Bugesera : Umuhesha w’inkiko Feston Kagame aravugwaho kwiba inzu y’umuturage

admin
8 Min Read

Ni amagambo avugwa n’umuturage wo m’umurenge wa Rilima Akarere ka Bugesera, ushinja umuhesha w’inkiko w’umwuga Feston Kagame kumugurishiriza inzu atabizi, anayitesheje agaciro ka 75%.

Bwana Seminega Filibert utuye m’umurenge wa Rilima niwe nyiri iyi nzu iherereye mu ga Santeri ku bucuruzi ka Kimaranzara. Avuga ko ubusanzwe yari afite inguzanyo yahawe n’icyahoze ari SORAS nka Garanti y’imirimo y’ubwubatsi bw’amazu  yubakiraga abantu ,  iyo nzu aba ariyo atangaho ingwate cyakora aza kubura ubwishyu, bityo yemerera SORAS ko agiye kuyigurisha akabishyura ni uko Umuhesha w’inkiko Feston Kagame abaca murihumye ayigurisha ibihumbi 150(150,000Frw, mugihe Umugenagaciro w’umwuga yari yarayihaye agaciro ka Miliyoni esheshatu zirenga (6,484,000Frw)

Agira ati “Mu by’ukuri nari maze kumvikana na SORAS uburyo ngiye kubishyura maze kugurisha inzu yanye nari narabahayeho ingwate. Naje kugira amahirwe y’uko aho iyo nzu yubatse Akarere ka Bugesera kifuzaga kugira ibindi bikorwa kahakorera, maze bambarira Miliyoni enye n’igice(4,500,000) ndabyemera ariko mugihe bataranyishyura numva ko Feston inzu yamaze kuyigurisha ntacyamunara ibaye na ntoya,  yemwe baba abaturage bahegereye n’abayobozi bose bo munzego z’ibanze ntawabimenye.”

Aha niho Bwana Seminega ahera ashinja Umuhesha w’inkiko Feston ubujura n’uburiganya bukabije kuko ngo n’ubwo yari ashinzwe kurangiza imanza za SORAS ibyo byose ngo yabikoze Soras ntacyo ibiziho nkuko ngo yabibwiwe n’umukozi wa Soras witwa Kabera waje gukurikirana amakuru yigurishwa ry’iyo nzu nyuma y’aho.

Igihamya ko uwo muhesha w’inkiko Feston, yabikoranye ubujura nkuko Bwana Seminega abivuga,  ngo ni icy’uko iyo nzu yagurishijwe muri 2017, nyamara amafaranga akagera kuri Konti ya Soras,  tariki 23/01/2019 ari uko Seminega akomeje gusaba kurenganurwa.

 Ikindi ni uko ngo Feston atagurishije iyo nzu yonyine kuko n’ikibanza ngo yari afite ahitwa Kabeza naho m’umurenge wa Rilima yakigurishije ibihumbi ijana (100,000) byonyine, mugihe  cyari gifite agaciro ka Miliyoni ebyiri(2,000,000),  aya yo ngo ntiyigeze ayageza kuri Konti ya Soras. Nyuma yayo manyanga Feston ngo akaba yarahise yirukanwa,  yamburwa amasezerano yari afitanye na Soras.

Habayeho ubujura bukabije muri Cyamunara

Uretse kugurisha mu ibanga inzu y’umuturage, Feston ngo yanakoresheje inyandiko mpimbano  kubera ko yahimbye icyangombwa cy’ubutaka agiha uwo baguze mu gihe Seminega icyangombwa cy’inzu ye No 1004 akigifite.

Agira ati “byarantangaje cyane mbonye uwitwa ngo yaguze inzu yanye afite icyangombwa cyayo kandi icy’umwimerere nkifite. Ibyo byerekana amanyanga n’ubujura Bya Huissier Feston Kagame yakoresheje kugira ngo anyibire inzu ariyo mpamvu nisunze ubutabera nkaba nizeye ntashidikanya ko buzakora akazi kabwo nkarenganurwa umunyacyaha akabiryozwa.

Ikinyamakuru igisabo cyagerageje inshuro nyinshi kuvugisha Umuhesha w’inkiko Feston Kagame,  kuri ubu bujura ashinjwa n’umuturage yagurishirije inzu mu manyanga no kuyitesha agaciro,  ariko yanga kutuvugisha ngo ikibazo kiri m’urukiko nta kintu yakivugaho.

  Ikinyamakuru igisabo  kiyambaje  Umuyobozi w’urugaga rwabo Bwana Sebera Nyunga Antoine,  ngo amudusabire ko yakwemera kutuvugisha ariko nawe aramwangira ntiyagira icyo avuga.

Aganira n’ikinyamakuru igisabo Bwana Sebera Nyunga Antoine, avuga ko ubusanzwe itegeko riteganya cyamunara byibura incuro eshatu kugira ngo umutungo w’umuturage udateshwa agaciro n’abakomisiyoneri baza kuvangira abagura.

Agira ati “cyamunara ya mbere ntigomba kujya munsi ya 75% by’agaciro k’umutungo kagaragajwe n’ubifitiye ububasha. Kunshuro ya kabiri nabwo ni uko ntajya hasi ya 75%. Gusa ku nshuro ya 3 iyo byanze Umuhesha w’inkiko afata icyemezo agafata uwatanze menshi kurusha abandi uko yaba angana kose.”

Bwana Sebera, avuga ko akajagari kaboneka muri za cyamunara kino gihe gaterwa ahanini n’uko abahesha b’inkiko bajya aho ikigurishwa kiri, ibyo bigatuma bagambana n’aba Komisiyoneri baza batesha agaciro umutungo w’umuturage.

Asoza yizera ko itegeko rishya riri gusuzumwa n’ababishinzwe rizabikosora neza kuko ibikorwa byose by’igurishwa bizajya bikorwa mu ikoranabuhanga gusa.

Abajijwe icyo bateganyiriza umuntu nka Feston Kagame watesheje agaciro cy’inzu y’umuturage yari ifite agaciro ka Miliyoni 6 akayitanga kubihumbi 150  nta n’umuyoobozi ubizi ndetse na nyiri ubwite, avuga ko ayo ari amakosa akwiriye guhanirwa.

Agira ati “uwo muturage koko niba ariko byagenze yagombye kubiregera. Iyo umunyamuryango wakoze amakosa ahamijwe icyaha n’inkio, natwe m’urugaga tumufatira ibihano kandi bikomeye.”

Mu baturage baturanye n’uyu muturage Seminega, baganiriye n’ikinayamakuru igisabo bahamije ko iyo cyamunara itabaye, bikanagaragazwa n’ibaruwa abayobozi bo mu nzego z’ibanze banditse kuwa 23/04/2019, bahamya ko babonye itangazo ari ko ko nta cyamunara yabaye bazi. Bikavugwa ko Feston Kagame yishakiye umuntu I Kigali bakandikirana ko baguze inzu akamushakira icyangombwa cy’igihimbano bikarangira gutyo.

Ikinyamakuru Igisabo, cyageze ku kigo cy’ubwishingizi  Sanlam yasimbuye icyahoze ari SORAS yari yahaye akazi Umuhesha w’inkiko Feston Kagame, maze ushinzwe amategeko muri icyo kigo Munyanshongore Gilbert,  avuga ko nabo nka batunguwe n’uwo muhesha w’inkiko Festo Kagame kubera ko mubyo bari bamutumye nta na kimwe yabatunganyirije.

Agira ati “uwitwa Seminega wo mu Bugesera koko, twamwishyuzaga Miliyoni 6 na Magana cyenda yagombaga kuva mu mitungo ye,  hagamijwe kwishyura inguzanyo twamuhaye atabashije kwishyura nk’uko urukiko rwabimwemeje. Twatunguwe rero no kumva ko Feston Kagame yatesheje agaciro umutungo wa Seminega awugurisha ibihumbi 150 nkaho yabonagako aribwo bwishyu.”

Uyu munyamategeko wa Sanlam Gilbert,  avuga ko mu by’ukuri Umuhesha w’inkiko Festo Kagame n’ayo mafaranga bivugwa ko yagurishije inzu muri cyamunara atanabamesheje ibyayo ndetse ayo mafaranga ibihumbi 150 yayamaranye imyaka ibiri yose kuko yagurishije kuwa 02/11/2017 akayashyira Konti ya SORAS kuwa 31/01/2019.

Avuga ko kandi ko  ikibanza kivugwa cya Kabeza nacyo yagurishije ibihumbi ijana nabyo  babibonye nyuma y’umwaka wose nayo akaba ntacyo yari amaze ugereranyije  nayo Sosiyeti yari yamutumye.

Bwana Gilbert Umunyamategeko,   avuga ko nka Sanlam bashyigikiye kuba Seminega yarareze uwo muhesha w’inkiko Feston Kagame,  cyane ko bizeye ko ubutabera buzakora akazi kabwo agasubizwa umutungo we nawe akabasha kwishyura ayo agomba Sanlam.

Abajijwe niba badateganya kurega nabo ubwabo Umuhesha w’inkiko Feston Kagame utarasohoje isezerano yari yahawe, avuga ko bategereje imyanzuro y’urubanza yarezwemo.

Agira ati “icyo twakoze twandikiye Akarere ka Bugesera,  kugira ngo gahagarike iherekanya mutungo ryashakaga gukorwa n’uwitwa Rukundo witwa ko yaguze muri cyamunara,  kugira ngo umutungo ugume kuri Seminega ukidufitiye ideni noneho bizakemurwe n’urukiko, kuko icyemezo cya cyamunara ubusanzwe gikurwaho n’icyemezo cy’urukiko.

Bwana  Lambert umunyamategeko avuga ko Sanlam yahoze ari SORAS ubundi ari Sosiyeti yo kwizerwa ikorana neza n’abayigana bose,  ariyo mpamvu yari yishingiye n’uwo Seminega mu kazi ko kubaka yari afite kandi bikaba bikorerwa n’abandi bantu benshi bayisunga mu bihe byose.

Agaya cyane Umuhesha w’inkiko Feston Kagame washatse gusahurira munduru atesha agaciro  umutungo w’umuturage  ntanasoze anamasezerano yari yagiranye na Sosiyeti.

Ni kenshi abahesha b’inkiko bagiye bavugwaho guhemukira ababatumye n’abo batereza cyamunara, ahanini bagambiriye amaronko batavunikiye, gusa uwitwa Feston Kagame yakabije ubuhemu kuko yahemukiye Sanlam yamutumye agashaka no kurya umutungo w’ umuturage  awutesha agaciro mu buryo bubabaje inzu yari kugura Miliyoni 6, akayigurisha ibihumbi 150.

 Umuyobozi w’urugagaga rw’abahesha b’inkiko mu Rwanda,  akavuga ko amanyanga n’ubusambo bw’abamwe mu bahesha b’inkiko buzakemurwa n’itegeko riri hafi gusohoka ribategeka kujya bakora cyamunara hifashishijwe ikoranabuhanga hanubahirizwa amategeko agenga umwuga wabo.

E. Niyonkuru

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *