OMS Yatanze umuburo ku cyorezo cya covid 19

admin
2 Min Read

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS), ryatanze umuburo ko urwego Covid-19 igezeho itakiri iyo kugirwaho impaka gusa, ahubwo ko hakwiye kugira igikorwa mu gukaza ingamba.

Mu kiganiro n’itangazamakuru, inzobere mu bijyanye n’indwara z’ibyorezo muri OMS, Maria Van Kerkhove, yavuze ko icyorezo kiri kuzamuka mu buryo bwihuse cyane bitari byitezwe.

Nkuko bigaragara mu mibare iki cyorezo kiri kuzamuka cyane kuko mu cyumweru cyashize ubwandu ku Isi yose bwazamutseho 9% naho impfu zizamukaho 5%.

Ku ruhande rw’umuyobozi wa OMS, Tedros Adhanom, yavuze ko urukingo ari wo muti urambye wagabanya iki cyorezo ariko hagakomeza no kubahirizwa amabwiriza atangwa n’inzego z’ubuzima.

Ati “ Biragaragara ko iki cyorezo kitagiye gushiraho vuba, gusa hari igikwiye gukorwa kugira ngo ubwandu n’impfu bigabanuke. Ibi harimo gusaranganya urukungo no gukomeza kubahiriza amabwiriza twambara udupfukamunwa, guhana intera n’izindi ngamba zose zidufasha kwirinda.”

Yakomeje anenga bimwe mu bihugu byatereye agati mu ryinyo bidashaka kubahiriza ingamba kandi abantu bari gupfa buri munsi.

Ati “Hari ibihugu ubona kwirinda ntacyo bi babwiye. Za restaurants, utubyiniro n’amasoko birafunguye, ubona ko kubahiriza amabwiriza badashaka kubyumva kandi abantu bakomeje gupfa.”

Kuva COVID-19 yatangira gukwirakwira ku Isi kugeza ubu hamaze kuboneka ubwandu busaga miliyoni 137 mu gihe abasaga miliyoni 2.9 bamaze gupfa.

umuyobozi wa OMS arihanangiriza ibihugu bigikerensa icyorezo cya Covid 19
Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *