Kuyi uyu wa kane nibwo habaye ihererekanyabubasha hagati ya Komite Nyobozi nshya iherutse gutorwa muri Kiyovu Sports, iyobowe na Mvukiyehe Juvénal ndetse n’iyari iyobowe na Mvuyekure François.
Muri uyu muhango wabereye kuri Galaxy Hotel mu Mujyi wa Kigali, Komite Nyobozi nshya ya Kiyovu Sports yashyikirijwe ububasha bwo kuyobora mu myaka itatu iri imbere ndetse inamurikirwa umutungo w’ikipe.
Twizere Bérnard wari uyoboye iki gikorwa yagize ati “Komite icyuye igihe imurikiye iherutse gutorwa abakozi ba Kiyovu Sports, umutungo ifite, ibikoresho byo mu biro n’ibyo ku kibuga ndetse n’amadeni ifite.”
Mvuyekure François wayoboraga Kiyovu Sports yavuze ko biteguye gufatanya na Komite nshya kugira ngo bakomeze guteza imbere Kiyovu Sports.

Umuyobozi mushya wa Kiyovu Sports, Mvukiyehe Juvénal, watowe ku Cyumweru, yashimiye abahoze bayobora Kiyovu Sports ku gikorwa cy’ihererekanyabubasha bateguye, avuga ko bizeye ko ibyagaragajwe byose bazabibona.

Ati “Ndashimira abayobozi twicaranye hano bayoboye Kiyovu Sports ku bwitange bwabo. Turizera ko ibyo baduhaye mu mpapuro byose tuzabibona mu biro by’ikipe. Hari abakozi bahoraho, hari abataraba abakozi b’ikipe, byose tuzabirebaho.”
Yakomeje avuga ko ibijyanye n’umutungo w’ikipe n’ingengo y’imari ikipe izakoresha mu mwaka utaha w’imikino bizamenyekana mu gihe cya vuba nyuma y’uko byari byakozweho n’inama y’Inteko Rusange.
Ati “Ibijyanye n’amadeni n’ibindi, mu Nama y’Inteko Rusange yabaye hari akanama kashyizweho kari kugenzura ibyo byose, hari ibitararangira tuzashyikirizwa hashize amezi abiri.”
Mvukiyehe Juvénal yavuze ko mu byihutirwa bagiye gukora ari uguha amasezerano abatoza ku buryo bazasinya bitarenze ku wa Gatanu, tariki ya 2 Ukwakira, kugira ngo ikipe itangire kwitegura urugendo rwo guhatanira igikombe.
Kiyovu Sports yabaye iya gatanu mu mwaka ushize w’imikino wa 2019/20, iheruka kwegukana Shampiyona n’igikombe cy’Igihugu mu 1993.
Abitabiriye iki gikorwa bahoze muri komite icyuye igihe, ni uwahoze ari Perezida wayo, Mvuyekure Francois, mu gihe muri kimite nyobozi nshya, hari:
Mvukiyehe Juvenal: Perezida wa Kiyovu
Kayumba Jean Pierre: Umuyobozi wa Board
Hon. Mukanoheri Saidati: Umuyobozi wungirije wa Board
Kayiganwa Ange: Umubitsi wa Kiyovu
Munyengabe Omar: Umunyamabanga wa Kiyovu
Twizere Bernard wayoboye uyu muhango, yahaye Francois inyandiko ikubiyemo:
Amadeni y’ikipe
Umubare w’abakozi b’ikipe
Amafaranga ari kuri konti y’ikipe
Ibikoresho by’ikipe, yaba ibyo mu kibuga n’ibyo mu biro
Kayumba Jean Pierre uyoboye Board ya Kiyovu Sport, yavuze ko biteguye gufasha komite nyobozi nshya gutegura imishinga minini izafasha ikipe kubona ubushobozi bwo kuyitunga, cyane ko mu byagiye biba imbogamizi mu ri iyi kipe, ari ubushobozi butatangiwe igihe n’uwahoze ari umufatanyabikorwa w’iyi kipe ari we Akarere ka Nyarugenge.

Uyu muyobozi kandi, yavuze ko bishimira ko mu nama y’inteko rusange idasanzwe iherutse gushyiraho ubuyobozi bushya, yitabiriwe n’abanyamuryango benshi ugereranyije n’izindi zagiye ziba zihuza abanyamuryango b’iyi kipe.

Umuyobozi w’icyubahiro wa Kiyovu Sport, ari we Mvuyekure Francois, yavuze ko yiteguye kuzafatanya na komite nyobozi nshya kwegeranya imbaraga z’abanyamuryango, bagatahiriza umugozi umwe mu gushaka ibikombe bifuza.