• Latest
Umwuka mubi hagati y’Umunyamakuru M Irénée n’umubyeyi wa Vestine na Dorcas

Umwuka mubi hagati y’Umunyamakuru M Irénée n’umubyeyi wa Vestine na Dorcas

July 8, 2021
Impera za 2026 zirasiga mu Rwanda hatangwa umuti urinda kwandura SIDA

Impera za 2026 zirasiga mu Rwanda hatangwa umuti urinda kwandura SIDA

January 15, 2026
Uganda: Abatrage bazindukiye mu matora y’umukuru w’igihugu

Uganda: Abatrage bazindukiye mu matora y’umukuru w’igihugu

January 15, 2026
Perezida Kagame yakiriye ba Ambasaderi 2 bashya

Perezida Kagame yakiriye ba Ambasaderi 2 bashya

January 15, 2026
Muhanga : Uwitwa Venuste Havugimana arishyuza AFRISET Ibiva mu butaka butari ubwe

Muhanga : Uwitwa Venuste Havugimana arishyuza AFRISET Ibiva mu butaka butari ubwe

January 14, 2026
Perezida Kagame yizeje ubufatanye Gen Doumbouya wa Guinea

Perezida Kagame yizeje ubufatanye Gen Doumbouya wa Guinea

January 6, 2026
RDB yagabanyije ibiciro byo gusura Ingagi

RDB yagabanyije ibiciro byo gusura Ingagi

January 6, 2026
I Ngoma abantu 15 bakubiswe n’Inkuba ,9 bahasiga ubuzima

I Ngoma abantu 15 bakubiswe n’Inkuba ,9 bahasiga ubuzima

January 5, 2026
Ruben Amorim watozaga Manchester United yirukanwe

Ruben Amorim watozaga Manchester United yirukanwe

January 5, 2026
MIGEPROF yatabarije abagore bafunze batajya basurwa

MIGEPROF yatabarije abagore bafunze batajya basurwa

January 5, 2026
Dore zimwe mu ngamba zafatiwe mu Nama yo kurebera hamwe icyateza imbere umuryango

Dore zimwe mu ngamba zafatiwe mu Nama yo kurebera hamwe icyateza imbere umuryango

December 31, 2025
Zibaho wo gatsindwa we, kirazira mu muco wacu- Rutangarwamaboko abwira Pamela

Zibaho wo gatsindwa we, kirazira mu muco wacu- Rutangarwamaboko abwira Pamela

December 31, 2025
Uko Amb. Ndhungirehe afata ihagarikwa rya Gen Ekenge

Uko Amb. Ndhungirehe afata ihagarikwa rya Gen Ekenge

December 31, 2025
  • About
  • Advertise
  • Privacy & Policy
  • Contact
igisabo.rw
Advertisement
ADVERTISEMENT
  • AHABANZA
    • Home – Layout 1
    • Home – Layout 2
    • Home – Layout 3
    • Home – Layout 4
    • Home – Layout 5
    • Home – Layout 6
  • AMAKURU
    • All
    • Kwisi hose(world)
    • POLITIKE
    • Ubukungu
    • Ubumenyi(Science)
    Impera za 2026 zirasiga mu Rwanda hatangwa umuti urinda kwandura SIDA

    Impera za 2026 zirasiga mu Rwanda hatangwa umuti urinda kwandura SIDA

    Uganda: Abatrage bazindukiye mu matora y’umukuru w’igihugu

    Uganda: Abatrage bazindukiye mu matora y’umukuru w’igihugu

    Perezida Kagame yakiriye ba Ambasaderi 2 bashya

    Perezida Kagame yakiriye ba Ambasaderi 2 bashya

    Muhanga : Uwitwa Venuste Havugimana arishyuza AFRISET Ibiva mu butaka butari ubwe

    Muhanga : Uwitwa Venuste Havugimana arishyuza AFRISET Ibiva mu butaka butari ubwe

    Perezida Kagame yizeje ubufatanye Gen Doumbouya wa Guinea

    Perezida Kagame yizeje ubufatanye Gen Doumbouya wa Guinea

    RDB yagabanyije ibiciro byo gusura Ingagi

    RDB yagabanyije ibiciro byo gusura Ingagi

    Trending Tags

    • Trump Inauguration
    • United Stated
    • White House
    • Market Stories
    • Election Results
  • IKORANABUHANGA
    • All
    • Apps
    • Gadget
    • Mobile
    • Startup
    eKASH yamurikiwe ku mugaragaro abanyarwanda uko ikoreshwa n’akamaro ibafitiye 

    eKASH yamurikiwe ku mugaragaro abanyarwanda uko ikoreshwa n’akamaro ibafitiye 

    IBTC Kigali ishyigikiye ko gahunda z’ikoranabuhanga na Tekinike zakwigishwa mu Kinyarwanda

    IBTC Kigali ishyigikiye ko gahunda z’ikoranabuhanga na Tekinike zakwigishwa mu Kinyarwanda

    Sosiyete ya MTN Rwanda yatumijweho kugira ngo yisobanure kuri serivise mbi imaze iminsi itanga

    Sosiyete ya MTN Rwanda yatumijweho kugira ngo yisobanure kuri serivise mbi imaze iminsi itanga

    Mu Rwanda hagejejwe telephone za Infinix  zifite umwihariko n’udushya bidasanzwe

    Mu Rwanda hagejejwe telephone za Infinix zifite umwihariko n’udushya bidasanzwe

    Kigali: Hafunguwe Imurikagurisha Mpuzamahanga Nyirangarama akomeje kuzanamo udushya

    Kigali: Hafunguwe Imurikagurisha Mpuzamahanga Nyirangarama akomeje kuzanamo udushya

    Kuva ku myaka 4 kugera kuri 14 bazishyura 500frw mbere yo kwinjira muri Expo 2024

    Kuva ku myaka 4 kugera kuri 14 bazishyura 500frw mbere yo kwinjira muri Expo 2024

    Trending Tags

    • Nintendo Switch
    • CES 2017
    • Playstation 4 Pro
    • Mark Zuckerberg
  • IMYIDAGADURO
    • All
    • FILIMI
    • Imikino n'Imyidagaduro
    • Muzika
    • Siporo
    Ruben Amorim watozaga Manchester United yirukanwe

    Ruben Amorim watozaga Manchester United yirukanwe

    Zibaho wo gatsindwa we, kirazira mu muco wacu- Rutangarwamaboko abwira Pamela

    Zibaho wo gatsindwa we, kirazira mu muco wacu- Rutangarwamaboko abwira Pamela

    UEFA Champions League: Barcelona na Man city zatsinzwe

    UEFA Champions League: Barcelona na Man city zatsinzwe

    RGB yasheshe komite za Rayon sport Murenzi Abdallah yongera kuyifata bwa 3

    RGB yasheshe komite za Rayon sport Murenzi Abdallah yongera kuyifata bwa 3

    Trinity Nyakabingo FC niyo izahatanira igikombe na Rutongo Mines FC

    Trinity Nyakabingo FC niyo izahatanira igikombe na Rutongo Mines FC

    Rutongo Mines Fc iraranye Ikite iyihesha gukina Umukino wa nyuma

    Rutongo Mines Fc iraranye Ikite iyihesha gukina Umukino wa nyuma

  • IMIBIREHO YA BURI MUNSI
    • All
    • Fashion(Imideri)
    • Imirire
    • Ubucyerarugendo
    • Ubuzima
    Impera za 2026 zirasiga mu Rwanda hatangwa umuti urinda kwandura SIDA

    Impera za 2026 zirasiga mu Rwanda hatangwa umuti urinda kwandura SIDA

    Muhanga : Uwitwa Venuste Havugimana arishyuza AFRISET Ibiva mu butaka butari ubwe

    Muhanga : Uwitwa Venuste Havugimana arishyuza AFRISET Ibiva mu butaka butari ubwe

    RDB yagabanyije ibiciro byo gusura Ingagi

    RDB yagabanyije ibiciro byo gusura Ingagi

    Dore zimwe mu ngamba zafatiwe mu Nama yo kurebera hamwe icyateza imbere umuryango

    Dore zimwe mu ngamba zafatiwe mu Nama yo kurebera hamwe icyateza imbere umuryango

    Abaforomo n’ababyaza basabwe gukunda ibyo bakora

    Abaforomo n’ababyaza basabwe gukunda ibyo bakora

    Rév. Pasiteri Mudagiri Tabazi umwigisha w’Ijambo ry’Imana yatabarutse

    Rév. Pasiteri Mudagiri Tabazi umwigisha w’Ijambo ry’Imana yatabarutse

    Trending Tags

    • Golden Globes
    • Game of Thrones
    • MotoGP 2017
    • eSports
    • Fashion Week
  • INCAMACYE
    Kiliziya ya Ste Famille yizihije Umunsi Mukuru wayo hatangizwa Urugendo rwa Yubile y’Imyaka 50 Arkidiyosezi ya Kigali imaze ishinzwe

    Kiliziya ya Ste Famille yizihije Umunsi Mukuru wayo hatangizwa Urugendo rwa Yubile y’Imyaka 50 Arkidiyosezi ya Kigali imaze ishinzwe

    Polisi y’u Rwanda yungutse abapolisi 1903 bashya

    Polisi y’u Rwanda yungutse abapolisi 1903 bashya

    Abakorera Garage ATECAR bavuga ko bakora biyungura ubumenyi bugendanye n’ibinyabiziga biba bigezweho

    Abakorera Garage ATECAR bavuga ko bakora biyungura ubumenyi bugendanye n’ibinyabiziga biba bigezweho

    Mu cyumweru cyahariwe ubutabera hazibandwa ku buhuza nk’uburyo bufasha kudasiragira mu nkiko

    Mu cyumweru cyahariwe ubutabera hazibandwa ku buhuza nk’uburyo bufasha kudasiragira mu nkiko

    eKASH yamurikiwe ku mugaragaro abanyarwanda uko ikoreshwa n’akamaro ibafitiye 

    eKASH yamurikiwe ku mugaragaro abanyarwanda uko ikoreshwa n’akamaro ibafitiye 

    Amatike ashobora gushira mbere y’igitaramo-Abifuza kuzataramana na Richard Nick Ngendahayo baburiwe

    Amatike ashobora gushira mbere y’igitaramo-Abifuza kuzataramana na Richard Nick Ngendahayo baburiwe

No Result
View All Result
  • AHABANZA
    • Home – Layout 1
    • Home – Layout 2
    • Home – Layout 3
    • Home – Layout 4
    • Home – Layout 5
    • Home – Layout 6
  • AMAKURU
    • All
    • Kwisi hose(world)
    • POLITIKE
    • Ubukungu
    • Ubumenyi(Science)
    Impera za 2026 zirasiga mu Rwanda hatangwa umuti urinda kwandura SIDA

    Impera za 2026 zirasiga mu Rwanda hatangwa umuti urinda kwandura SIDA

    Uganda: Abatrage bazindukiye mu matora y’umukuru w’igihugu

    Uganda: Abatrage bazindukiye mu matora y’umukuru w’igihugu

    Perezida Kagame yakiriye ba Ambasaderi 2 bashya

    Perezida Kagame yakiriye ba Ambasaderi 2 bashya

    Muhanga : Uwitwa Venuste Havugimana arishyuza AFRISET Ibiva mu butaka butari ubwe

    Muhanga : Uwitwa Venuste Havugimana arishyuza AFRISET Ibiva mu butaka butari ubwe

    Perezida Kagame yizeje ubufatanye Gen Doumbouya wa Guinea

    Perezida Kagame yizeje ubufatanye Gen Doumbouya wa Guinea

    RDB yagabanyije ibiciro byo gusura Ingagi

    RDB yagabanyije ibiciro byo gusura Ingagi

    Trending Tags

    • Trump Inauguration
    • United Stated
    • White House
    • Market Stories
    • Election Results
  • IKORANABUHANGA
    • All
    • Apps
    • Gadget
    • Mobile
    • Startup
    eKASH yamurikiwe ku mugaragaro abanyarwanda uko ikoreshwa n’akamaro ibafitiye 

    eKASH yamurikiwe ku mugaragaro abanyarwanda uko ikoreshwa n’akamaro ibafitiye 

    IBTC Kigali ishyigikiye ko gahunda z’ikoranabuhanga na Tekinike zakwigishwa mu Kinyarwanda

    IBTC Kigali ishyigikiye ko gahunda z’ikoranabuhanga na Tekinike zakwigishwa mu Kinyarwanda

    Sosiyete ya MTN Rwanda yatumijweho kugira ngo yisobanure kuri serivise mbi imaze iminsi itanga

    Sosiyete ya MTN Rwanda yatumijweho kugira ngo yisobanure kuri serivise mbi imaze iminsi itanga

    Mu Rwanda hagejejwe telephone za Infinix  zifite umwihariko n’udushya bidasanzwe

    Mu Rwanda hagejejwe telephone za Infinix zifite umwihariko n’udushya bidasanzwe

    Kigali: Hafunguwe Imurikagurisha Mpuzamahanga Nyirangarama akomeje kuzanamo udushya

    Kigali: Hafunguwe Imurikagurisha Mpuzamahanga Nyirangarama akomeje kuzanamo udushya

    Kuva ku myaka 4 kugera kuri 14 bazishyura 500frw mbere yo kwinjira muri Expo 2024

    Kuva ku myaka 4 kugera kuri 14 bazishyura 500frw mbere yo kwinjira muri Expo 2024

    Trending Tags

    • Nintendo Switch
    • CES 2017
    • Playstation 4 Pro
    • Mark Zuckerberg
  • IMYIDAGADURO
    • All
    • FILIMI
    • Imikino n'Imyidagaduro
    • Muzika
    • Siporo
    Ruben Amorim watozaga Manchester United yirukanwe

    Ruben Amorim watozaga Manchester United yirukanwe

    Zibaho wo gatsindwa we, kirazira mu muco wacu- Rutangarwamaboko abwira Pamela

    Zibaho wo gatsindwa we, kirazira mu muco wacu- Rutangarwamaboko abwira Pamela

    UEFA Champions League: Barcelona na Man city zatsinzwe

    UEFA Champions League: Barcelona na Man city zatsinzwe

    RGB yasheshe komite za Rayon sport Murenzi Abdallah yongera kuyifata bwa 3

    RGB yasheshe komite za Rayon sport Murenzi Abdallah yongera kuyifata bwa 3

    Trinity Nyakabingo FC niyo izahatanira igikombe na Rutongo Mines FC

    Trinity Nyakabingo FC niyo izahatanira igikombe na Rutongo Mines FC

    Rutongo Mines Fc iraranye Ikite iyihesha gukina Umukino wa nyuma

    Rutongo Mines Fc iraranye Ikite iyihesha gukina Umukino wa nyuma

  • IMIBIREHO YA BURI MUNSI
    • All
    • Fashion(Imideri)
    • Imirire
    • Ubucyerarugendo
    • Ubuzima
    Impera za 2026 zirasiga mu Rwanda hatangwa umuti urinda kwandura SIDA

    Impera za 2026 zirasiga mu Rwanda hatangwa umuti urinda kwandura SIDA

    Muhanga : Uwitwa Venuste Havugimana arishyuza AFRISET Ibiva mu butaka butari ubwe

    Muhanga : Uwitwa Venuste Havugimana arishyuza AFRISET Ibiva mu butaka butari ubwe

    RDB yagabanyije ibiciro byo gusura Ingagi

    RDB yagabanyije ibiciro byo gusura Ingagi

    Dore zimwe mu ngamba zafatiwe mu Nama yo kurebera hamwe icyateza imbere umuryango

    Dore zimwe mu ngamba zafatiwe mu Nama yo kurebera hamwe icyateza imbere umuryango

    Abaforomo n’ababyaza basabwe gukunda ibyo bakora

    Abaforomo n’ababyaza basabwe gukunda ibyo bakora

    Rév. Pasiteri Mudagiri Tabazi umwigisha w’Ijambo ry’Imana yatabarutse

    Rév. Pasiteri Mudagiri Tabazi umwigisha w’Ijambo ry’Imana yatabarutse

    Trending Tags

    • Golden Globes
    • Game of Thrones
    • MotoGP 2017
    • eSports
    • Fashion Week
  • INCAMACYE
    Kiliziya ya Ste Famille yizihije Umunsi Mukuru wayo hatangizwa Urugendo rwa Yubile y’Imyaka 50 Arkidiyosezi ya Kigali imaze ishinzwe

    Kiliziya ya Ste Famille yizihije Umunsi Mukuru wayo hatangizwa Urugendo rwa Yubile y’Imyaka 50 Arkidiyosezi ya Kigali imaze ishinzwe

    Polisi y’u Rwanda yungutse abapolisi 1903 bashya

    Polisi y’u Rwanda yungutse abapolisi 1903 bashya

    Abakorera Garage ATECAR bavuga ko bakora biyungura ubumenyi bugendanye n’ibinyabiziga biba bigezweho

    Abakorera Garage ATECAR bavuga ko bakora biyungura ubumenyi bugendanye n’ibinyabiziga biba bigezweho

    Mu cyumweru cyahariwe ubutabera hazibandwa ku buhuza nk’uburyo bufasha kudasiragira mu nkiko

    Mu cyumweru cyahariwe ubutabera hazibandwa ku buhuza nk’uburyo bufasha kudasiragira mu nkiko

    eKASH yamurikiwe ku mugaragaro abanyarwanda uko ikoreshwa n’akamaro ibafitiye 

    eKASH yamurikiwe ku mugaragaro abanyarwanda uko ikoreshwa n’akamaro ibafitiye 

    Amatike ashobora gushira mbere y’igitaramo-Abifuza kuzataramana na Richard Nick Ngendahayo baburiwe

    Amatike ashobora gushira mbere y’igitaramo-Abifuza kuzataramana na Richard Nick Ngendahayo baburiwe

No Result
View All Result
igisabo.rw
No Result
View All Result
Home izindi nkuru

Umwuka mubi hagati y’Umunyamakuru M Irénée n’umubyeyi wa Vestine na Dorcas

NIYONKURU Edouard by NIYONKURU Edouard
July 8, 2021
in izindi nkuru
0
Umwuka mubi hagati y’Umunyamakuru M Irénée n’umubyeyi wa Vestine na Dorcas
0
SHARES
447
VIEWS
Share on FacebookShare on Twitter

Igikuba cyacitse mu bakurikirana amakuru y’imyidagaduro nyuma y’aho Umunyamakuru Murindahabi Irénée atandukanye n’abahanzikazi b’abavandimwe Vestine na Dorcas, bamaze kwamamara mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana.

Murindahabi yari amaze imyaka irenga ibiri ari we ureberera inyungu z’aba bahanzikazi bakorera umurimo w’Imana mu Itorereo rya ADEPR ndetse bakaba baririmba by’umwihariko muri Korali Goshen y’i Musanze.

Uwavuga ibyabo bikomeje kuba agatereranzamba ntabwo yaba agiye kure y’ukuri kuko nyuma y’ibaruwa yashyizwe hanze n’umunyamakuru Murindahabi wafashaga aba bakobwa abinyujije mu nzu ifasha abahanzi ye yitwa M. Irene Entertainment [MIE],umubyeyi wabo na we yanze kwiyumanganya.

Bijya gutangira….

Kuri uyu wa 7 Nyakanga 2021, umunyamakuru Murindahabi yashyize hanze ibaruwa yo guseserera ku mugaragaro aba bakobwa b’abavandimwe baririmba nk’itsinda rya Vestine na Dorcas.

Ni inkuru yatunguye benshi mu babakurikiranira hafi, baba abakundaga ibihangano by’aba bakobwa bari bamaze gushyira hanze indirimbo eshatu ndetse n’uyu munyamakuru uzwiho kuzamura impano z’abahanzi batandukanye.

Amagambo yabaye menshi ku mbuga nkoranyambaga buri wese yibaza ibyabaye kugira ngo aba bahanzikazi batandukane n’uyu munyamakuru wabafashaga cyane ko hatari higeze hatangazwa icyabatandukanyije.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa 8 Nyakanga, Murindahabi, yifashe ikiganiro akinyuza ku rukuta rwa YouTube rw’iyi kompanyi ye ya MIE, aho yahishuye byinshi abarenga igihumbi bari bamukiriye mu buryo bwa Live bagatungurwa.

Muri iki kiganiro Murindahabi yavuze ko nta kibazo na kimwe afitanye n’abana yafashaga cyangwa ababyeyi babo, ahubwo avuga ko icyabayeho ari abantu bagiye kumuteranya.

Yahishuye ko hari umugabo [yavuze ko yitwa Aimable] wabanje kumubwira ko akunda aba bahanzikazi ndetse nyuma aza guca ruhinga nyuma ajya kuganira n’umubyeyi wabo amubwira ko Murindahabi ari gusarura akayabo mu mpano y’aba bakobwa kandi akaba nta kintu gifatika abaha.

Yahawe urwandiko rumuteguza kujyanwa mu nkiko

Muri iki kiganiro cyamaze iminota irenga 50, Murindahabi wagaragaraga nk’ufite agahinda ko gutandukana n’aba bahanzikazi, yabwiye abari bamukurikiye ko itandukana ryabo atari we warigizemo uruhare.

Nk’uko byumvikanye mu majwi [Voice Notes] y’aba bahanzikazi, ngo umubyeyi wabo yifashishije umunyamategeko bandikira Murindahabi bamumenyesha ibyo agomba gukora atabikora akagezwa mu butabera.

Muri iki kiganiro uyu munyamakuru yasomye ibaruwa y’umunyamategeko wamwandikiye avuga ko ahagarariye umubyeyi wabo. Mu bikubiye muri urwo rwandiko harimo kuba umunyamategeko asaba uyu munyamakuru gusubiza shene ya Youtube y’aba bana, akerekana uburyo yagiye yinjizamo amafaranga aturutse mu muziki wabo.

Ikindi yasabwe ni ukugaragaza inkunga yahawe n’abantu mu izina rya Dorcas na Vestine.

Uyu munyamategeko yibukije Murindahabi ko natabikora mu maguru mashya, bizatuma ajyanwa mu butabera agakurikiranwaho ibyaha birimo kugundira umutungo w’undi muntu no gukoresha abana ubucakara abashakamo indonke cyane ko nta masezerano afitanye n’ababyeyi babo.

Avuga kuri ibi byose yasobanuye ko ibyo yakoze byose yifuzaga gufasha aba bana ndetse nta ndonke yigeze abashakamo. Yavuze ko yifuje kenshi kugirana amasezerano n’ababyeyi ba Dorcas na Vestine ariko ntibikunde.

Ku bijyanye na shene yabo ya Youtube, uyu munyamakuru yavuze ko yari yaranamaze kwemeranya na bo kuyibasubiza ndetse ko yiteguye kuyibaha n’abantu bayikurikira barenga ibihumbi 90, mu gihe avuga ko yayifashe ifite igihumbi.

Ikindi Murindahabi yongeyeho ni uko urukundo akunda aba bana rutatuma abareka gutyo gusa ahubwo ahamya ko igihe cyose bagarukira mu buryo bwiza yakwemera gusubirana na bo.Umwuka mubi wavutse hagati ya Murindahabi n’ababyeyi ba Vestine na Dorcas

Nyuma y’ikiganiro cya Murindahabi, umubyeyi w’abakobwa yavuze n’akari imurori

Mu gihe kitageze ku isaha, Murindahabi amaze gukora ikiganiro kuri YouTube, hahise hasohoka itangazo ryashyizweho umukono na Uzamukunda Elizabeth, ari na we mubyeyi wa Vestine na Dorcas wahise atangaza ko impamvu yaryo ari ugukuraho urujijo.

Uzamukunda yagaragaje ko Dorcas na Vestine batangiye bafungura shene kuri Youtube babifashijwemo n’uwitwa Ndayisaba Prince utuye mu Karere ka Musanze, iki gihe bakaba barifuzaga kujya banyuzaho indirimbo basubiyemo.

Ati “Youtube imaze kwamamara abana bashutswe n’uwitwa Maombe abazana i Kigali ababwira ko agiye kubamamaza, abahuza na Murindahabi.”

Uzamukunda avuga ko uyu munyamakuru yasabye abana imibare y’ibanga yaba uwa Youtube ndetse n’iyo bakoresha ku zindi mbuga nkoranyambaga.Yagaragaje ko kuva icyo gihe Murindahabi yatangiye kwiyitirira aba bana akajya asaba amafaranga yo gufasha Dorcas na Vestine.

Ati “Ibimenyetso birahari, ariko urugero ni umuntu utuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika watanze 165000 Frw azi ko ayahaye abana undi akayirira.”

Uyu mubyeyi yemera ko Murindahabi yakoreye abana be indirimbo zirimo ’Nahawe ijambo’ na ’Papa’, ariko byose akabikora ariko anabasabisha amafaranga ayo abonye yose ngo akayirira. Yavuze ko nyuma yo kubona ibi byose aribwo bamusabye guhagarika ibikorwa byose yakoranaga n’abana be.

Icyo gihe ngo Murindahabi yagiye i Musanze iwabo ajyanye amasezerano bityo se w’abana S/sgt Nizeyimana Mazimpaka yanga kuyasinya.

Umubyeyi yasabye guhabwa ubutabera ku bw’abana be

Mu minsi ishize ubwo abana ngo batangiraga ibiruhuko, Murindahabi yabakoreye indirimbo ya gatatu yise ‘Donai’ ariko yanga kuyisohora atarabona amasezerano.

Mukuru wa Dorcas na Vestine witwa Aline wajyaga ubacungira Youtube yabo, yaje kwifuza kureba aho ibikorwa byabo bigeze asanga imibare y’ibanga yarahinduwe.

Muri iyi baruwa kandi uyu mubyeyi yavuze ko yahuye na Murindahabi, amusaba kurekura shene ya Youtube y’abana undi arabyemera ariko ntiyabikora.

Yongeraho ko uyu munyamakuru yakomeje kubwira abana amagambo mabi ko iwabo ari abanyacyaro, ko nibatumvikana azasiba indirimbo zabo akabazimya bishoboka.

Ikindi cyabaye ikibazo gikomeye ni uko nyuma nyuma y’ayo makimbirane, indirimbo ya gatatu y’aba bana uyu munyamakuru yayisohoreye kuri shene ye bwite. Ibi byatumye bihutira kwiyambaza umunyamategeko wabo yandikira Murindahabi amuteguza ko bazamurega.

Uyu mubyeyi yahishuye ko Murindahabi akimara kubona iyi baruwa yandikiye abana ubutumwa bugufi abasaba kumushimira kugira ngo RIB itamufata.

Ati “Akimara kubona iyo baruwa, yihutiye gushaka abana ngo bitandukanye natwe, abandikira SMS abashuka ngo bifate amajwi bamushimira bavuge ko yabarihiye amashuri kugira ngo RIB itamufata. Abana barabikora ariko bahita babitumenyesha.”

Uyu mubyeyi yasoje avuga ko yakoze ibi byose kugira ngo Abanyarwanda bamenye ukuri, anasaba inzego z’ubutabera ngo zirenganure umuryango we.

Ibyo wamenya kuri Vestine na Dorcas

Ishimwe Vestine na Kamikazi Dorcas ni abavandimwe babiri bavuka mu Karere ka Musanze, biyemeje kuririmba indirimbo zihimbaza Imana mu myaka y’ubuto bwabo.

Ishimwe Vestine Taricy yavutse tariki 2 Gashyantare 2004, ubu yiga mu mwaka wa kane w’amashuri yisumbuye. Kamikazi Dorcas we yavutse ku wa 28 Kamena 2006.

Batangiye kuririmba ku giti cyabo mu 2018 ariko ubu ni bwo babashije gushyira hanze indirimbo yabo ya mbere. Guhera umwaka ushize ni bwo bakoranaga na M. Irene Entertainment y’umunyamakuru Murindahabi Irénée wa ISIBO TV.

Dorcas & Vestine batandukanye na MIE nyuma y’aho bari mu irushanwa ryiswe “Rwanda Gospel Stars Live” ryahurijwemo abahanzi 15 bari ku ruhembe rw’abafite igikundiro mu muziki uhimbaza Imana, bahataniye igihembo cya miliyoni zirindwi z’amafaranga y’u Rwanda.

Umunyamakuru Murindahabi yavuze ko yiteguye kugumana n’aba bana mu gihe iwabo baba bahinduye imitekerereze

Vestine na Dorcas batangiye kwikorana. Ubwo bitabiraga igikorwa cya Rwanda Gospel Stars Live ntibari baherekejwe na Murindahabi

Previous Post

UPDATES: Bwa mbere mu Rwanda abantu 16 bishwe na COVID-19 mu munsi umwe, abayikize ni 816

Next Post

Mu Rwanda: Abantu 14 bishwe na COVID-19, abayikize ni 984

NIYONKURU Edouard

NIYONKURU Edouard

Next Post
Abantu 12 bishwe na COVID-19 mu munsi umwe, abayanduye mu Rwanda ni 883

Mu Rwanda: Abantu 14 bishwe na COVID-19, abayikize ni 984

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Stay Connected test

  • 99 Subscribers
ADVERTISEMENT
  • Trending
  • Comments
  • Latest
Rurageretse hagati y’uwahoze ari Minisitiri n’uwo yijeje kugira Umugore akishakira undi

Rurageretse hagati y’uwahoze ari Minisitiri n’uwo yijeje kugira Umugore akishakira undi

December 2, 2025

Dore igisubizo ku bagabo bafite igitsina gito

December 30, 2020
Sobanukirwa uko amapeti y’abapolisi mu Rwanda arutanwa n’imishahara yabo

Sobanukirwa uko amapeti y’abapolisi mu Rwanda arutanwa n’imishahara yabo

September 19, 2020

Gitisi Secondary & TVET School ni Amizero arambye y’urubyiruko rwahisemo kuhiga

September 3, 2021
Urwego rw’igihugu rushinzwe Igorora RCS rwirukanye ACP Dr George Ruterana

Urwego rw’igihugu rushinzwe Igorora RCS rwirukanye ACP Dr George Ruterana

6

Hello world!

1
Kicukiro: Akagari ka Nyanza  bakomeje kubaka akajagari bakingiwe ikibaba n’Abayobozi b’inzego z’ibanze

Kicukiro: Akagari ka Nyanza bakomeje kubaka akajagari bakingiwe ikibaba n’Abayobozi b’inzego z’ibanze

1

Shadow Tactics: Blades of the Shogun Review

0
Impera za 2026 zirasiga mu Rwanda hatangwa umuti urinda kwandura SIDA

Impera za 2026 zirasiga mu Rwanda hatangwa umuti urinda kwandura SIDA

January 15, 2026
Uganda: Abatrage bazindukiye mu matora y’umukuru w’igihugu

Uganda: Abatrage bazindukiye mu matora y’umukuru w’igihugu

January 15, 2026
Perezida Kagame yakiriye ba Ambasaderi 2 bashya

Perezida Kagame yakiriye ba Ambasaderi 2 bashya

January 15, 2026
Muhanga : Uwitwa Venuste Havugimana arishyuza AFRISET Ibiva mu butaka butari ubwe

Muhanga : Uwitwa Venuste Havugimana arishyuza AFRISET Ibiva mu butaka butari ubwe

January 14, 2026

Recent News

Impera za 2026 zirasiga mu Rwanda hatangwa umuti urinda kwandura SIDA

Impera za 2026 zirasiga mu Rwanda hatangwa umuti urinda kwandura SIDA

January 15, 2026
Uganda: Abatrage bazindukiye mu matora y’umukuru w’igihugu

Uganda: Abatrage bazindukiye mu matora y’umukuru w’igihugu

January 15, 2026
Perezida Kagame yakiriye ba Ambasaderi 2 bashya

Perezida Kagame yakiriye ba Ambasaderi 2 bashya

January 15, 2026
Muhanga : Uwitwa Venuste Havugimana arishyuza AFRISET Ibiva mu butaka butari ubwe

Muhanga : Uwitwa Venuste Havugimana arishyuza AFRISET Ibiva mu butaka butari ubwe

January 14, 2026

We bring you the latest news with facts. Check our landing page for details.

Follow Us

Browse by Category

Recent News

Impera za 2026 zirasiga mu Rwanda hatangwa umuti urinda kwandura SIDA

Impera za 2026 zirasiga mu Rwanda hatangwa umuti urinda kwandura SIDA

January 15, 2026
Uganda: Abatrage bazindukiye mu matora y’umukuru w’igihugu

Uganda: Abatrage bazindukiye mu matora y’umukuru w’igihugu

January 15, 2026
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMYIDAGADURO
  • IMIBIREHO YA BURI MUNSI
  • INCAMACYE

© 2024 All Right Reserved IGISABO NEW PAPER Developed by ~MORGAN NIYITEGEKA

No Result
View All Result
  • AHABANZA
    • Home – Layout 1
    • Home – Layout 2
    • Home – Layout 3
    • Home – Layout 4
    • Home – Layout 5
    • Home – Layout 6
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMYIDAGADURO
  • IMIBIREHO YA BURI MUNSI
  • INCAMACYE

© 2024 All Right Reserved IGISABO NEW PAPER Developed by ~MORGAN NIYITEGEKA