Ingendo z’imodoka rusange zihuza umujyi wa Kigali n’izindi Ntara zihagaze gute nyuma yo kongera gukomorerwa.

admin
2 Min Read

Icyorezo cya covid 19  cyakomye mu nkokora ibikorwa bitandukanye,n’ingendo nazo ntizorohewe,hashize icyumweru inama y’abaminisitiri yonjyeye ikomoreye ingendo mu modoka rusange zihuza umujyi wa Kigali n’izindi ntara.

Twashatse kumenya uko abagenzi ndetse n’ibigo bitwara abagenzi bahagaze muri ino minsi maze Bigirimana Samuel utuye mu karere ka Huye ubwo yaragiye gutega imodoka ya Volcano Express yadutangarije ko ubu ubuzima bwagarutse kuko umuntu abasha kujya aho ashaka hose mu gihugu,umushoferi muri kino kigo nawe yatubwiye ko mu minsi batakoraga imibereho yari mibi ariko kugeza ubu bakaba bameze neza nubwo abagenzi bagabanutse bitakimeze nka mbere.

Murekatete solange utuye mu karere ka Nyagatare yagize ati’’ubu tumeze neza kuko umuntu abasha kugera ku muryango we aho waba uri hose mu gihugu,agita ati’’ubwo ingendo zahagarikwaga ubuzima bwaratugoye cyane kuko akeshi tubimenya mu gitondo abaturage batigeze bateguzwa bigatuma bamwe iyo myanzuro ibaheza mu gasozi badafite uburyo bwo gutaha,ariko ubu solange yemeza  ko imigenderanire ari myiza kandi bakomeje gukaza ingamba zo kurwanya covid19.

Abayobozi b’ibigo bitwara abagenzi nabo bavuga ko bahuye n’ihungabana ry’ubukungu kuko uko ingendo zagendaga zihagarikwa byabatezaga igihombo gikomeye dore ko hari n’abari barafashe n’inguzanyo muri banki kuburyo kwishyura muri ino minsi bitoroshye kuko nubwo ibiciro by’urugendo byiyongereye ariko bitakuyeho icyuho kuko kugeza ubu imodoka itwara abantu bacye mu rwego rwo guhangana n’icyorezo cya covid 19.

Umwe mu bayobozi b’ikigo gitwara abagenzi yagize ati’’ni ukubona natwe tuva mu rugo tukajya ku kazi ariko ibihombo twahuye nabyo birakomeye cyane ko twari twariyambaje banki,aha akaba ariho ahera asaba ko nabo leta yabatekerezaho kugirango bazabashe kwikura mu bukene no gukuraho icyuho batewe na covid 19.

inkuru ya: NDAYISABA Eric

contact: 0782511443

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *