Nyuma yuko bari bamaze igihe kinini bagira inama abanyarwanda b’ingeri zitandukanye mu buryo bagomba kwifata ngo barangwe n’ubuzima bwiza buzira umuze, abahagarariye Good Reflexology Massage Center LTD bahisemo kwegera abantu m’umujyi wa Kigali i Remera aho bakoresha uburyo kamere bw’ibiganza n’ibirenge, uburyo bugezweho bwo gukangura imyakura y’umubiri hagambiriwe gufasha abantu kugira ubuzima bwiza buzira amavunane.

Iyo ugeze kuri iri vuriro kabuhariwe mukuvura abantu hifashishijwe uburyo bwa kamere, usanganirwa n’inzobere mugufasha abantu bashaka kurangwa n’ubuzima buzira amavunane babyize banabikora igihe kirekire.
Ubwo twasuraga iki kigo Good Reflexology Massage Center, Umuyobozi Wacyo Bwana Safali Raban yadutangarije birambuye, amavu n’amavuko y’ikigo, atubwira birambuye ibikorwa bitandukanye bakorera ababagana.
Mubyo bakora harimo kunanura abantu imiitsi, kubafasha gushira amavunane, kubafasha kwirinda Canseri na Diyabeti, kubavura ukuruha k’ubwonko Stress, kubavura umugongo n’ibindi byinshi, byose bigakorwa hifashijwe ibimera bitandukanye biboneka mu gihugu hativanzemo imiti yo mu nganda niyo yaza ikaba inyongera.

kugabanya umubyibuho no kunanirwa k’ubwonko, Mudpuck kunga ahavunitse cyangwa ahafite ububabare, Socking , gufasha ibirenge bibyimbye kubyimbuka, Nutritional Traitment, kugirwa inama y’ibyo bashobora kurya, kubapima ibiro kugirwa inama y’ibigomba kuribwa kugira ngo ibiro bigabanuke cyangwa byiyongere iyo ari ngombwa, Counseilling kubagira inama zitandukanye zituma bagira ubuzima bwiza harimo no gukoreshwa Sport, no kubakandira ahashoboka hose.
Uyu muyobozi asobanura neza ko ibikoresho n’imiti bakoresha bituruka hirya no hino mu Rwanda mu giturage. Avuga ko ababagana kino gihe ari benshi baturuka mu mujyi wa Kigali, agasaba n’abo mu Ntara zitandukanye kuzagana ikigo cyabo Good Reflexiology kugira ngo bafashwe kubona ubuzima bwiza hakoreshejwe ibimera byo mu Rwanda.
Bwana Raban, asoza avuga ko icyo abantu bose bamenya ari uko Good Reflexiology Center LTD Ifite akarusho utasanga ahandi . Bacumbikira bakanafasha ababagana kubona aho barara iyo baturutse kure batabasha gusubirayo.

Ikinyamakuru Igasabo cyaganiriye kandi na Muganga w’inzobere w’ibyo bitaro bya Good Reflexiology Niyo mugabo Eric, umwe mubashinzwe gukangura ibice by’umubiri kubabagana, akaba afite ubunararibonye bw’igihe kirekire kuko nyuma yo gukurikirana no kurangiza amasomo yabyo mu gihugu cya Kenya yakoze mu bitaro bitandukanye by’aho, ubwo bumenyi n’ubunararibonye Eric Niyomugabo akaba yaraje kubisangiza abanyarwanda b’ingeri zitandukanye baza babagana.
Avuga ko icyo abantu bamenya ari uko Reflexiology atari ubuvuzi bw’abanyamahanga gusa, kuko n’abanyarwanda bagomba kubwitabira ari benshi cyane ari ugufasha umubiri kuwongerera imbaraga hakoreshejwe umuryo kamer e, umuntu agasubira uko yari ameze akiri umusore.
Atanga urugero ko nko muri Kenya byateye imbere ku buryo abivuriza mu mavuriro nkayo ari benshi cyaneugeranyije n’abagana amavuriro asanzwe no mu Rwanda bakaba bagomba kugana Good Reflexiology Center LTD ari benshi..
Agira ati “ twiteguye gufasha abantu gukira indwara zose zinaniza umubiri wabo. Uretse gukangura umubiri w’abatugana dukoresheje ibiganza n’ibirenge byabo, tunabakoresha na sport nkeya. Akamaro k’iyo Sport ni ukunanura imitsi ndetse bikanakangura ubwonko. Ikindi binafasha ni uko burya hari amakanseri aba ataragera ku rwego rwo hejuru bityo ayo ngayo ahita akira. Sport tuyikoresha dukurikije uburwayi abantu bafite. Ubusanzwe abantu bamenyereye imiti bavana muri za pharmacie za kizungu twe dukoresha imiti y’umwimerere nko kubuka dukoresheje ibyatsi birimo inturusu ya Makurata, kuvurisha ibikakarubamba, ibisura , n’ibindi byatsi biva iwacu mu mirima.”

Uyu muganga w’inzobere mugakungura imyakura y’umubiri w’umuntu Eric Niyomugabo asoza asaba abantu bose kugana ivuriro Good Reflexiology, kuko bahishiwe byinsi batasangana abandi. Ku giti cye ubumenyi bwose afite, yiteguye kubukoresha kugira ngo abanyarwanda barusheho kugira ubuzima bwiza.
Avuga ko ari amahirwe kuba ivuriro ryabo Good Reflexiology, rikorera hafi y’ibibuga by’umipira kuri Stade Amahoro na Petit Stade, ndetse n’indi mikino itandukanye bityo agasaba abakinnyi n’abandi benshi kuza ku ivuriro gufata inama z’uburyo ingingo zabo zigororwa bagahorana ubuzima buzira umuze bityo bagakora ibyabo bameze neza.
Akarusho ka Good Reflexiology LTD, nk’uko ubuyobozi bw’ivuriro bubivuga, ikindi ni uko bakurikirana umurwayi waje ubagana amezi abiri yose nyuma y’uko yakize, bakamufasha kumenya guhinduranya imirireye na cyane ko indwara nyinshi ziva ku mirire mibi cyangwa se ku mwanda.
Ni muri urwo rwego banabagira inama zo kurya ibiryo bifite isukari y’umwimerere, nk’ ibinyabijumba , ibibisheke, imbuto zitandukanye, imboga rwatsi n’ibindi byinshi by’umwimerere byubaka ubuzima bwa muntu.
Ikigo kabuhariwe mukuvura no gutanga inama kubigendanye no kugira ubuzima bwiza buzira umuze n’amavunane, muragisanga I Remera munsi gato ya KIGALI ARENA, hafi y’urusengero rwa ADEPR, bakaba bakira neza abantu bose, kuva kumyaka itangatu 6 ans kuzamura ku myaka yose isigaye.
Telefoni y’abo ni 0787602343, 0789599115
Email. Goodreflexiommassage123@gmail.com
E. Niyonkuru

