Ingimbi n’abangavu 77% bamaze guhabwa urukingo rwa COVID-19

admin
2 Min Read

Minisiteri y’Ubuzima itangaza ko kugeza ubu mu Rwanda ingimbi n’abangavu bari hagati y’imyaka 12 na 17 bamaze kwitabirwa guhabwa urukingo rwa COVID-19 ku kigero kiri hejuru ya 77%.

Byagarutsweho na Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima ushinzwe Ubuvuzi bw’Ibanze, Lt Col Dr. Tharcisse Mpunga, mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru ku wa Gatandatu taliki ya 15 Mutarama 2022.

Lt. Col. Dr Mpunga, yavuze ko ingimbi n’abangavu barenga miliyoni 1.3 bamaze guhabwa inkingo za COVID-19, barimo ibihumbi 750 bahawe dose zombi n’abandi 570 bahawe imwe.

U Rwanda rwatangiye gukingira abana bari hagati y’imyaka 12 na 17 guhera mu mpera z’Ugushyingo 2021, igihe gahunda yo gukingira mu buryo bwa rusange yari itangijwe mu bigo by’amashuri.

Mu gihe bamwe bagize amahirwe yo guhabwa doze ya kabiri bari mu biruhuko, biteganyijwe ko abatarayihabwa bazayihererwa ku ishuri mu bukangurambaga bugiye kongera gusubukurwa.

Ni mu gihe Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko igiye gutangiza ubukangurambaga bushya aho abantu bagera kuri miliyoni n’ibihumbi 600 bazakingirwa mu gihe cy’iminsi 15, muri bo hakaba harimo n’abanyeshuri bazakingirirwa ku mashuri yabo.  

Lt. Col. Mpunga yavuze ko ibipimo byafashwe mu banyeshuri ubwo basubiraga ku mashuri yabo byagaragaje ko ikigero cy’ubwandu hagati yabo kiri ku kigero cya 0.2% bivuze ko hari ibyago ko bashobora kuzanduzanya bari ku ishuri.

Yagarutse no kuri gahunda yo gukingira abaturage batabasha kugera ku bigo nderabuzima cyangwa site zo gukingira, abaganga bakaba barimo kubasanga mu ngo zabo ku bufatanye bw’abakorerabushake n’Abajyanama b’Ubuzima.

Iki gikorwa kigamije gufasha abadafite intege z’umubiri cyangwa izindi mbogamizi zituma bagera ku bigo nderabuzima ngo bahabwe urukingo.

Imibare ya Minisiteri y’Ubuzima yo ku wa Gatanu Mutarama, igaragaza ko abasaga miliyoni 7.8 bamaze guhabwa nibura doze ya mbere y’urukingo, bakaba barimo abasaga miliyoni 6.2 bakingiwe byuzuye n’abandi 585.982 bafashe urukingo rwa COVID-19 rushimangira.

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *