Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu CP Kabera yasabye abantu kwirinda COVID-19 nimba bashaka gukomeza kwidagadura

admin
3 Min Read

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Commissioner of Police( CP) John Bosco Kabera yaraye avugiye kuri Televiziyo y’igihugu ko niba Abanyarwanda bashaka gukomeza kwidagadura no kwishimira ko hari ingamba zadohowe, nibakomeze kwirinda COVID-19 kuko ngo iyaje muri iki gihe yandura vuba.

Hari mu kiganiro ‘Ishusho y’Icyumweru’ yagarukaga ku ishusho y’uko umutekano mu Rwanda muri rusange n’ikurikizwa ry’amabwiriza yo kwirinda COVID-19 byari byifshe mu Cyumweru cyarangiye Tariki 05, Ukuboza, 2021.

Abajijwe uko abona Abanyarwanda birinda kiriya cyorezo muri iki gihe, CP Kabera yavuze ko muri rusange bakirinda neza ariko ko batagomba kudohoka ku ngamba ngo bibwire ko kuba hari imirimo myinshi yakomorewe, byahaye abantu uburenganzira bwo kutirinda kiriya cyorezo.

CP Kabera yagize ati: “ Abaturarwanda muri rusange barubahiriza amabwiriza. Ni nayo mpamvu tugeze aho tugeze aha ngaha ariko icyo tubasaba ni ugukomereza aho.  Noneho ariko iyo hajemo indi virusi yihinduranya, ntawe uzi niba ari yo ya nyuma cyangwa hazaza indi, biba bivuze ko bagomba gukaza umukandara, bakamenya ko bagomba kwirinda.”

Polisi y’u Rwanda ivuga ko niba abaturage bashaka gukomeza kwidagadura, guhahirana, ubukwe, gushyingura, ibitaramo, ingendo…ni ngombwa ko bakomeza kwirinda kiriya cyorezo ntigifate benshi.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yavuze ko hari ibintu bitanu Abanyarwanda bagomba kuzirikana.

CP Kabera avuga ko kugira ngo COVID-19 ihitana umuntu ngo ni uko aba yayirwaye.

Kugira ngo yirinde ko imuhitana bizamusaba kwirinda kuyirwara.

Kwirinda kuyirwara nabyo bizasaba Umunyarwanda kwirinda kuyandura.

Umuvugizi wa Polisi avuga ko ibyavuzwe haruguru byose kugira ngo byirindwe bisaba ko umuntu akurikiza ingamba Leta yafashe kugira ngo irinde abaturage kwandura kiriya cyorezo.

Indi ngingo Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yashimangiye ni ugukingirwa.

Avuga ko urukingo ari ikintu gikomeye mu gufasha abantu kwirinda kuzahazwa n’ubwandu bushya bwadutse bwa COVID-19 bwise Omicron.

Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente nawe aherutse kubwira Abadepite ko igihe kigeze ngo Abanyarwanda batarikingiza bafatirwe ingamba zibakumira, zikababuza kuba bakwanduza abakingiwe.

Twakwibutsa abasomyi ko ubwoko Omicron bwadutse bwa mbere muri Botswana ariko ubwandu bwinshi buboneka muri Afurika y’Epfo.

Abahanga bo muri Afurika y’Epfo nibo babitangaje, babikora bagamije kurinda ko abantu benshi bazandura bakayoborwa ubwoko bw’iyo virusi.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ubuzima ku isi riherutse gutangaza ko ubwoko bushya bw’icyorezo COVID-19 biswe Omicron bwamaze kugaragara mu bihugu 38 hirya no hino ku isi, ariko ngo amahirwe ni uko nta muntu burahitana.

Ibi ngo ni inkuru nziza ku batuye Isi muri rusange.

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *