binyabiziga byaba ibisimbura ibishaje (Pieces de Rechanges) ndetse n’amavuta ya Moteri, ikaba imaze imyaka itanu igeza ku banyarwanda ibyo bikoresho. Muri kino gihe ubuyobozi bwayo bukavuga ko bwamaze kwagura amarembo mu Ntara hafi ya zose mu Rwanda, kugira ngo abafite ibinyabiziga bakomeze banyurwe na Servise zitangirwa muri FLOSAM.
Bwana Samuel Dusabe, Umuyobozi Mukuru wa FLOSAM, avuga ko ari Sosiyete ifite uburambe n’ubunararibonye mu kugeza ku bantu bose bafite ibinyabiziga ndetse n’abacuruza ibyuma bisimbura ibishaje.
Ni Sosiyeti yavukiye inakorera kugeza ubu, muri Leta zunze Ubumwe z’abarabu (United Arab Emirates ) ku mugabane wa Aziya, Sosiyeti imaze gukundwa na benshi kubera ahanini Serivise nziza bayisangana.

Avuga ko mu Rwanda bakorera mu mujyi wa Kigali, aho bafite igaraji ry’Intangarugero mu Gatsata, bakagira igaraji i Burasirazuba mu Karere ka kayonza , i Musanze ndetse n’i Rubavu.
Agira ati “ iyi ni Sosiyete imaze kugira ubunararibonye ku mugabane wa Aziya no mu Rwanda, aho Amasosiyete acuruza ibyuma by’imodoka bisimbura ibishaje (Pieces de Rechanges), batugana ari benshi muri EAU baturutse ku migabane itandukanye y’isi.

Hano mu Rwanda naho, twatangiye ibikorwa byacu muri 2017 tukaba twarakiwe neza n’abantu benshi, cyane ko ibikoresho tubaha ari Umwimerere gusa, wawundi uzirana n’ibyiganano bikunze kugaragara hamwe na hamwe.
Ni muri urwo rwego duhamagarira abantu kugana FLOSAM ari benshi kugira ngo tubagezeho amavuta ya Moteri y’ubwoko bugezweho twabazaniye. Turifuza kandi ko abantu bagana Amagaraje yacu ari benshi, kugira ngo bakorerwe imodoka neza uko bikwiriye, hifashishijwe cyane cyane ibyuma by’umwimerere tubafitiye by’amoko atandukanye hamwe n’amavuta ya Moteri utasanga ahandi.”

Amwe mu bwoko bw’amavuta FLOSAM itunganya kandi yazanye no mu Rwanda aboneka henshi mu Rwanda nk’Uko Ubuyobozi bukuru bwayo bubitangaza, hari amavuta ya Moteri nini zikoresha Mazutu nkiza Coaster Bus n’amakamyo, yitwa SEA 15 w 40 na SEA 40 hakaba kandi n’amavuta ya Boite zayo ya SEA 90/SEA 140
Ku bigendanye n’amavuta y’imodoka ntoya na za Moto byose bikoreshwa na Essence, FLOSAM ivuga ko ibafitiye ayitwa SEA 20 W 50, hakaba kandi n’amavuta ya Boite z’imodoka zizwi nka Authomatic ya ATF DIII.
Hari n’andi mavuta kandi azwi ku izina rya Hydrolic ndetse na GREASE(Girise) hakaba na ya Feri.
Aya yose akaba aboneka ku kicaro gikuru cya FLOSAM giherereye i Kigali no ku magarage yayo yose yavuzwe haruguru.
Ku bigendanye n’ibyuma by’imodoka nabyo(Spares Ports), FLOSAM ivuga ko ibafitiye ibyumwimerere (original) birimo : ibya Transmission, Body ndetse n’iby’amashanyarazi(Wiring Spare Parts)

Hari kandi ibyuma by’imodoka nini za Youtng Bus n’ibya Dragon Bus n’ibindi.
Ku bigendanye n’akamaro k’amavuta ya Moteri y’ikinyabiziga Bwana Samuel Dusabe, avuga ko amavuta ya Moteri ubusanzwe afite uruhare rukomeye mu migendekere myiza y’imodoka cyangwa ikindi kinyabiziga kigendeshwa na Moteri, cyane cyane ko ariyo atuma ibyuma byikaraga bidakoranaho kugirango hatabaho icyitwa KUGONGA KWA MOTERI.
Agira inama cyane, abakoresha ibinyabiziga cyangwa se abafite amagarage n’amangazini acururuza by’umwihariko ibyuma by’imodoka n’amavuta yazo (Pieces de Rechanges), kujya bashishoza mbere yo kwishyura, bakamenya niba ibyo baguze ari iby’umwimerere cyane ko hari abacuruza ibyiganano, bityo bagatesha agaciro ibyujuje ubuziranenge.

Bwana Samuel Dusabe kandi, ashishikariza abakoresha ibinyabiziga bose mu Rwanda, gukomeza kunyurwa n’amavuta meza n’ibyuma by’imodoka bisimbura ibindi bizanwa na FLOSAM, cyane ko biza bivuye ku uruganda rw’Umwimerere muri Leta zunze ubumwe z’Abarabu EAU, bikaba bivayo bikagera ku isoko, byujuje ubuziranenge bwabyo 100%.
Aboneraho kwifuriza abanyarwanda n’abakiliya ba FLOSAM muri rusange, Noheli nziza n’umwaka mushya muhire wa 2023.
FLOSAM ni Sosiyete y’inzobere ikagira n’uburambe mu byo ikora no gucuruza ibyuma by’imodoka bisimbura ibishaje(Pieces de Rechanges) ndetse n’amavuta ya Moteri, byose bikaba birangwa n’umwimerere, bakagira n’amagaraji mu bice bitandukanye mu gihugu.
Icyicaro gikuru cya FLOSAM giherereye mu mujyi wa Kigali, Umurenge wa Muhima, Akarere ka Nyarugenge, hafi neza yahahoze hakorera Rwanda Revenue Authority mu bihe byashize.
Abifuza ibindi bisobanuro mwahamagara kuri 0784878455, 0784251829, mugahabwa amakuru ahagije n’ababishinzwe.


igisabo.rw/